Iri
serukiramuco rigiye kuba ku nshuro yaryo ya mbere, rizabera mu Karere ka Huye
kuva ku wa 19 kugeza ku wa 21 Werurwe, rikazajya riba ngaruka mwaka ndetse
rikazenguruka igihugu. Uyu mwaka w’itangiriro, ibikorwa byose bizabera i Huye,
mu rwego rwo guha agaciro aka karere gafatwa nk’igicumbi cy’amateka n’umuco w’u
Rwanda.
Kwamamaza
abahanzi bazaririmba byamaze gutuma benshi batangira kwitegura ibirori.
Element, umaze kwigaragaza cyane mu njyana ya Afro na R&B, ategerejwe ku
rubyiniro azanye imbaraga ze zidasanzwe mu gususurutsa abakunzi b’umuziki.
Christopher,
uri mu bahanzi bafite amateka akomeye mu muziki nyarwanda, na we azaba ari mu
bazasusurutsa abazitabira iri serukiramuco, aho biteganyijwe ko azaririmba
zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane.
Bwiza,
umwe mu bahanzikazi bagezweho kandi bakurura imbaga y’urubyiruko, azaba
ahagarariye imbaraga z’abagore mu muziki cyo kimwe na Alyn Sano. Ni mu gihe
Riderman, umwe mu baraperi bafite izina rikomeye mu Rwanda, azaba agaragaza ko
Hip Hop nyarwanda ikomeje kugira ijambo rikomeye ku rubyiniro.
Uretse
aba, ku rutonde hagaragaraho n’abandi bahanzi n’amatsinda y’imyidagaduro
n’urwenya, bigaragaza ko iri serukiramuco ritagamije umuziki gusa, ahubwo ari
urubuga ruhuriza hamwe ingeri zitandukanye z’ubuhanzi nserukarubuga.
Ku
rutonde rw’abandi bahanzi n’abanyarwenya bazasusurutsa abazitabira hariho
kandi: Rumaga Junior, Massamba Intore, Kevin Kade, Christopher Muneza, Juno
Kizigenza, Mani Martin, Titi Brown, Fally Merci, Rusine, Jules Sentore, Diez,
Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava, Dola, Bwiza, Ibyanzu (itsinda),
abanyarwenya ba Gen Z Comedy n’abandi,
Iserukiramuco
rigamije kurenga imyidagaduro
Mu
kiganiro aherutse kugirana na InyaRwanda, Rumaga yasobanuye ko Siga Arts
Festival igamije guhuriza hamwe abahanzi b’ingeri zitandukanye zirimo ubusizi,
umuziki, imbyino, ikinamico n’ibindi, hagamijwe gusangira no kwizihiza ubuhanzi
nk’umusingi w’umuco n’iterambere.
Yavuze
ko buri mwaka iri serukiramuco rizajya ritangirira i Huye, rikamara iminsi
itatu, rikazajya risozwa ku ya 21 Werurwe, umunsi mpuzamahanga wahariwe
ubuhanzi. Gusa ibikorwa bishobora kuzajya bizenguruka n’utundi turere, mu rwego
rwo kwegera abaturage benshi kurushaho.
Ati:
“Ni iserukiramuco rizajya rizenguruka igihugu, ariko Huye ni ho rizajya
ritangirira. Turashaka ko ubuhanzi buva mu nzu z’imyidagaduro gusa bukagera no
mu baturage bose.”
Intambwe
nshya mu guteza imbere ubuhanzi
Siga
Arts Festival ije yiyongera ku bindi bikorwa bigamije gushyigikira impano
z’abahanzi no kubaha urubuga rwo kwigaragaza. Kuba ritangiriye mu Ntara
y’Amajyepfo byitezweho gufasha urubyiruko rwaho kubona amahirwe yo kwegera
abahanzi bakunzwe no kwigira kuri bo.
Iri
serukiramuco ritegerejwe nk’intambwe ikomeye mu kubaka urubuga ruhoraho
rw’ubuhanzi, aho impano zitandukanye zizajya zigaragazwa, zigahabwa agaciro,
kandi zigafasha mu gukomeza kubaka isura y’u Rwanda nk’igihugu giha umuco
n’ubuhanzi umwanya ukwiye.
Abakunzi
b’umuziki n’ubuhanzi muri rusange biteze iminsi itatu yuzuye ibyishimo,
kwishimira impano z’abahanzi no gusangira indangagaciro z’umuco nyarwanda i
Huye.

Element, Christopher, Bwiza, Riderman na bagenzi babo barimo Massamba Intore, Kevin Kade, Juno Kizigenza na Jules Sentore bategerejwe gususurutsa abazitabira Siga Arts Festival izabera i Huye kuva ku wa 19 kugeza ku wa 21 Werurwe 2026
KANDA HANO UREBE UMUSIZI RUMAGA ASOBANUYE BIRAMBUYE IBY'ISERUKIRAMUCO YATEGUYE
