Iyi
ndirimbo ije nyuma y’igihe gito Misigaro atari aherutse gusohora indirimbo
nshya ye bwite, ibintu byatumye abakunzi be bayinyoterwa kurushaho.
Mu
butumwa yanyujije kuri konti ye ya Instagram mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki
27 Gashyantare 2026, yagaragaje ko iyi ndirimbo ari impano yahawe n’Imana,
kandi ko yizera ko izakora ku mitima ya benshi nk’uko yamukozeho mu gihe
yayihimbaga.
Mu
magambo ye, Misigaro yagaragaje ko yari amaze igihe adasohora indirimbo nshya,
ariko ko Imana yamuhaye iyi ndirimbo “Uw’Umwami Akunda,” asaba ko izafasha
abayumva nk’uko yamufashije mu gihe yayitunganyaga.
By’umwihariko,
yashimiye mugenzi we Israel Mbonyi wamwandikiye amagambo y’iyi ndirimbo,
agaragaza ko ari ubufatanye bukomeje kwerekana ubushuti n’ubumwe bufitanye mu
murimo wo kuramya no guhimbaza Imana.
“Uw’Umwami
Akunda” ni indirimbo igaruka ku rukundo rwihariye Imana igirira abantu bayo.
Yibutsa umukristo ko kuba akundwa n’Umwami ari icyubahiro kirenze ibindi byose,
kandi ko urukundo rwayo rutagendera ku mimerere y’isi, ahubwo rushingiye ku
mbabazi n’ubuntu bwayo.
Ni
indirimbo ifite amagambo arimo ihumure, icyizere n’ihamya y’uko Imana itajya
ita abo yise abe.
Adrien
Misigaro na Israel Mbonyi basanzwe bafitanye umubano wa hafi mu muziki wa
Gospel. Mu 2025, baherukaga guhurira mu ndirimbo “Nkurikira”, yakunzwe cyane
n’abakunzi b’imiziki yo kuramya no guhimbaza Imana.
Kongera
gukorana muri “Uw’Umwami Akunda” byerekana ko ubufatanye bwabo bukomeje gutanga
umusaruro, kandi ko bafite intego imwe yo gukomeza kwamamaza ubutumwa bwiza
binyuze mu muziki.
Misigaro
kandi yashimiye abamufashije mu itunganywa ry’iyi ndirimbo barimo Yan_nick12,
Bjc, Desmond Desire, Gisubizo Ministry na TNT Band Rwanda, agaragaza ko
ubufatanye bwabo bwagize uruhare runini mu gutuma iyi ndirimbo isohoka iri ku
rwego rwiza.
Amashusho
ya “Uw’Umwami Akunda” yamaze kujya hanze, aho abakunzi b’umuziki wa Gospel
bayakiranye ibyishimo, benshi batangira kuyisangiza abandi ku mbuga
nkoranyambaga.
Iyi
ndirimbo ije ishimangira ko Adrien Misigaro akomeje urugendo rwe mu muziki wo
kuramya no guhimbaza Imana, aho akoresha impano ye mu gukomeza kugaragaza
urukundo rw’Imana no guhumuriza imitima y’abayumva.

Adrien
Misigaro yashyize hanze “Uw’Umwami Akunda” yandikiwe na Israel Mbonyi,
indirimbo yuzuyemo ubutumwa bw’urukundo rw’Imana

“Uw’Umwami
Akunda” ni indirimbo nshya ya Adrien Misigaro igaruka ku rukundo rwihariye
Imana igirira abayiringira
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UW’UMWAMI AKUNDA’ YA ADRIEN MISIGARO
