Acezereza angahe! Ishusho y'Igiciro cy’umuhanzi nyarwanda

Imyidagaduro - 19/07/2023 1:22 PM
Share:
Acezereza angahe!  Ishusho y'Igiciro cy’umuhanzi nyarwanda

Ibikorwa by’umuziki mu Rwanda aho bigeze ntawaba yibeshye avuze ko imyaka mike ishize yazanye impinduka zikomeye ikinjiza amasura mashya mu kibuga abandi bagatangira gukuramo akabo karenge.

Aha uhereye ku isoko n’ibikenewe muri iyi minsi ikintu kirimo inama nyinshi ntabwo kigikora abantu badakeneye ibibashimisha byako kanya bitabasaba gutekereza ibintu byinshi, umuhanzi rero ufite inganzo itaganisha aho biragoye ko yashinga imizi.

Benshi mu bari bazwi mbere y’imyaka 5 ishize biragoye kuba wababona ku rutonde rw’abahanzi bihagazeho muri iki gihe mu Rwanda bitari ukuvuga gusa mu gikundiro ahubwo no mu buryo bwo kwinjiza amafaranga bishingira no kubiciro bisabwa kugira ngo ube wabakoresha.

Ibi biterwa nuko imvugo yo kubwira umuhanzi ngo hari aho yaza akaririmba mutavuganye ku mafaranga cyangwa ukazana ubucuti nyamara wowe winjiza yashaje.

Nubwo wenda bigoye kuba wamenya neza ayo buri umwe yishyurwa mu gitaramo kuko na none biterwa n’urugero kiriho aho kibera nuwagiteguye ariko abo ubona bagezweho biragoye kubisukira.

Kugeza ubu Miliyoni 1Frw y’amafaranga y’u Rwanda niyo itangazwa nababakoresha waheraho ngo mu bashe kuganira.

Ibi kandi nabwo ari mu bitaramo gusa nuwifuza kubayakorana n’aba bahanzi indirimbo cyane ko aba asa nugiye kububakiraho izina na we yishyura akayabo.

Hari amakuru ava mu bahanzi n’abantu ba hafi babo nababitabaza mu bikorwa bya buri munsi ariko usanga yerekana ko ibiciro byamaze kuzamuka ugerereranije.

Umwe muri abo bitari cyera yagarutse ku kazi yaragiye guha umuhanzi habura iminsi 15 amubwira ko badahagaze neza bafite Miliyoni 1.5Frw ariko igikorwa bafite kizabera hanze y’umujyi wa Kigali byibuze yaza akaririmba iminota micye.

Umuhanzi amusubiza yamusubije ko bitakunda cyeretse byibuze bujuje Miliyoni 2Frw naho ayo yayemera ari ibintu bibura byibuze iminsi 5.

Impamvu yatangaga nuko ngo bamuhaye macye kandi ari ibintu bitari hafi bishobora kumubuza ibindi biraka hagati aho bavuga ko afite akazi byakabaye bimuha arenze ayo aho hari ku ruhande rw’ibitaramo.

Mubyo mu ntangiriro za 2023 umwe mu bahanzi  bagezweho yabwiwe ko hari uwifuza ko bakorana indirimbo.

Umuhanzi yabwiye uwarimo amusaba ko yakorana indirimbo numwe mu bahanzi nyarwanda batuye muri Canada bamuha Miliyoni 1Frw bakamumenyera ibindi byose bisabwa mu buryo byifuza yaba aho bazakorera, ingendo, aho kurara ibyo kurya n’ibindi.

Mu nyuma kandi indirimbo igacururizwa ku mbuga ze we ugiye gutanga ‘collabo’ akanayigiraho byibuze 60% kubyo izajya yinjiza igihe cyose.

Abahanzi bamaze kwiyizera Miliyoni 1Frw bayibona nk’inote y’igihumbi ya benshi nubwo ntawakemeza neza ibikorwa bafite hirya y’umuziki ariko hari bamwe bamaze kwibikaho inyubako bafite imodoka nziza abandi barimo bubaka ahantu kandi hameze neza.

Ni intambwe yo kwishimirwa ariko na none yakishimirwa kurushaho babaye urwunguko bafite uyu munsi barushaho kurubyaza umusaruro yaba mu buryo bwo gushaka uko bagura amarembo y’umuziki no kwiyubaka.

Kugaruka ku ngingo yo kwiyubaka bifite byinshi bisobanuye nubwo igiciro cyazamutse akanyamuneza nakavugirizo ari kose ariko na none hari abigeze kugera kure mu myaka yo hambere.Ubu bigoye kuba wamenya aho bari.

Ku rundi ruhande  usanga  hari abagihanyanyaza ariko wareba amafaranga bishyurwa kugirango   bitabire  igitaramo ugasanga atagera no ku bihumbi 100Frw.

Birumvikana ibya kera sibyo by’ubu ariko umuhanga w’umunyarwanda yabivuze neza'Utamenya iyo ava ntiyamenya iyo ajya'.Nubwo hakiri urugendo ariko ubu umuhanzi ararisha ifi inkoko bishimangira ejo hazaza heza h'umuziki nyarwanda

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...