Action College yasoje amasomo y’abanyeshuri 130 bigaga mu biruhuko - AMAFOTO

Kwamamaza - 30/08/2025 9:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Action College yasoje amasomo y’abanyeshuri 130 bigaga mu biruhuko - AMAFOTO

Ishuri rya Action College rimaze kuba ubukombe mu gutanga ubumenyi utasanga ahandi, ryasezereye abanyeshuri 130 bari bamaze iki kiruhuko bigira ku mashami atandukanye y’iri shuri aho bibanze mu kumenya indimi z’amahanga nk’Igishinwa, Ikidage, Igifaransa, Icyesipanyoro n’Icyongereza.


Kuri uyu wa gatanu kuri Hilltop Hotel i Remera, Action College yasoje amasomo y’abanyeshuri 130 bari bamaze igihe cyabo cy’ibiruhuko bari kwiga amasomo atandukanye yiganjemo ay’indimi.

Ni abanyeshuri bari mu byiciro bitandukanye yaba abana bato bakiga mu mashuri abanza n’abandi biga mu mashuri yisumbuye hatitawe ku mashami y’ibyo bahisemo gukurikirana.

Ibi birori byari biyobowe na Anitha Pendo, byafunguwe na Lucas w’imyaka 8 wabimburiye abandi bana ndetse anavuga mu izina ryabo ashimira ababyeyi babahaye amahirwe bakabohereza kwiga mu ishuri ryiza rya Action College.

Abanyeshuri basoje amasomo yabo bagiye bagaragaza ibyo bize harimo kuvuga ijambo mu ndimi zitandukanye nk’Ikidage, Igishinwa, Igifaransa, Icyesipanyoro ndetse n’izindi ndimi zitandukanye.

Ahirwe na Ikirezi ni bamwe mu bagaragaje ubumenyi bw’indimi bavomye muri Action College muri iki gihe y’ibiruhuko. Aba bana biga mu mashuri abanza, bavuze ijambo ryabo mu Gishinwa banasemura mu Cyongereza ndetse baririmbira abitabiriye ibi birori indirimo iri mu rurimi rw’Igishinwa.

Si ukugaragaza ubuhanga n’ubumenyi bungutse binyuze mu magambo ashima gusa, abanyeshuri hagati yabo bakoze ikiganiro mpaka mu rurimi rw’Icyongereza ku ngingo igira iti “Dipolome yo muri kaminuza ntabwo igikenewe mu iterambere rya muntu.”

Ababuranaga bavuga ko Dipolome ya Kaminuza ari ingenzi mu iterambere rya muntu nibo batsinze ndetse banahabwa imidari n’ishuri rya Action College mu rwego rwo kubashimira. Banahawe igikombe cy’urwibutso ko bakoze ikiganiro mpaka ndetse bakanitwara neza.

Umubyeyi uhagarariye abandi babyeyi barereraga muri Action College, yashimiye iri shuri ryahaye ubumenyi abana muri iki gihe cy’ibiruhuko, abarimu batanze ubumenyi ndetse n’abana bashyize umuhate n’imbaraga mu kwiga.

Mu nshuro zirenga ebyiri yasuye iri shuri aje kureba uko umwana we yiga, uyu mubyeyi avuga ko yakiranwaga urugwiro iyo yageraga ku ishuri ndetse ko ibyo yabashije kubonesha ijisho rye ari uko iri shuri ryita ku bumenyi bw’abanyeshuri bigashimangirwa n’ibyo abana berekanye uyu munsi n’ahandi hose baba bari.

Yagize ati “Ngewe ubwenge nabashije kubasura kandi byaranshimishije cyane. Buriya ni byiza kujyana umwana ku ishuri ariko ukanamusura kugira ngo urebe ibyo aba ari gukora. Nabasuye inshuro nk’ebyiri ariko bakirana urugwiro ababagana ku buryo nashishikariza n’ababyeyi bagenzi bange kuzana abana babo aha. Action College mwarakoze cyane.”
Umuyobozi muri Action College, Ingabire Cynthia yashimiye ababyeyi bifatanyije n’abana babo mu munsi w’ibyishimo wo kwishimira ko bihuguye mu ndimi muri iki gihe cy’ibiruhuko ndetse avuga ko nka Action College bishimiye ubumenyi abana bakuye muri iri shuri.

Umuyobozi muri Action College, Uhagarariye ababyeyi barerera mu ishuri rya Action College ndetse n’uhagarariye abarimu muri Action College bakase umutsima (Cake) mu rwego rwo kwishimira ubumenyi abanyeshuri bakomeje kuvoma muri iri shuri.

 



 

Ishuri rya Action College ryishimiye umusaruro w'ubumenyi abana bakuye muri iri shuri mu gihe cy'ibiruhuko

Abanyeshuri bahize abandi mu kiganiro mpaka, bahawe imidari y'ishimwe ndetse n'igikombe

Uretse ubumenyi bavomye muri Action College, abana bari mu byishimo byinshi nk'uko bihora iyo umwana akinjira mu muryango wa Action College

Byari ibyishimo bidasanzwe ku bana basoje amasomo yabo ndetse n'ababyeyi babo

Ahirwe na Ikirezi ni bamwe mu bagaragaje ubumenyi bw'ururimi rw'Igishinwa bakuye muri Action College

Umubyeyi uhagarariye abandi babyeyi muri Action College yashimiye abandi babyeyi bagenzi be kubwo guha amahirwe no gutegurira ejo heza abana babo bakabazana mu ishuri rya Action College

Umuyobozi muri Action College, Ingabire Cynthia yashimiye abana bigaga mu biruhuko ndetse n'ababyeyi babo babohereje kwiga muri iri shuri


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...