Agahinda, ubwigunge n’icyizere… Ibikubiye mu gitabo ‘An Open Jail’, Tonzi agiye gushyira ku isoko - AMAFOTO

Imyidagaduro - 31/07/2025 5:43 AM
Share:

Umwanditsi:

Agahinda, ubwigunge n’icyizere… Ibikubiye mu gitabo ‘An Open Jail’, Tonzi agiye gushyira ku isoko - AMAFOTO

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Uwitonze Clementine [Tonzi] yatanze umusogongero w’igitabo cye cya mbere yise “An Open Jail: When the World Crucifies You” – Igihome gifunguye: Iyo isi ikumanika ku musaraba, kirimo inkuru itari isanzwe y’ubuzima yanyuzemo, agahinda, ubwigunge n’ikizere cyavuyemo ubutumwa bukomeye ku bandi.

Iki gitabo yacyanditse ashingiye ku rugendo rwe rwatangiye mu mwaka wa 2012, umunsi yagombaga kwibaruka umwana we wa mbere. Ku bw’ibyishimo n’amatsiko byari byamurenze, Tonzi n’umugabo we bari biteguye kwakira umukobwa wabo. Ariko nk’uko yabyanditse mu gitabo, uwo munsi warangiye mu marira n’agahinda gakomeye, ubwo abaganga babatangarizaga ko umwana wabo yapfuye ataravuka.

Muri iki gitabo, hari aho Tonzi agira ati: “Icyo gihe numvise isi inyikubiseho. Naramenetse, umutima wanjye urarira bikomeye, sinari mbasha gusobanura uko niyumva.”

Tonzi avuga ko ibyo yabayemo byamushoye mu gihome kidasanzwe – igihome kitagaragara, ariko cyuzuyemo ibikomere byo mu mutima, kwicira urubanza, agahinda gakabije no kwigunga yamaranye igihe kirekire.

Ni cyo yise “An Open Jail”, igihome umuntu abamo atari muri gereza nyir’izina, ariko ari imbohe y’amarangamutima ye.

Mu gitabo cye, Tonzi agaragaza uko yabuze icyizere, yibaza niba atari we wateje urupfu rw’umwana we, akinjira mu buzima bugarijwe n’umwijima n’amaganya. Aragira ati: “Nabaye mu kirahure cy’agahinda, nta cyishimo na kimwe cyumvikaga, n’abo nari nsanzwe nkunda nari narabaye kure yabo.”

Ubutumwa bw’iki gitabo burenze inkuru y’agahinda; burimo n’amasomo 15 akomeye yise “imitego” abantu benshi bagwamo igatuma ubuzima bwabo buhagarara.

Muri byo harimo ibikomere by’ingo, intambara, gutakaza umwirondoro, ipfunwe, uburwayi n’amateka aremereye nka Jenoside yakorewe Abatutsi. Tonzi yanditse ati: “Singufitiye urufunguzo rw’ubuzima bwawe, ariko ukeneye kumenya ko imbaraga zo kwibohora zari ziri mu maboko yawe kuva kera.”

Yanibutse umwana we w’imfura Talpha wavutse agapfa, ati: “Ni wowe wahaye icyerekezo ubutumwa buri muri iki gitabo. Ruhukira mu mahoro.”

Tonzi yamurikiye abanyamakuru igitabo ku wa 30 Nyakanga 2025, abizeza ko kizagera ku masomero yose yo mu Rwanda ku wa 14 Kanama 2025. Ku bantu bagishaka mbere y’iyo tariki (Pre-sale), kiragurishwa 25,000 Frw.

Anateganya kugishyira no mu buryo bw’amajwi (audio version) kugira ngo n’abatabona umwanya wo gusoma bajye babasha kumva ubutumwa bukirimo.

Tonzi yashimangiye ko iyi nkuru atari iye yonyine, ahubwo ari iy’abantu bose bigeze kuba mu gihome cy’amarangamutima, yaba kubera agahinda, ibikomere, gutakaza umuntu, cyangwa kutababarira.

Ati “Nari mfite uburenganzira bwo kumva mbababaye, ariko atari ngombwa kubigumamo. Imana yampaye imbaraga zo kuva mu gihome cyanjye, none ndashaka gufasha n’abandi kugisohokamo.”

Tonzi amaze imyaka irenga 20 mu muziki wo kuramya Imana, aho yatangiye umwuga we mu 2003. Afite album icyenda, kandi ari gutegura album ya 10, izasohoka ku wa 19 Nzeri 2025.

Noneho yateye intambwe nshya nk’umwanditsi w’ubuhamya bufite umutwaro n’icyerekezo, yifashishije ijambo ry’Imana, uburambe n’umutima ushaka gukiza abandi.

“An Open Jail” si igitabo gusa – ni inkuru ifungura imiryango y’ibikomere byinshi biba bihishe mu mitima y’abantu benshi, ibibutsa ko hari ubuzima nyuma y’agahinda, kandi ko umuntu wese afite amahirwe yo kubohoka atarinze gusenya inkuta, kuko igihome nyacyo kiba mu mutima.


Tonzi mu gihe yagaragazaga igitabo cye “An Open Jail” ku banyamakuru; aha yaganiraga na Ntazinda Marcel, umunyamakuru akaba n'umusangiza w'amagambo 

“Iyi ni inkuru yanjye, ariko ikubiyemo ubuzima bwa benshi” – Tonzi ageza ku banyamakuru ubutumwa bukomeye buri mu gitabo cye


 

Tonzi asobanura icyatumye yandika “An Open Jail”, avuga ku rugendo rwe rwaturutse ku guhura n’igikomere gikomeye 

Abanyamakuru bitabiriye kumva ubuhamya bwa Tonzi n’icyo “Igihome gifunguye” bivuze mu buzima bwe

 

Tonzi avuga ko iki gitabo cyanditswe mu marira no mu isengesho, mu rwego rwo gutanga icyizere ku bababaye 

Nashakaga gusohoka mu gihome cyari mu mutima wanjye” – Tonzi asangiza abitabiriye uko yanditse igitabo cye


Ifoto y’ibihe by’ingenzi: Tonzi amurika ku mugaragaro igitabo cye cya mbere cyuzuyemo ubuhamya n’ihumure



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...