Agahinda ni kose kuri Barnaba Classic nyuma y’uko studio ye ifashwe n’inkongi y’umuriro

Imyidagaduro - 01/06/2026 10:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Agahinda ni kose kuri Barnaba Classic nyuma y’uko studio ye ifashwe n’inkongi y’umuriro

Umuhanzi wo muri Tanzania, Barnaba Classic, ari mu gahinda gakomeye nyuma y'uko studio ye ya HighTable Sound Entertainment ifashwe n'inkongi y'umuriro ikangirika bikomeye mu ijoro ryo ku wa 31 Gicurasi 2026.

Uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo nyinshi zakunzwe zirimo n'iyo yakoranye na Natacha yise "Jigi Jigi", yatangaje ko uyu muriro watangiye saa mbiri n'igice z'ijoro (20:30), nyuma y'iminota mike gusa avuye muri iyo studio.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Instagram, Barnaba yavuze ko yari avuye mu gitaramo cyabereye i Arusha cyiswe Malkia wa Nguvu, maze anyura kuri studio asuhuza abo bakorana mbere yo gutaha. Yavuze ko nyuma y'iminota nka 15 ageze iwe, yahise ahamagarwa abwirwa ko inyubako yafashwe n'umuriro.

Yagize ati: "Mfite agahinda gakomeye cyane kuko ‘studio’ zanjye za HighTable Sound Entertainment zahiye muri iri joro. Mana yo mu ijuru, ndagushimira kandi nemera ko uri kunyobora mu nzira nziza. Hari hashize ibyumweru bibiri gusa ndangije kuzivugurura no kuzisana nkoresheje amafaranga menshi."

Barnaba yavuze ko umuziki ari wo kazi ke ka buri munsi, kandi ko iyi studio yari ifasha urubyiruko rwinshi rwifuzaga guteza imbere impano zarwo. Yavuze ko yababajwe cyane n'ibyabaye kugeza aho arira kubera igihombo gikomeye yagize.

Ati: "Umutima urambabaye cyane. Narize cyane kandi numvise nta mbaraga nkiri na zo. Birababaje kubona icyicaro cyacu gikuru gihindutse ivu."

Nubwo bimeze gutyo, Barnaba yavuze ko yemeye ibyabaye nk'ikigeragezo cy'ubuzima kandi ko azongera gutangira bundi bushya.

Yagize ati: "Ndemera ibi nk'ikigeragezo kandi nzatangira bundi bushya. Nzi ko ibikorwa byacu bigoye, ariko ubuzima butwigisha byinshi kandi ibi ndabyakiriye nk'isomo."

Uyu muhanzi yashimiye abaturanyi be, inshuti, ubuyobozi bw'inzego z'ibanze, abakozi ba HighTable Sound, Polisi ndetse n'abashinzwe kuzimya inkongi z'umuriro ku bwitange bagaragaje mu gihe cy'iki kibazo.

Yanashimiye cyane nyiri inzu akoreramo ndetse na nyina, avuga ko bamubaye hafi muri ibi bihe bikomeye.

Barnaba yasobanuye ko atifuza kugira uwo ashinja ibyabaye, ahubwo ko yemera ko byose biri mu mugambi w'Imana. Ati: "Si igihe cyo gushinja umuntu uwo ari we wese. Ikintu cyose kiba kiba kiri mu mugambi w'Imana. Imana ishimwe."

Yahise anatangaza ko ikiganiro n'abanyamakuru yari ateganyijwe kugirana na bo kuri uyu wa Mbere muri Selena Hotel kitakibaye, kubera ibibazo byatewe n'iyi nkongi y'umuriro.

Mu mashusho yashyize hanze, hagaragaramo umuriro mwinshi wari wafashe iyi studio, ibintu byateye intimba abakunzi be n'abakurikiranira hafi ibikorwa bye.

Barnaba Classic ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Afurika y'Iburasirazuba, aho yakoranye indirimbo n'abahanzi batandukanye barimo Diamond Platnumz, ndetse akaba yarubatse izina rikomeye mu muziki wa Tanzania no mu karere muri rusange.


Barnaba Classic yatangaje ko ‘studio’ ye yibasiwe n’inkongi y’umuriro nyuma y’amasaha macye ahavuye


Barnaba yavuze ko ibyamubayeho abifata nk’ikigeragezo, ariko kandi yizeye ko azongera kwisuganya

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'SALAMA' DIAMOND YAKORANYE NA BARNABA CLASSIC


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...