Afurika y’Epfo: Abagabo batatu barashinjwa kwica abagore b’abirabura bakabagaburira ingurube

Utuntu nutundi - 05/08/2025 7:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Afurika y’Epfo: Abagabo batatu barashinjwa kwica abagore b’abirabura bakabagaburira ingurube

Zachariah Johannes Olivier, umuhinzi w’umuzungu w’imyaka 60 utuye mu ntara ya Limpopo mu majyaruguru ya Afurika y’Epfo, ari imbere y’urukiko aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica abagore babiri b’abirabura bamugannye bashakisha ibyo kurya, imibiri yabo ikaza gutahurwa mu gikoni cy’ingurube. Abandi babiri baregwa ni abakozi be: Adrian de Wet w’imyaka 20 na William Musora w’imyaka 50, ukomoka muri Zimbabwe.

Bivugwa ko abo bagore, Maria Makgato w’imyaka 45 na Lucia Ndlovu w’imyaka 34, bishwe ubwo bari kuri iyo sambu bashaka ibisigazwa by’ibiribwa byarangije igihe, byagenewe ingurube. Uru rubanza ruherutse gutangira kuburanishwa mu Rukiko Rukuru rwa Limpopo, nyuma y’uko umwe mu baregwa yemeye gutanga ubuhamya.

Adrian de Wet, wari ushinzwe abakozi kuri iyo sambu, yavuze ko nyir’isambu Olivier ari we warashe abo bagore, hanyuma amutegeka kujugunya imibiri yabo mu gikoni cy’ingurube kugira ngo bayihishe. De Wet yemeye gukorana n’ubushinjacyaha kugira ngo arekurwe, kandi ubuhamya bwe bwamaze kwakirwa nk’igice cy’ibimenyetso bigize dosiye.

Ubushinjacyaha buvuga ko De Wet yakoze ibyo ku gahato, kandi ko ubuhamya bwe bushobora kugira uruhare mu gusobanura ukuri kw’ibyabaye. Naramuka afashije urukiko kumenya ukuri, birashoboka ko azakurirwaho ibirego byose.

Undi uregwa, William Musora, we ntaragira icyo avuga ku byaha aregwa ndetse kugeza ubu afungiye hamwe na Olivier. Musora, usanzwe ari Umunya-Zimbabwe, anashinjwa kuba yarinjiye cyangwa akaba aba muri Afurika y’Epfo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Aba bagabo uko ari batatu banakurikiranweho icyaha cyo kugerageza kwica umugabo wa Lucia Ndlovu, wari kumwe n’abo bagore kuri iyo sambu ubwo ibyabaye byabaga. Banashinjwa kandi kugira imbunda mu buryo butemewe n’amategeko no guhisha ibimenyetso bashyira imibiri mu gikoni cy’ingurube.

Uru rubanza rwakuruye uburakari bukomeye mu mijyi n’ibice by’icyaro muri Afurika y’Epfo, rugaragaza ubukana bw’ivangura rishingiye ku ruhu rigikomeje mu gihugu, cyane cyane mu bice by’icyaro aho uburenganzira bw’abakozi b’abirabura butitabwaho.

Nubwo 'apartheid' yarangiye ku mugaragaro mu myaka irenga 30 ishize, amasambu manini aracyari mu maboko y’abazungu, mu gihe abirabura benshi bakorera kuri ayo masambu mu buryo butarimo uburenganzira busesuye, binakurura umwuka mubi hagati y’amoko.

Mu rukiko, hari huzuye abashyigikiye imiryango y’abishwe, inshuti zabo, n’abayoboke b’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Economic Freedom Fighters (EFF), risanzwe riharanira uburenganzira bw’abirabura n’isaranganya ry’ubutaka. Umugore wa Olivier nawe yari ahari, yicaye imbere mu rukiko, agaragara arira.

Urubanza rwimuriwe mu cyumweru gitaha, rukazakomeza gukurikiranwa n’imbaga y’abaturage n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu.

Abagabo batatu bo muri Afurika y'Epfo bakurikiranweho kwica abagore babiri b'Abirabura bakabagaburira ingurube zabo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...