Berekanywe
kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026 ku cyicaro cya RIB ku Kimihurura.
Aba
bakekwaho ibyaha bizezaga akazi abakobwa mu ruganda rw’imigati, uwabyemeraga
bagahura bakamujyana ahantu hitaruye, bakamutera ubwoba mbere yo kumusambanya
no kumwambura ibyo afite.
Aba basore bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, aho ibyaha bakekwaho byakorewe. RIB ivuga ko yakiriye ibirego by'abantu batandukanye guhera mu Ukwakira 2025, kuva ubwo itangira iperereza.
Kuva mu Ukwakira 2025, RIB yasesenguye ibirego byose, bigeza ku gufunga Sebahizi wiyitaga 'umuntu ushaka abakozi' ndetse na Twagirayezu wiyitaga 'Manager' wa Company'.
Bakurikiranyweho
ibyaha birimo gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku
gahato, kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, kwihesha ikintu cy’undi
hakoreshejwe uburiganya no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa
kuwujyamo.
Umuvugizi
wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye itangazamakuru ko umwe muri aba
basore witwa Sebahizi yajyaga muri Gare ya Nyabugogo akahashakira abakobwa,
akabizeza akazi mu Karere ka Rwamagana mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Iyo
yabagezagayo, yavuganaga na mugenzi we wiyitaga umuyobozi w’Ikigo [Umwe
bakoranaga], bakoresheje ayo mayeri bagashuka abo bakobwa bakabajyana ahantu
hitaruye mu ishyamba, bahagera
umwe agafata icyuma akabakanga, akabasaba ibyo bafite byose birimo amafaranga
na telefoni, hanyuma akabasambanya.
Abamaze
gutanga ibirego ni abakobwa barindwi, bafite imyaka iri hagati ya 16 na 31.
Dr.
Murangira yavuze ko hari n’abagiye bagirwa inama ariko bakayirengagiza, abasaba
kurushaho kugira amakenga.
Yongeyeho
ko abantu bashaka akazi bakwiye gukurikiza inzira zisanzwe zemewe, aho kwizera
umuntu bahuriye muri gare.
RIB
yaburiye abafite imigambi yo gukora ibyaha kuyireka kuko itazadohoka mu kubirwanya.
Yanakanguriye abaturage kujya batanga amakuru ku gihe igihe babonye cyangwa
bakeka icyaha kugira ngo ababikora bakurikiranwe.
Umuvugizi
wa RIB yasabye abaturage gukomeza kuba maso, bakirinda kwizera abantu batazi
babashuka babizeza akazi cyangwa ibindi byiza.
Dr.
Murangira yasoje ashimangira ko RIB ifite ubushobozi n’ubufatanye bukenewe mu
gukurikirana abakora ibyaha n’abahungabanya umutekano w’abaturage.
Ati:
“Turabamenyesha kandi turabizeza ko tutazadohoka. Tuzabarwanya kugeza ku wa
nyuma. Turasaba abaturage gufatanya natwe, kuko iyo batanga amakuru ku gihe
bituma abakoze ibyaha batamenyekana badahabwa icyuho.”

RIB yafunze Sebahizi Jean Chrysostome na
Twagirayezu Jean Marie Vianney bakurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya
umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kwihesha ikintu
cy'undi hakoreshejwe uburiganya, no gushyiraho umutwe w'abagizi ba nabi cyangwa
kuwujyamo
