Abayobozi ba Comite National Olympique bashya baraye barahiye

Imikino - 01/05/2013 10:18 AM
Share:
Abayobozi ba Comite National Olympique bashya baraye barahiye

Ku mugoroba w’ejo kuri Serena Hotel niho haraye habereye umuhango w’irahira ry’abayobozi bashya ba Comite National Olympique et Sport du Rwanda.

Ni umuhango wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye bo mu buyobozi bwite bwa Leta y’u Rwanda barimo  Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, Minisitiri w’Uburezi Dr Vincent Biruta, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’imikino Edouard Kalisa, Honorable Bernard Makuza n’abandi banyacyubahiro.

CNO

Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye uyu muhango

CNO

Araseka azamura akaboko

Iyi comite nshya yatowe iyobowe na Bwana Bayigamba Robert.


Arabisinyira

Iri si izina rishya mu mikino mu Rwanda kuko uyu mugabo ureste kuba yaramenyekanye cyane, akinira amakipe nka Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ndetse n’Amasata mu myaka ya za 90, yanabaye umuyobozi mu myanya itandukanye y’imikino mu Rwanda, ndetse akaba yaranabaye Minisitiri w’imikino.

CNO

Abafatanyabikorwa ba CNO bashimiwe

CNO

Avuye mu ishyirahamwe rya Karate, yashinzwe gucunga amafaranga, Uwayo Theogene

Mbere gato y’irahira ry’iyi Comite nshya, abayobozi bashya ba CNOSR babanje kugirana ikiganiro n’abanyamakuru babatangariza bimwe mu byo bazibandaho cyane mu Buyobozi bwabo, nk’urwego rukuriye imikino mu Rwanda.

CNO

Nicolas Dusine, ni umujyanama

Iyi Comite nshya mu rwego rwo gutegura neza imikino Olympique izabera i Rio De Janeiro, ifite ingamba yihaye, ziyobowe no kuzabanza gushaka umukinnyi waba ufite impano yo gukina, aho yaba ari hose w’umunyarwanda.

CNO

Indahiro

Bayigamba Robert ati, “ Tugomba gushaka abatoza beza mu mikino itandukanye bakadufasha gushaka abakinnyi bafite impano yo gukina hirya no hino, tugashaka uko twagira amakipe menshi, kandi atari amakipe yo ku izina gusa, ahubwo amakipe anafite ubushobozi koko nyabwo bwo gukina.”

CNO

Madame Phophina Muhimundu VP wa mbere

“ Tugomba kandi kwita cyane cyane ku buyobozi bw’amakipe atandukanye mu mikino inyuranye hano mu Rwanda, kuko gushaka umwana ufite impano yo gukina, ukanamushakira ibyangombwa byose, ariko yazagera mu ikipe akananizwa ni ubuyobozi bubi ntacyo byaba bimaze”, Robert Bayigamba.

CNO

Ifoto y'urwibutso

Minisitiri w’imikino mu Rwanda wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, akaba yijeje Abayobozi ba Comite National Olympique nshya ubufatanaye ndetse ni ubufasha bushoboka bwa Minisiteri y’imikino, ariko yanaboneyeho ashimira Ubuyobozi bucyuye igihe, bwari buyobowe na Brigadier Generale, Dr Rudakubana  Charles.

CNO

Elia Manirarora, VP wa kabiri

Mitali ati, “ Iki ni igihango gikomeye mugiranye n’abakunzi ba sport hano mu Rwanda, ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange. Iyi mirimo mwatorewe ntabwo yoroshye na gato, kuko gushaka intsinzi biraharanirwa kandi binasaba imbaraga zikomeye.”

CNO

Bayigamba ashyira umukono ku ndahiro yaramaze kugira

“ Sport yakomeje gufasha mu guhuza abanyarwanda b’ingeri zose, ni yo mpanvu Gouvernement y’u Rwanda izakomeza kuyishyigira mu ngeri zose. Amahanga asigaye atugirira icyizere akaduka kwakira imikino itandukanye, ariko ntabwo dushaka ko bigarukira mu kwakira gusa, turanashaka ko twakwitwara neza tukajya tubasha kubona imidende”, Minisitiri Mitali.

CNO

Abayobozi ba Comite nshya bagizwe na:

President : BAYIGAMBA Robert
Vice President 1 : GASHUGI Phophina
Vice President 2 : MANIRARORA Elie
Umunyamabanga : HABINEZA Ahmed
Umubitsi : UWAYO Theogene
Umujyanama 1 : RWEMALIKA Felecite
Umujyanama 2 : DUSINE Nicola

CNO

Minisitiri w'Uburezi Dr Vincent Biruta

CNOSR yashinzwe mu mwaka w’1984, ihita inemerwa na Comite International Oympique muri uwo mwaka, u Rwanda rukaba rugira umudari umwe wonyine wa Bronze, rwakuye mu mikino paralympique yabereye i Athenes mu Bugereki mu mwaka wa 2004, uzanywe na Nkundabera. Abayobozi batowe bafite mandat y’imyaka 4.

Jean Luc Imfurayacu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...