Aba, Mazimpaka Patrick,Nizeyimana
Didier, Barafinda Fred Sekikubo, Japhet Nkeramihigo na Tumukunde alias Fitboy
Djuma baburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo ku wa 19 Gashyantare 2026
mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro mu rubanza rwaburanishirijwe mu muhezo ku bw'inyungu z’urukiko n’umutekano w’Igihugu.
Ubushinjacyaha burega buvuga ko mu
bihe bitandukanye, Barafinda Sekikubo Fred afatanyije na Mazimpaka Patrick,
Nkeramihigo Japhet bahuje umugambi wo kujya bakorana ibiganiro bakabitambutsa
ku miyoboro ya Youtube bagamije gutangaza amakuru y’ibihuha, bagamije
kwangisha rubanda ubutegetsi buriho, bagatizwa umurindi n’abaterankunga bo
hanze bumva kandi bakunda ibyo bavuga muri ibyo biganiro.
Bumvikanye kujya bakorana ibiganiro
bakabitambutsa ku miyoboro ya YouTube yabo yitwa Umurwa Live Tv, Ndasiganwa Tv
na Saneza TV, ndetse bumvikana inshingano za buri wese mu gutegura ibyo
biganiro, kubishyira ku miyoboro ya Youtube ndetse no kugabana inyungu ziva
muri ibyo biganiro (amafaranga ava mubyo bita views).
Patrick Mazimpaka yafashe inshingano
zo kuba umunyamakuru (moderator), Nkeramihigo Japhet yiha inshingano zo gufata
amashusho (Cameraman) no gushyira ibiganiro yafashe kumiyoboro ya Youtube naho
Barafinda Sekikubo Fred we afata inshingano zo kuba umutumirwa muri buri kiganiro
akajya asubiza ku ngingo zitandukanye babaga bateguriye hamwe.
Barafinda Sekikubo Fred watumirwaga
akaza akabazwa ibibazo agasubiza uko babipanze, yumvikanye mu mvugo ye avuga
ati “muri make America ikungahaye kuma Dollar, Congo ikungahaye ku mabuye
y’agaciro n’ibindi,u Rwanda rukungahaye ku bwicanyi”.
Iki kiganiro kimaze gukorwa
cyashyizwe kumiyoboro ya youtube yitwa Saneza Tv, Umurwa Live Tv na Ndasiganwa
Tv, ndetse nyuma yo gushyirwaho abantu batandukanye bagiye bagisakaza kumbuga
nkoranyambaga kubera amagambo mabi asebya u Rwanda yari yakivugiwemo.
Nyuma y’uko bikwirakwiriye byasuzumwa
bikagaragara ko hashobora kuba harabayemo ibyaha mu gutangaza ayo makuru,
ubugenzacyaha bwatangiye gukora iperereza.
Nyuma y’ uko hafatwa Barafinda Fred
Sekikubo Mazimpaka Patrick na Nkeramihigo Japhet, haje gufatwa abitwa
Nizeyimana Didier alias Mucoma hamwe n’ umukozi yakoreshaga witwa Tumukunde
Juma alias Fit Boy, Nizeyimana Didier alias Mucoma atunze imiyoboro ya youtube
3 ariyo Saneza Tv, Sana Tv show, na Mucoma Sana.
Urukiko rumaze kumva ibyo aba baregwa
ndetse n’ibyo bireguza, Urukiko rw’ibanze rwa Kicuriro rwafashe umwanzuro w’uko
aba bafungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe hagikorwa iperereza ryimbitse ku
byaha bacyekwaho.
Icyakora nk'uko ari uburenganzira bwa
buri wese, aba bose bafite iminsi itanu yo kujuririra iki cyemezo cy’urukiko
cyangwa se bakemeranya n’umwanzuro w’Urukiko bagategereza igihe cyo kuburana
mu mizi.
