Mu kiganiro na InyaRwanda, Adrien Misigaro yavuze ko igitekerezo cyo guhuriza abaramyi iwe mu rugo cyaturutse ku bushake yari afite bwo gutegura ahantu hatuje, hatariho amabwiriza menshi, abantu bakaza bagasenga, bagahimbaza Imana mu bwisanzure.
Ati:
Uyu mushinga yawutangiye nk’igikorwa gito
cy’abasangiraga igitekerezo cyo kuramya mu buryo bworoheje, ariko uko iminsi
yagiye ishira abantu bagenda babikunda ari nako bikorwa byaguka.
Kuri ubu, Adrien Misigaro atumirwa hirya
no hino mu ngo z’abantu aho ajyana n’itsinda ryamufasha mu gufata amashusho,
bagataramana kandi ibyo bikorwa bigashyirwa ku rubuga rwe rwa YouTube.
Kuva mu Mujyi wa Washington ari naho
atuye, Adrien Misigaro amaze kugera mu mijyi irimo Maine, Ottawa (Canada),
Edmonton n’ahandi. Ni muri urwo rugendo aho aherutse no guhura n’umuhanzi Alpha
Rwirangira usanzwe aba muri Edmonton, bakifatanya mu gikorwa cyo kuramya,
ndetse banakorana indirimbo nshya.
Yagize ati “Alpha ni inshuti yanjye.
Twahuriye i Edmonton, turaririmba, dufata amashusho, ariko ibyo abantu babonye
ni agace gato cyane k’izindi ‘session’ tuzagenda dushyira hanze.”
Yongeyeho ko mbere yo gufata amashusho
y’indirimbo basubiyemo, we na Alpha Rwirangira babanje gukorana indirimbo nshya
izajya kuri Album ya Alpha. Iyo ndirimbo yavuze ko izumvikanamo ijwi rye mu
gitero kimwe ndetse n’inkikirizo, ati: “Ni indirimbo ye, ariko ni indirimbo
nziza cyane izajya hanze vuba.”
Adrien Misigaro yavuze ko gahunda yo
kwagura “Altar Of Worship” ikomeje, aho kuri uyu wa Gatandatu ateganya
gukomereza mu Bubiligi ari kumwe n’itsinda ryamufasha gutunganya amashusho.
Avuga ko u Rwanda narwo ruri ku rutonde
rw’ibihugu azagezamo iki gikorwa cy’ivugabutumwa. Ati “No mu Rwanda tuzahagera,
ni gahunda dufite imbere.”
Uyu mushinga umaze kuba isoko y’ubufatanye hagati y’abaramyi batandukanye, unafasha abakunzi b’indirimbo zo kuramya kubona aho basabana n’Imana binyuze mu bihangano by’umwuka, mu buryo butandukanye n’ibisanzwe bizwi.
Adrien Misigaro yatangaje ko yakoranye
indirimbo na Alpha Rwirangira izasohoka kuri Album ye, kandi yizeye ko izanyura benshi
Adrien Misigaro yavuze ko yatangije
gahunda ya ‘Alpha of Worship’ kugirango ajye afatanya n’abantu kuramya mu
bikorwa bibera mu ngo
KANDA HANO UREBE ALPHA RWIRANGIRA NA
ADRIEN MISIGARO BAHURIYE MU GICANIRO CYO KURAMYA