Iki
gitaramo kizabera ku kibuga cya Cricket i Gahanga tariki ya 18 na 19 Nyakanga
2026, aho abazacyitabira bazasusurutswa n’umwe mu bagabo bagize uruhare
rukomeye mu kuzamura no kwamamaza injyana ya Amapiano kugeza igeze ku rwego
mpuzamahanga.
Kabza
De Small, amazina ye nyakuri akaba Kabelo Petrus Motha, yavukiye mu Ntara ya
Mpumalanga muri Afurika y’Epfo ku wa 27 Ugushyingo 1992. Nyuma yaho umuryango
we wimukiye i Pretoria ari na ho yakuriye ndetse atangira gukunda umuziki akiri
muto.
Bivugwa
ko mbere y’uko agira imyaka 10 y’amavuko yari asanzwe akora ‘beats’ ndetse
akandika indirimbo, ibintu byagaragazaga kare impano yari afite mu muziki.
Yatangiye
urugendo rwe nk’umu-DJ mu 2009, ariko izina rye ryatangiye kumvikana cyane mu
myaka yakurikiyeho ubwo yari amaze kwinjira mu njyana ya Amapiano yari ikiri
gutera intambwe za mbere muri Afurika y’Epfo.
Mu
2016 yasohoye album ye ya mbere yise ‘Avenue Sounds’, icyakora kwamamara kwe ku
rwego rwagutse byihuse nyuma y'uko ashyize hanze indirimbo zakunzwe cyane
zirimo ‘Umshove’ ndetse n’izindi zatumye benshi batangira kumwita “Umwami wa
Amapiano”.
Uyu
muhanzi yakomeje kubaka izina rye binyuze muri album zitandukanye zirimo
‘Pretty Girls Love Amapiano’, ‘I Am The King of Amapiano: Sweet & Dust’,
ndetse na ‘Bab’Motha’ yasohoye mu 2025.
Kabza
De Small kandi ni umwe mu bagize itsinda rizwi nka Scorpion Kings ahuriyemo na
DJ Maphorisa. Ubu bufatanye bwabaye inkingi ikomeye mu gukwirakwiza Amapiano ku
rwego mpuzamahanga, aho bakoranye n’abahanzi bafite amazina aremereye muri
Afurika no hanze yayo barimo Wizkid na Burna Boy.
Mu
rugendo rwe rw’umuziki, Kabza De Small amaze gutaramira ku rubyiniro
rw’ibitaramo bikomeye ndetse n’ibihembo bikomeye muri Afurika y’Epfo no hanze
yayo. Yagaragaye kandi mu biganiro bya televiziyo zitandukanye zirimo SABC,
Channel O na Mzansi Magic.
Uretse
kuba ari DJ, Kabza De Small ni producer, umwanditsi w’indirimbo ndetse
n’umuhanzi usanzwe unaririmba. Ibi byatumye aba umwe mu bantu bafite ijambo
rikomeye mu muziki wa Afurika y’Epfo muri iki gihe.
Bamwe
mu basesenguzi b’umuziki bavuga ko ari mu bantu bafite uruhare runini mu
guhindura Amapiano injyana ikundwa n’abatari bake ku Isi, aho ubu yumvikana mu
birori, mu tubyiniro ndetse no mu bitaramo bikomeye byo hirya no hino.
Kugeza
ubu, Kabza De Small abarirwa umutungo ugera kuri miliyoni zirenga umunani
z’amadolari ya Amerika, ukomoka ku bitaramo akora, umusaruro w’indirimbo ze,
ibikorwa by’ubucuruzi, amasezerano y’ubufatanye n’ibigo bitandukanye ndetse
n’ishoramari rye.
Abazitabira
igitaramo cya ‘Spinny and Friends’ bazagira amahirwe yo kubona uyu mugabo
benshi bafata nk’umwami wa Amapiano ari ku rubyiniro i Kigali, mu gitaramo
kizamara iminsi ibiri.
Ku
wa 18 Nyakanga hazaba ibikorwa byo gususurutsa abakunzi b’umuziki, mu gihe ku
wa 19 Nyakanga abazacyitabira bazanasangira kureba umukino wa nyuma w’Igikombe
cy’Isi.
Iki
gitaramo kizaba kibaye ku nshuro ya kabiri giteguwe na DJ Spinny, nyuma y’icyo
yakoze mu 2025 ubwo yizihizaga imyaka 10 yari amaze mu muziki, cyabereye muri Uganda
no mu Rwanda kigahuriza hamwe abakunzi b’umuziki benshi.

Kabza De Small wamamaye nka “King of Amapiano” ategerejwe i Kigali mu gitaramo cya Spinny and Friends kizaba muri Nyakanga 2026

Kabza De Small ni umwe mu bagabo bagize uruhare rukomeye mu kugeza injyana ya Amapiano ku rwego mpuzamahanga binyuze mu ndirimbo n’ibitaramo bikomeye

Uyu muhanzi ukomoka muri Afurika y’Epfo azwi cyane mu itsinda rya Scorpion Kings ahuriyemo na DJ Maphorisa, ryagize uruhare mu kwamamaza Amapiano ku Isi yose

