Ikinyamakuru Daily Post cyanditse ko Nigeria
iri mu gihe kitoroshye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, aho ibyaha byo
gusambanya abagore n’abana byagiye bitangazwa mu bice bitandukanye by’igihugu
mu byumweru bishize.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X mu
ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026, Simi yagaragaje
uburakari bwe ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana b’abakobwa,
asaba inzego z’igihugu n’abaturage gufata ingamba zikomeye.
Yanditse ati: “Ndahangayitse cyane.
Muhagarike gusambanya abagore n’abana. Abagabo basambanya abana n’abakobwa
bagomba gucibwa ubugabo no gutwikwa ari bazima.”
Uyu muririmbyi yasobanuye ko ubutumwa bwe
bugamije kurengera abagore n’abana, cyane cyane abafite ibyago byo guhura
n’ihohoterwa, aho yibukije ko hafi ya bose mu bagore n’abakobwa yamenye cyangwa
azi bigeze guhura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Simi yongeraho ko bitari byiza guhagarika
abantu kuvuga ku ihohoterwa kubera ko hari abatanga ibirego by’amanyanga, kuko
bitavuze ko abagore n’abana batagira ubwoba cyangwa ngo bavuge ibinyoma.
Ati: “Mubaze inshuti zanyu, bene wanyu,
abakobwa banyu, n’abagore muri kumwe mu ngo. Ntituri abatanga ibitekerezo
by’ubusa gusa. Abagore n’abana bafite ubwoba bwo gusohoka no kuba mu ngo zabo.
Muhagarike gusambanya abagore n’abana.”
Simi kandi yatanze ubutumwa bukomeye ku
bagabo, abasaba kubwira abandi bagabo kureka guhungabanya abagore n’abana,
avuga ko abagabo bamwe batuma ibyaha bikomeza kwiyongera kubera kutagira ubihagarika.
Ubutumwa bwa Simi bwateje impaka, ariko
benshi bashima ubutwari bwe bwo kuvuga ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina no
gushaka igihano gikomeye ku bahungabanya abagore n’abana.

Simi yateje impaka nyuma yo gusaba ko
abagabo basambanya abana n’abakobwa bahanishwa igihano gikomeye, bagacibwa
ubugabo cyangwa bagatwikwa ari bazima

