AFC-M23 ishinja ingabo za DRC kurasa indege yari itwaye imfashanyo

Hanze - 04/09/2026 7:01 AM
Share:

Umwanditsi:

AFC-M23 ishinja ingabo za DRC kurasa indege yari itwaye imfashanyo

Umutwe wa AFC-M23 ushinja ingabo n’imitwe ifatanyije na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) kurasa indege ya gisivili yari itwaye imfashanyo muri Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gihe impande zihanganye zikomeje gushinjanya ibikorwa bya gisirikare muri aka karere.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC-M23 i Goma ku wa 2 Nzeri 2026, uyu mutwe wavuze ko iyo ndege yarashwe ku wa 27 Kanama 2026, ahagana saa 8:10 z’amanywa, ubwo yari mu gace ka Minembwe.

AFC-M23 ivuga ko iyo ndege yari itwaye imfashanyo y’abatishoboye ndetse n’ibindi bikoresho by’ibanze byari bigenewe abaturage bo muri ako gace.

Uyu mutwe wamaganira kure icyo gikorwa, ukavuga ko kurasa indege itwaye imfashanyo ari igikorwa cy’iterabwoba, kandi ko gishobora kurushaho kongera ibyago ku baturage basanzwe bahanganye n’ingaruka z’intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

AFC-M23 yavuze ko ibyabaye kuri iyi ndege i Minembwe bitabaye bwa mbere, kuko atari ubwa mbere indege irasiwe muri ako gace. Uyu mutwe watanze urugero rw’indi ndege uvuga ko yarasiwe i Minembwe muri Kamena, ndetse n’indi yarasiwe i Walikale mu mwaka wa 2025.

AFC-M23 ivuga ko ibikorwa nk’ibi bishobora kugira ingaruka zikomeye ku bikorwa by’ubutabazi, cyane cyane mu bice bimaze igihe birimo imirwano kandi abaturage bakeneye cyane ubufasha.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru BBC Gahuzamiryango, ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa DRC buvuga ko iyo ndege itari iy’ubutabazi gusa nk’uko AFC-M23 ibivuga.

Abayobozi i Kinshasa bashinja iyo ndege kuba yari ifitanye isano n’umutwe wa AFC-M23, bavuga ko yari itwaye ibikoresho bya gisirikare n’ibiribwa.

Ubuyobozi bwa DRC buvuga ko iyo ndege yarashwe ubwo yari yegereye ikibuga cy’indege cya Minembwe.

Minembwe ni agace gafite akamaro gakomeye mu bikorwa byo gutwara abantu n’ibikoresho, cyane cyane mu gihe impande zitandukanye zihanganiye kugenzura ibice by’ingenzi byo mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi bibaye mu gihe uburasirazuba bwa DRC bukomeje kurangwamo amakimbirane n’imirwano imaze igihe, by’umwihariko mu bice bya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...