Abakinnyi bamaze gutandukana n'iyi kipe ni:
- Ssentongo Saifi Ruhinda Farouk
- Ciiza Jean Paul
- Daniel Barnabas
- Reuben Bala
- Ibrahim Silue
- Joshua
- Muvunyi Danny
Iyi myanzuro ije mu gihe amakipe atandukanye yo mu Rwanda akomeje kuvugurura amakipe yayo nyuma yo gusoza shampiyona ishize, agamije kongeramo amaraso mashya no kwiyubaka mbere y'uko umwaka mushya w'imikino utangira.
Kugeza ubu, Bugesera FC ntabwo iratangaza abakinnyi bashya izasinyisha ngo basimbure abamaze kugenda, gusa biteganyijwe ko mu minsi iri imbere hazamenyekana abandi bakinnyi bazinjira muri iyi kipe yo mu Karere ka Bugesera.
Abafana ba Bugesera FC bakomeje kwitegereza uko ikipe yabo izitwara muri iri soko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi, cyane cyane nyuma y'uko habayeho impinduka zikomeye mu bakinnyi bari basanzwe bayifatiye runini.