Abo twashimishije mu buto baracyadufite ku mutima- Rafiki yanyuzwe n’uko yakiriwe muri Gen-z Comedy -AMAFOTO

Imyidagaduro - 08/08/2025 7:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Abo twashimishije mu buto baracyadufite ku mutima- Rafiki yanyuzwe n’uko yakiriwe muri Gen-z Comedy -AMAFOTO

Umuhanzi Rafiki Mazimpaka wamamaye nka Rafiki, uzwi nk’"Umwami wa Coga Style", yavuze ko yanyuzwe n’urukundo yeretswe n’abitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy, byamuhaye ishusho y’uko abakunzi be bamumenye bakiri bato bakimufite ku mutima.

Iki gitaramo cyabaye ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki 7 Kanama 2025, kibera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Ni ubwa mbere Rafiki yari yitabiriye ibi bitaramo bigamije gususurutsa abantu binyuze mu rwenya, ariko bikajyanishwa n’imbyino n’umuziki.

Hashize amezi atanu C.I.M, itegura ibi bitaramo, ishyize imbere guteza imbere abahanzi batandukanye, babaha urubuga rwo gusangiza abafana ubunararibonye bwabo, kubataramira no kubabwira urugendo rwabo rwa muzika.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Rafiki yagize ati “Byari byiza cyane, ndashimira Fally Merci wantumiye ndetse n’abantu bose bitabiriye. Kuri njye byari ibintu bidasanzwe kuko simperuka kuba mu bitaramo byinshi. Urukundo rurahari kandi ntirusaza – abo twataramiye mu buto baracyadufite ku mutima.”

Yongeyeho ko uko yakiriwe byamusigiye umukoro wo gusubira muri ‘studio’ gukora ibihangano bishya. Ati: “Bikomeje kunyereka ko ngomba gusubira muri studio vuba, kuko twabahaye show ikomeye batagomba kwibagirwa.”

Muri iki gitaramo, Rafiki yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe nka "Ngufashe", "Bagambe", "Ikigunda", na "Tukabyine", zatumye abitabiriye bazamuka mu munezero nk’igihe yazisangaga ku maradiyo no mu tubari.

Rafiki ni umwe mu bahanzi bagejeje injyana ya Coga Style ku rwego rwo hejuru mu Rwanda, imenyekana mu buryo budasanzwe mu mpera z’imyaka ya 2000. Yamenyekanye mu bihangano birimo "Ica mbere", "Bagambe", "Imfizi Yona", "Gikomando", "Igipende" n’izindi.

Umuziki we wacuranzwe mu bato n’abakuru, ugasakara mu tubari, ku masoko no ku muhanda aho abacuruzi bacurangirizaga abaguzi. Yatangiye muzika akiri mu mashuri yisumbuye aho yaririmbaga muri korali, aza kubivamo mu 2002 ajya mu itsinda ryo kubyina rya Hot Side. Ni bwo yahuriye na Producer Jay P wamukoreye indirimbo ye ya mbere "Igipende" yasohotse mu mpera za 2004, ikurikirwa na "Igikosi" n’izindi.

Ku wa 4 Ukwakira 2008, yashyize hanze album ye ya mbere "Ica mbere" iriho indirimbo 12, imukomeza nk’umwe mu bahanzi b’ikiragano gishya icyo gihe. Yakoranye n’abahanzi bakomeye barimo Miss Jojo, Miss Channel, Professor Jay, Jose Chameleone, Washington n’abandi.

Uyu muhanzi amaze imyaka myinshi mu muziki, akibukwa nk’uwarwanye urugamba rwo guha agaciro injyana nshya mu gihe benshi mu bakunzi b’umuziki bari bakurikiye cyane ibihangano byaturukaga mu bihugu bituranye n’u Rwanda.


Rafiki yigarurira abafana be mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabereye Camp Kigali


Umwami wa Coga Style asusurutsa abakunzi be mu ndirimbo zakanyujijeho 

Rafiki ashimangira ko urukundo yahawe akiri muto rutarashira 

Ishema n’ibyishimo byigaragaza ku maso ya Rafiki ubwo yaririmbaga “Bagambe” 

Abitabiriye basangiye na Rafiki urugendo rw’ibyishimo n’amateka ya muzika ye

Umushyushyarugamba akaba na Dj, Platy Wanyama ucuranga mu bitaramo bya Gen-z Comedy






Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...