Umukino wa Rayon Sports na APR FC wamaze gufata
amarangamutima y'Abanyarwanda dore ko usanga n'udasanzwe akurikirana ibijyanye
n'umupira w'amaguru aba abaza ngo uzakinwa ryari.
Iyo wabaye ntawe uryama, umufana utsinzwe ashobora
no kuburara, umutoza utsinzwe ashobora no kwirukanwa, umukinnyi utsinze
bishobora kumuhindurira ubuzima, umufana utsinze biba bimurutira igikombe,....
Uyu mukino uba utegerejwe na benshi uri kuri uyu wa
Gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2026 saa kumi n'ebyiri muri Stade
Amahoro. Ni umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro cya 2026.
Imikino yahuje Rayon Sports na APR FC itazibagirana
mu mateka
Umukino wa mbere utazibagirana ni uwakinwe tariki ya
03 Ugushyingo 1996 i Nyamirambo, ku mukino wa nyuma w’igikombe cyari cyateguwe
n’iyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR), mu rwego rwo gukusanya inkunga
yo gusana ibyari byangijwe n’inkongi muri iyi Kaminuza, Rayon Sports yanyagiye
APR FC ibitego 5-2.
Yongeye kuyisubira tariki ya 26 Ukwakira 1997 i
Remera kuri Stade Amahoro ku mukino wo kuyishyikiriza igikombe cya Shampiyona
yari imaze kwegukana uwo mwaka, aho na none Rayon Sports yongeye gutsinda APR
FC ibitego 5-2.
Mu 2011-2012, mu gikombe cy’Amahoro, APR FC yatsinze
Rayon Sports ibitego 3-1 muri ½. APR FC yatsindiwe na Lionel Saint Preux,
Kabange Twite na Papy Faty. Impozamarira ya Rayon Sports yatsinzwe na Hamiss
Cédric.
Mu 2012-2013, APR FC yatangiye umwaka w’imikino itwara igikombe cy’isabukuru y’imyaka 25 ya FPR, itsinze ku mukino wa nyuma Rayon Sports ibitego 3-1.
Ibitego byose byatsinzwe mu gice cya kabiri na
Ruhinda Farouk (Sssentongo), watsinze bibiri naho ikindi gitsindwa na
Cyubahiro Jacques. Hategekimana Aphrodis ‘Kanombe’ yatsindiye Rayon Sports
impozamarira.
Mu mukino wa shampiyona wo kwishyura, wabaye tariki
ya 9 Werurwe 2013, Rayon Sports yanyagiye APR FC ibitego 4-0 bitsinzwe na
Hategekimana Aphrodis ‘Kanombe’, Hamisi Cédric na Kambale Salita Gentil ‘Papy
Kamanzi’ watsinzemo ibitego bibiri.
Mu 2015 APR FC yanyagiye Rayon Sports 4-0 ndetse no
mu 2016 naho muri 2016 Rayon Sports inyagira APR FC 4-0. Mu 2017, amakipe yombi
yahuriye mu mukino wa Super Cup wakinwe iminsi ibiri itandukanye.
Iminota 63 ya mbere y’umukino yabereye i Rubavu,
Rayon Sports itsinda 2-0 amatara yo kuri Stade Umuganda ahita azima. Indi
minota 27 yakiniwe i Nyamirambo nyuma y’iminsi itanu, tariki ya 27 Nzeli,
irangira nta kindi gitego kibonetse mu mukino, Gikundiro itwara igikombe.
Ubwo Rayon Sports yari imaze gutsinda APR FC igitego
1-0 mu mukino wahuje amakipe yombi muri Mata 2019, abafana b’impande zombi
barahanganye ndetse izi mvururu zatumye amakipe yabo ahanwa na FERWAFA.
Gutsindwa na APR FC ibitego 2-0 mu Ukuboza 2019,
byirukanishije umunya-Mexique Javier Martinez Espinoza watozaga Rayon Sports
hashize iminsi itatu gusa umukino ubaye mu gihe Umunye-Congo Guy Bukasa
yasezeye ku kazi nyuma yo gutsindwa na APR FC igitego 1-0 muri Kamena 2021.
Umurundi Masudi Djuma yirukanywe na Rayon Sports mu
Ukuboza 2021 nyuma y’iminsi mike atsinzwe imikino yahuyemo na Kiyovu Sports
ndetse na APR FC naho Umunya-Portugal Jorge Paixão ntiyongererwa amasezerano
nyuma yo gusezererwa na APR FC muri ½ cy’Igikombe cy’Amahoro cya 2022.

Kuri uyu wa Gatandatu Rayon Sports na APR FC zigiye kongera guhurira mu kibuga
