Yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki 2
Ukuboza 2025, mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarutse ku rugendo rw’imyaka 85
ishize Itorero ADEPR rimaze ribonye izuba, ibikorwa by’ivugabutumwa n’isanamitimana
byakozwe muri uyu mwaka uri kugana ku musozo, amabwiriza mashya bashyizeho ku
baririmbyi n’ibindi.
Muri iki kiganiro, Pasiteri Ndayizeye
Isaïe yabajijwe ku makuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga ajyanye n’uko Ishimwe
Vestine uririmbana na Dorcas atemerewe guhamya isezerano rye n’umukunzi we mu
Itorero ADEPR.
Yabajijwe ibi mu gihe amezi ane ashize
Vestine asezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we. Ni mu birori byabereye mu
busitani bwa Intore Conference Arena i Rusororo, aho basezeranyijwe na Pasiteri
Jackson Mugisha wa Spirit Revival Temple.
Byatunguye benshi kubona Vestine
adasezeraniye muri ADEPR, kandi we n’abo mu muryango we barakuriye muri iri
torero mu rurembo rwa Muhoza.
Mu gusubiza iki kibazo, Pasiteri Ndayizeye
Isaïe yavuze ko ibyatangajwe ari ibinyoma, kuko ADEPR itigeze yima ikaze
Vestine ku ruhimbi, ndetse ko nawe yatunguwe mu minsi ishize ubwo yabonaga
uwiyita Pasiteri agaruka kuri iyi ngingo.
Pasiteri Ndayizeye Isaïe yashimangiye ko
atarahura na Vestine Ishimwe imbona nkubone, ndetse ko atigeze amwakira mu biro
bye.
Yavuze ko ADEPR itigeze yanga gusezeranya
abantu, kuko ishyigikiye ibaho ry’umuryango. Akomeza agira ati “Uretse ko nta n'ubwo twanga
gusezeranya abantu, tubagira inama, turabaganiriza, dukunda urubyiruko, dukunda
umuryango.”
Yavuze ko ku mbuga nkoranyambaga hakozwe
ibiganiro byinshi bigamije kumvikanisha ko Ishimwe Vestine yasubijwe inyuma
n’itorero ADEPR, ariko ngo igihe kirageze ko bashungura ibyo babona ndetse n’ibitangazwa,
bakamenya ukuri.
Ati: “Umuntu wese wabivuze muri ubwo buryo
rero muzabanze mushake murebe ko hari n'ikindi kintu kizima ajya avuga. Mbega
nimubona umuntu wagiye ku karubanda agakora inkuru y'ikinyoma kandi rwose
ashishikaye muzabanze murebe ko hari n'izindi yakoze, murebe ko hari n'izindi
nzima ajya avuga [...]"
Yibukije abanyamakuru gushyira imbaraga
cyane mu gukora no gutangaza inkuru nziza zifasha sosiyete, kuko hari
ibihimbano byinshi abantu bizera kandi atari ukuri.
Ati "[...] Ntimukajye mutinda
ku bantu batagira ibintu bizima,

Umushumba Mukuru w'Itorero rya ADEPR, Pasiteri Ndayizeye Isaïe yahinyuje ibyavuzwe ko ADEPR yanze gusezeranya Ishimwe Vestine n’umukunzi we Idrissa

Ishimwe Vestine yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Idriss wo muri Burkina Faso, mu birori byabereye mu Intare Conference Arena ku wa Gatandatu tariki 5 Nyakanga 2025

Ku itariki nk'iriya, ni nabwo Idriss yasabye anakwa umukunzi we Ishimwe Vestine nyuma y'umwaka wari ushize bari mu munyenga w'urukundo
REBA KU ISAHA N’UMUNOTA UMWE (1:01:19’) PASITERI NDAYIZEYE AVUGA KURI VESTINE URIRIMBANA NA DORCAS
