Ibi
bitaramo byateguwe ku bufatanye na Millenium Investment &Consulting, bizaba
biri mu rwego rw'umushinga mushya wiswe "African Gospel Echoes",
ugamije kuzajya uhuza Abanyafurika n'inshuti zabo binyuze mu muziki wa Gospel.
Urugendo
ruzatangirira mu Mujyi wa Brisbane ku wa Gatandatu tariki 12 Nzeri 2026,
rukomereze i Melbourne ku wa Gatandatu tariki 19 Nzeri 2026, mbere yo gusozwa
n'igitaramo kizabera i Sydney ku wa Gatandatu tariki 26 Nzeri 2026.
Abifuza
kuzitabira ibi bitaramo bamaze kubona amatike yashyizwe ku isoko, aho itike yo mu
myanya isanzwe (Regular) igura Amadorali 65, mu gihe iya VIP igura Amadorali
100.
Igitekerezo
cyatangiye nk'inzozi zo guhuza Australia na Afurika
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Nadine Shema, umwe mu bateguye ibi bitaramo, yavuze ko
iki gitekerezo cyavutse mu myaka ibiri ishize we n'umugabo we bashaka uburyo
bwafasha guteza imbere ibikorwa byo kuramya Imana no guhuza abantu baturuka ku
migabane itandukanye.
Yagize
ati "N'ubwo dufite ibikorwa binyuranye dukora, njye n'umugabo wanjye
twarebye ubundi buryo twatanga umusanzu cyane cyane mu bikorwa byo kuramya no
guhimbaza Imana. Binyuze muri kompanyi yacu ya Millenium Investment
&Consulting twiyemeje guhuza Australia na Afurika mu ngeri zitandukanye
z'ubuzima, bityo duhera ku gitaramo twise 'African Gospel Echoes'."
Yavuze
ko iki ari intangiriro y'umushinga mugari bifuza kuzajya bakora buri mwaka, aho
bazajya batumira abahanzi baturuka mu Rwanda, mu Karere ka Afurika
y'Iburasirazuba ndetse no mu bindi bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.
Richard Nick
Ngendahayo, ijwi ryubakiye ku butumwa n'uburambe
Mu
bazaririmba muri uru rugendo harimo Richard Nick Ngendahayo, umwe mu baramyi
bafite amateka akomeye mu muziki wa Gospel mu Rwanda.
Yatangiye
urugendo rwe rwa muzika mu ntangiriro z'imyaka ya 2000, yubaka izina rishingiye
ku ndirimbo zifasha abantu kwegera Imana no kongera kwizera.
Umuziki
we urangwa no kuvanga uburyo bwa gakondo nyafurika n'umuziki wa Gospel, ibintu
byatumye ibihangano bye bikundwa n'ibyiciro bitandukanye by'abakunzi b'umuziki.
Ni
umwe mu bahanzi bafite Album zagize amateka mu Rwanda zirimo "Yambaye
Icyubahiro", ndetse afite indirimbo zakomeje kubaka izina rye zirimo
"Mbwira Ibyo Ushaka", "Ibuka", "Gusimba Umwonga",
"Si Umuhemu", "Ijwi Rinyongorera",
"Sinzakwitesha", "Wemere Ngushime" na "Intwari
Batinya", indirimbo yongeye kuvugwaho cyane mu 2026 ubwo Gisa Cy'Inganzo
yayisubiragamo nk'uburyo bwo gushimira uyu muramyi wamufashije mu bihe
bikomeye.
Adrien Misigaro,
umuhanzi waguriye ubutumwa bwe ku mugabane wa Amerika
Muri
uru rugendo azafatanya na Adrien Misigaro, umwe mu bahanzi b'Abanyarwanda
bafite izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga, usanzwe atuye muri Leta Zunze
Ubumwe za Amerika, mu Mujyi wa Washington.
Misigaro
yubatse izina rye binyuze mu ndirimbo zifite ubutumwa bw'ihumure, ibyiringiro
no kwizera, ndetse yanakoranye n'abahanzi bakomeye barimo Meddy, The Ben,
Israel Mbonyi na Gentil Misigaro.
Mu
bihangano bye byakunzwe cyane harimo "Ntacyo Nzaba", "Niyo
Ndirimbo", "Nkwite Nde", "Nkurikira" na "Buri
Munsi", byamufashije kugera ku bakunzi ba Gospel bo mu Rwanda no hanze
yarwo.
Uretse
umuziki, Adrien Misigaro ashyira imbaraga no mu bikorwa by'iterambere
ry'urubyiruko. Mu 2019 yashinze umuryango Melody of New Hope (MNH) nyuma yo
gusura Ikigo Ngororamuco cya Iwawa, aho yabonye urubyiruko rwasizwe
n'ibiyobyabwenge.
Uyu
muryango umaze imyaka ukora ubukangurambaga mu mashuri no mu rubyiruko,
ubafasha kubona amahirwe yo kwiga no kwiyubaka, ndetse ugashyigikira gahunda zo
kurwanya ibiyobyabwenge binyuze mu bukangurambaga bwa "Each One Reach One."
Ibitaramo
bya "African Gospel Echoes" bitegerejwe nk'umwanya udasanzwe wo
kongera guhuriza hamwe Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda zituye muri Australia,
binyuze mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.
Ku ruhande rw'abategura ibi bitaramo, bavuga ko intego atari ugutegura igitaramo kimwe gusa, ahubwo ari ugutangiza urubuga ruzajya ruhuza umuziki wa Gospel nyafurika n'abawukunda ku Mugabane wa Australia, bityo rukazavamo umuco mushya wo kwakira buri mwaka abahanzi baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Kanda hano ugure itike

Richard Nick Ngendahayo ategerejwe mu bitaramo bitatu bizabera muri Australia mu rugendo rw’ivugabutumwa ryagutse

Adrien Misigaro wakoranye indirimbo n’abahanzi banyuranye yatumiwe mu ruhererekane rw’ibitaramo “African Gospel Echoes”

Ibitaramo bitatu byo kuramya no guhimbaza Imana bizaba ku wa 12 Nzeri 2026, tariki 19 Nzeri 2026, na 26 Nzeri 2026
