Mu
kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Angela Yee, Adekunle Gold yavuze ko ubuzima
bwo kubana n’iyi ndwara bwamugoye cyane, cyane cyane bitewe n’uko abantu benshi
bamufataga nk’uwenda gupfa igihe cyose yababwiraga ko afite iriya ndwara. Ibi
ngo byatumaga yisanga mu bwigunge no mu bwoba bw’ejo hazaza he.
Yagarutse
ku bihe bikomeye yanyuzemo afite imyaka 20, avuga ko icyo gihe yagize uburibwe
bukabije cyane bwatewe n’iyi ndwara, bikagera aho yumva ubuzima bwe butagifite
icyerekezo. Ni bwo ngo yageze ku rwego rwo gusenga asaba Imana ko yamwakira
akava muri ubwo buzima bw’ububabare bukabije.
Yagize
ati: “Mfite imyaka 20 nagize ububabare bukomeye cyane mu buzima bwanjye. Nageze
aho nsaba Imana ko yanyambura ubuzima. Ndetse na mama wanjye, wasangaga ambwira
cyane iyo nabivugaga, icyo gihe ntiyigeze anganiriza nk’uko asanzwe abikora,
kuko byari bimaze kumera nk’aho ari yo nzira yonyine yasigaye.”
Adekunle
Gold yavuze ko icyo gihe ububabare bwari bukabije ku rwego rwo hejuru ku buryo
no mu muryango we byabaye ingorabahizi kubyakira.
Gusa
yongeraho ko kuri ubu yishimira kuba akiriho, kandi akaba akomeje urugendo rwo
kubana n’iyi ndwara mu buryo bwiza bushoboka, ashimira Imana yamufashije
gukomeza kubaho.
Uyu
muhanzi yavuze ko ubuzima bwe ari ubuhamya bw’uko nubwo “Sickle cell” ari
indwara igoye, umuntu ashobora gukomeza kubaho no kugera kure mu buzima igihe
abonye ubufasha n’imbaraga zo kudacika intege.

