Addy d’Afrique yashyize hanze indirimbo “Banguka unyihoreze” irata urukundo rw’ababyeyi – VIDEO

Imyidagaduro - 08/02/2026 8:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Addy d’Afrique yashyize hanze indirimbo “Banguka unyihoreze” irata urukundo rw’ababyeyi – VIDEO

Umuhanzikazi Addy d’Afrique yashyize hanze indirimbo nshya yise “Banguka unyihoreze” akaba ari indirimbo yatuye ababyeyi b’aba-Mama bashimirwa urukundo n’ubwitange bwabo.

Ni kenshi cyane abantu badashimirwa uruhare rwabo n’imbaraga zabo bitewe n’uko benshi baba batekereza ko ari ibintu bisanzwe kandi ari na ko ibintu byagakwiye kubaho iminsi yose.

Abagore ni bamwe mu badashimirwa na benshi nk’uko byagakwiye ari imwe mu mpamvu nyamukuru umuhanzikazi Addy d’Afrique yakoze mu nganzo akaririmba indirimbo “Banguka unyihoreze” akaba ari n’indirimbo yakoreye mama we.

Mu kiganiro na Inyarwanda, Addy yagize ati “Banguka Unyihoreze(Mawe) ni indirimbo ihamagara Mama, ikamubwira urukundo n’urukumbuzi rusobetse umutima. Ni ijwi ry’umwana wifuza ko Mama yumva amagambo atabashije kuvuga mu buzima busanzwe.”

Akomeza agira ati: “Iyi ndirimbo yakozwe by’umwihariko ngo iturwe Mama, kandi yeguriwe ba Mama bose, ababyeyi batanga urukundo rutagira ikiguzi, kwihangana n’ubwitange butagira iherezo. Mwubahwe bidashira.”

Ni indirimbo uyu muhanzikazi yashyize hanze kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’igihe kirekire ayikoraho hamwe na Producer Lou wakoranye na Director Rugema watunganyije amashusho.

Umuhanzikazi Addy d’Afrique yashyize hanze indirimbo nshya yise “Banguka unyihoreze”

Reba indirimbo “Banguka unyihoreze” y'umuhanzikazi Addy d’Afrique




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...