Abatuburirwa, Abanyamahanga benshi n’abatwererwa amakipe: Ikaze ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi mu Rwanda

Imikino - 03/06/2026 6:23 PM
Share:

Umwanditsi:

Abatuburirwa, Abanyamahanga benshi n’abatwererwa amakipe: Ikaze ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi mu Rwanda

Gusinyisha abakinnyi badakwiriye, gusinyisha abakinnyi benshi b’Abanyamahanga no gutwerera abakinnyi amakipe atifuza ni bimwe mu bigiye kuranga isoko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi mu Rwanda.

Isoko ry’igurisha ku bakinnyi mu Rwanda ryatangiye gushyuha nyuma y’uko umwaka w’imikino wa 2025/2026 ugeze ku musozo. APR FC yabimburiye abandi ihita isezerera abanyamahanga batatu, Mamadou Sy, Mamadou Lamine Bah na Aliou Souané.

Usibye aba hari n’abandi bivugwa ko bashobora gutandukana n’iyi kipe y’Ingabo z’igihugu barimo na Mugisha Gilbert. Ntabwo ari iyi kipe gusa, ahubwo na mukeba wayo Rayon Sports bivugwa ko ishobora gutandukana n’abakinnyi 10.

Isoko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi ritegura umwaka w’imikino wa 2026/2027 n’ubundi ntaho rizaba ritandukaniye n’andi yabanje. 

Dore bimwe mu bizariranga:

Abatuburirwa

Ntabwo ari umwihariko wo mu Rwanda ko abayobozi b’amakipe basinyisha abakinnyi bari babitezeho umusaruro bikarangira batawutanze.

Gusa umwihariko w’abayobozi b’amakipe bo mu Rwanda bo usanga abo basinyishije ntibatange umusaruro ari benshi kurusha abawutanze.

Ibi ariko binajyana n’abazana abakinnyi mu Rwanda dore ko ubu abantu bose babigize akazi hatitawe ku bumenyi babifiteho.

Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah aheruka kuvuga ko ibi ari ko byari bimeze muri Rayon Sports gusa ubu bifuza kubica.

Yagize ati: ”Higeze kuba havugwa ko muri Rayon Sports buri wese azana abakinnyi n’umufana rwose azana umukinnyi. Murenzi nabonye umukinnyi kuko mfite inshuti yanjye iba muri Mozambique yanyoherereje amashusho ye kuri YouTube yagera mu myitozo tukabura umukinnyi.

Tukamusinyisha kuko yazanywe n’umuntu runaka cyangwa se umutoza tutagize ubushishozi tukagira abakinnyi badatanga umusaruro”.

Yavuze ko ariko ibi bagiye kubikosora aho bagiye kubaka uburyo bwo gusinyisha abakinnyi bashya aho hagomba kujya hasinyishwa umukinnyi ukinira ikipe y’igihugu cye.

Ati: ”Mu kubikosora rero dufite umurongo wo guca akajagari mu bijyanye no gusinyisha abakinnyi ku buryo aba ‘scout’ babizi, babimenyereye kandi tukarambagiza umuntu tuzi neza ufite ibigwi. Ese mu ikipe y’igihugu ukomokamo urakina, ikipe wakiniraga wabonaga umwanya wo gukina.

Tugakurikirana, bimwe abantu bazanaga abakinnyi 30 tugakuramo umwe cyangwa babiri oya. Ubu ingengo y’imari y’igerageza ntabwo tuyifite, dufite iyo kuza utanga ibisubizo. Rero naha icyizere abakunzi ba Rayon Sports”.

Abanyamahanga benshi

Kimwe mu biranga isoko ry’igurisha ku bakinnyi mu Rwanda n’uko usanga abayobozi b’amakipe baba banyuramano ku kibuga cy’i Ndege i Kanombe bagiye gufata abakinnyi bashya.

Imibare yerekana ko muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026 iheruka abanyamahanga bari bagize 48,6%. Muri rusange iyi shampiyona yakinwe n’abakinnyi 582 barimo abanyamahanga 283.

Akenshi usanga aba bakinnyi b’Abanyamahanga biba binagoye kumenya niba aho bavuye bakinaga cyangwa batakinaga. Iyo ushaka impamvu yo kuzana umubare mwinshi w'Abanyamahanga urayibura dore ko n’ubundi baza bikarangira bicajwe n’Abanyarwanda.

Abatwererwa amakipe

Ntabwo ari bishya kuba hari abakinnyi bizavugwa n’abanyamakuru ko bifuzwa n’amakipe kandi ari ikinyoma cyambaye ubusa. Ibi byitezwe ko cyane cyane ku basoje amasezerano mu makipe bari basanzwe bakinira bikaba bizavugwa ko hari amakipe yo hanze abifuza. Ni ukugira ngo bavugwe cyane ubundi amakipe akomeye mu Rwanda  atangire kubatekerezaho abasinyishe gutyo.


Isoko ry'igura n'igurisha ku bakinnyi rirashyushye mu Rwanda 

APR FC yashimiye abakinnyi batatu  



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...