Abofisiye n'abandi basirikare bo muri RDF barangije amahugurwa y’ibanze y’Ingabo zidasanzwe

Amakuru ku Rwanda - 28/03/2026 6:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Abofisiye n'abandi basirikare bo muri RDF barangije amahugurwa y’ibanze y’Ingabo zidasanzwe

Abofisiye n’abandi basirikare bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) basoje kuri uyu munsi amahugurwa y’ibanze y’Ingabo zidasanzwe yakozwe mu gihe cy' amezi icyenda mu Kigo cy’Amahugurwa cya Gisirikare  i Nasho, mu Karere ka Kirehe.

Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen MK Mubarakh kuri uyu wa Gatanu.

Mu ijambo rye, yashimiye aba bofisiye n’abandi basirikare ku bwitange, ubufatanye n' imyitwarire myiza byabaranze mu gihe cyose cy’amahugurwa.

Yabasabye gukomeza kugira intego, gukomera ku kinyabupfura, no gushyira mu bikorwa ubumenyi bungukiye muri aya mahugurwa mu mirimo bazakora mu gihe kiri imbere.

Uyu muhango witabiriwe kandi n’abajenerali ba RDF n’abandi ba ofisiye bakuru.




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...