Bruce Melodie yavuze ko umwaka wa 2025 uri kugana ku musozo
wamubereye uw’intsinzi n’inyigisho mu rugendo rwe rw’umuziki.
Mu byaranze uyu mwaka, harimo gusohora Album ye "Colorful
Generation" yanegukanye igihembo cya Album nziza y’umwaka (Best Album of the
Year) mu bihembo bya Isango Star Awards, byatanzwe mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru
tariki 21 Ukuboza 2025, mu muhango wabereye muri Kigali Conference and
Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Nubwo yishimira ibi bihembo n’intambwe yateye, Bruce Melodie
agaragaza ko uyu mwaka wanamubereye uwo kwiga byimbitse isoko ry’umuziki.
Avuga ko bibabaje kuba mu bindi bihugu umuhanzi ashobora
gutungwa n’umuziki we, mu gihe mu Rwanda bikigoranye, ahanini bitewe n’uko
imbuga nyinshi zicururizwaho umuziki n’ibihangano zitari “monetized”, bityo
abahanzi n’abakora ibiganiro ntibungukirwe n’akazi kabo.
Ahera aho asaba Guverinoma kugira icyo ikora kuri iki kibazo,
kugira ngo umuhanzi n’abakora ‘content’ bungukirwe n’ibyo bakora, kandi
n’igihugu kibibyungukiremo.
Ati “Harimo no kwiga ubundi buryo umuntu yacuruzamo
umuziki, kuko
Muri Mata 2025, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere
ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yatanze icyizere ku
bakoresha YouTube avuga ko mu minsi iri imbere bashobora gutangira kubona
amafaranga menshi, bitewe n’ibiganiro Leta y’u Rwanda ishaka kugirana na
Google.
Ibi yabigarutseho ubwo yari yitabye Komisiyo y’Uburezi,
Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko.
Yavuze ko hari icyifuzo cy’urubyiruko rukoresha YouTube
gisaba ko u Rwanda rwashyirwa mu bihugu byemererwa kwakira amatangazo yamamaza,
bigatuma abakoresha uru rubuga bunguka amafaranga.
Ati: “Twavuganye na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na RURA,
turebera hamwe uko habaho amasezerano atuma u Rwanda rujya mu bihugu byemererwa
amatangazo, bityo urubyiruko rushyira ‘content’ kuri YouTube rukishyurwa.”
Ibi byatangajwe mu gihe abakoresha YouTube benshi bamaze
igihe bijujutira ko uru rubuga rutabatunga bitewe n’uko amatangazo yamamaza
(Ads) atagaragara mu Rwanda, bigatera igihombo gikomeye.
Igisubizo kirambye cy’iki kibazo gishobora guturuka ku
mikoranire hagati y’u Rwanda na Google, bikaba byafasha abahanzi n’abandi
bakora imbuga nkoranyambaga, ari na ko igihugu cyungukira mu misoro.
YouTube yafunguwe ku wa 14 Gashyantare 2005, ishingwa na
Steve Chen, Chad Hurley na Jawed Karim, bahoze bakorera ikigo PayPal. Kuva icyo
gihe, yakiriye miliyari z’abantu ku Isi yose, igira uruhare runini mu guhuza no
gukwirakwiza umuziki n’ubundi buhanzi.
Mu rwego rwo kongera inyungu zayo, YouTube yashyizeho gahunda
yo kwishyura abayikoresha, hashingiwe ku mubare w’ababareba n’igihe bamara
bareba ibikorwa byabo (watch time). Kugira ngo umuntu ahabwe ‘monetization’,
agomba kuba afite nibura abiyandikisha 1,000 (subscribers) n’amasaha ahagije yo
kurebwa.
Nubwo bimeze bityo, gushaka ‘views’ kuri YouTube byatumye
bamwe bifashisha inkuru mpimbano, imitwe y’inkuru ishukana, n’ibindi bikurura
abantu, ari na ho havuka ibibazo byo gufungirwa konti cyangwa gukurwaho
amashusho.
Umunyamakuru wa Isibo TV, Niyigaba Clement uzwi nka DC
Clement, aherutse kubwira InyaRwanda ko igisubizo cy’iki kibazo kiri mu maboko
ya RURA, kuko ari rwo rwego rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zifite aho
zihuriye n’ikoranabuhanga.
Ati: “Byaduteje igihombo gikomeye. Ku muyoboro wanjye DC TV
Rwanda, 60% by’abawusura ni Abanyarwanda, bivuze ko ninjiza gusa nka 40%
by’amafaranga nakagombye kwinjiza.”
Na none Julius Chitta, washinze umuyoboro wa YouTube Chitta
Magic, yabwiye InyaRwanda, ko kuba amatangazo yaravuye muri ‘videos’ byabateje
igihombo gikomeye, cyane ko ‘content’ bakora ireberwa cyane mu Rwanda.
Ati: “Igikwiye gukorwa ni uko habaho amasezerano y’ubufatanye
hagati y’u Rwanda na Google, kugira ngo AdSense na YouTube bikorere mu Rwanda,
amatangazo agaruke, maze abakora ‘content’ n’igihugu kibibyungukiremo binyuze
mu misoro.”
Yongeyeho ko kuri ubu abakora ‘content’ batanga imisoro muri
Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe amafaranga yakabaye yinjira mu Rwanda.
Ati: “Iyo dufite ubwo burenganzira, abakora ‘content’ barabyungukiramo, igihugu kikabona imisoro, kandi amafaranga twinjiza tukayakoresha mu Rwanda. Bityo bikagirira inyungu Abanyarwanda n’igihugu muri rusange.”

Acyegukanye igihembo cya Album nziza y’umwaka, Bruce Melodie yagaragaje ko intsinzi mu muziki itaruzura mu gihe abahanzi n’abakora ‘content’ mu Rwanda batarabona ‘monetization’ ku mbuga zicururizwaho ibihangano

Nubwo yishimira intambwe amaze gutera mu muziki, Bruce
Melodie avuga ko igihe kigeze ngo umuziki nyarwanda uhabwe agaciro ku rwego
mpuzamahanga binyuze mu gutunga abawukora, asaba Guverinoma kwihutisha “monetization”

Intsinzi ya Album Colorful Generation yabaye umwanya wo
kuvuga ku kibazo kimaze igihe kibangamiye abahanzi n’abakora ibiganiro mu
Rwanda, kuba imbuga zicururizwaho ibihangano zitabaha inyungu

Bruce Melodie yibutsa ko umuziki atari impano gusa, ahubwo
ari urwego rw’ubukungu rushobora kwinjiriza igihugu amafaranga menshi, igihe
imbuga nka YouTube zaba zifunguriwe ‘monetization’ mu Rwanda
