Abo ni Cmdr. Reid Wiseman, Victor Glover, Christina Koch na
Jeremy Hansen, bakoze urugendo rw’iminsi 10 rubajyanye hafi y’ukwezi,
bakagaruka ku Isi neza nyuma yo gushyira umukono ku mateka mashya mu bijyanye
n’ingendo zo mu isanzure.
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe
ubushakashatsi ku isanzure, NASA, cyatangaje ko aba bagenzi bazahabwa “Congressional
Space Medal of Honor”, umudari w’icyubahiro ukomeye uhabwa abagenzi bo mu
isanzure bagize uruhare rudasanzwe mu mateka y’ubushakashatsi bw’ikirere.
Umuhango wo kubaha uyu mudari uteganyijwe ku wa 28 Kanama
2026, ukabera ku kigo cya NASA cya Johnson Space Center, i Houston muri Leta ya
Texas.
Nubwo izina ry’uyu mudari rishobora gutuma umuntu atekereza
ko utangwa ku bweme bw’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika gusa, abawuhabwa
batoranywa na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko basabwe
n’ubuyobozi bwa NASA.
Kuri iyi nshuro, Perezida Donald Trump ni we wemeje ko
Wiseman, Glover, Koch na Hansen bahabwa uyu mudari, nyuma y’uko Umuyobozi wa
NASA, Jared Isaacman, abashyiriyeho icyifuzo.
NASA ivuga ko kugeza ubu abantu 30 gusa ari bo bamaze guhabwa
Congressional Space Medal of Honor.
Muri bo harimo amazina akomeye nka Neil Armstrong, umuntu wa
mbere wageze ku kwezi akahakandagiza ikirenge, ndetse na John Glenn, wabaye
Umunyamerika wa mbere wazengurutse Isi mu isanzure.
Hari kandi abagenzi bo mu isanzure bahawe uyu mudari nyuma yo
kubura ubuzima mu mpanuka zikomeye zabaye mu mateka y’ingendo zo mu isanzure,
zirimo iya Apollo 1, Challenger na Columbia.
Ibi bituma umudari aba bagenzi bane bagiye guhabwa uba ufite
uburemere budasanzwe, kuko utajya uhabwa buri muntu wese wakoze urugendo mu
isanzure, ahubwo uhabwa abakoze ibikorwa bifatwa nk’ibidasanzwe mu mateka
y’ubushakashatsi bw’ikirere.
Artemis
II yanditse amateka mashya
Urugendo rwa Artemis II rwatangiye ku wa 1 Mata 2026, rumara
iminsi 10.
Wiseman, wari uyoboye ubutumwa, yari kumwe na Victor Glover
wari umupilote, Christina Koch wari ushinzwe ibikorwa by’ubutumwa ndetse na
Jeremy Hansen, Umunya-Canada wari uhagarariye igihugu cye muri uru rugendo.
Intego y’ingenzi y’urugendo ntabwo yari iyo kugwa ku kwezi,
ahubwo yari iyo kugenda hafi yako, kuyizenguruka no gusuzuma uburyo icyogajuru
n’ibikoresho bitandukanye byakora mu rugendo rurerure rwo mu isanzure.
Ariko uru rugendo rwarenze kure kuba ikigeragezo gisanzwe.
Aba bagenzi bane bageze ku ntera ya kilometero 406,771 uvuye
ku Isi, ahantu hagera kure kurusha ahandi hantu abantu bari barigeze kugera mu
rugendo rwo mu isanzure. Ni intera ingana na miles 252,756.
Muri ubwo buryo, Artemis II yaciye ku mateka yari yarasizwe
n’urugendo rwa Apollo 13 rwo mu 1970, aho abagenzi bari bageze ku ntera ya
kilometero hafi 400,171 uvuye ku Isi.
Ibi bivuze ko aba bagenzi bane ubu ari bo bantu bageze kure
cyane y’Isi kurusha abandi bantu bose mu mateka.
Muri aba bane, Jeremy Hansen afite umwihariko udasanzwe.
Uyu Munya-Canada yabaye umuntu wa mbere utari Umunyamerika
wageze mu rugendo rw’abantu berekeza ku kwezi.
Nubwo Artemis II itari igamije ko abagenzi bagwa ku kwezi,
kuba Hansen yaragize uruhare muri uru rugendo byatumye Kanada yinjira mu mateka
y’ingenzi y’ubushakashatsi bw’ikirere.
Ku ruhande rwa Amerika, uru rugendo na rwo rufatwa
nk’intambwe ikomeye mu mugambi mugari wa Artemis ugamije kongera kohereza
abantu ku kwezi, mbere yo kwagura ibikorwa by’ubushakashatsi bikagera no kuri
Mars.
Ni ukuvuga ko aba bagenzi bane atari bo gusa bakoze urugendo
rw’amateka, ahubwo banagize uruhare mu kubaka icyiciro gishya cy’ingendo
z’abantu mu isanzure.
Nyuma yo kurangiza urugendo no kugaruka ku Isi, Reid Wiseman
yavuze ko ubuzima bw’umuntu uri mu isanzure bugira uko butandukanye n’uko
umuntu abutekereza ari ku Isi.
Artemis II yari imwe mu ntambwe z’ingenzi muri gahunda ya
Amerika yo kongera kugarura abantu hafi y’ukwezi no gutegura ingendo ndende
zishobora kuzagera kuri Mars.
Bitandukanye na Artemis II, gahunda zikurikira ziteganyijwe
kugira uruhare rukomeye mu kongera kohereza abantu ku kwezi, aho intego ari
ugukoresha ukwezi nk’ahantu h’ingenzi ho gukorera ubushakashatsi no gutegurira
ingendo ndende kurushaho.
Ibi bituma urugendo rwa Wiseman, Glover, Koch na Hansen
rufatwa nk’igice cy’ingenzi mu mateka mashya y’ubushakashatsi bw’ikirere.
Umudari
uje nyuma y’amezi ane bahuye na Trump
Umuhango wo guha aba bagenzi bane uyu mudari uje nyuma
y’amezi ane Perezida Donald Trump abakiriye muri White House.
Muri uwo muhango, Trump yashimiye aba bagenzi kubera ibyo
bagezeho, ndetse anagaragaza ko na we yumva yari kuba ashoboye gukora uru
rugendo.
Ubu, nyuma y’amezi make gusa Artemis II irangiye, aba bagenzi
bagiye kongera guhurira hamwe, ariko noneho atari mu cyogajuru cyangwa hafi
y’ukwezi, ahubwo mu muhango wo guhabwa umwe mu midari ikomeye cyane mu mateka
y’ingendo z’Abanyamerika mu isanzure.
Abandi bahawe uyu mudari barimo abagenzi baguye mu mpanuka ya
Apollo 1, ndetse n’abaguye mu mpanuka z’ibyogajuru bya Challenger na Columbia.
Mbere y’aba bagenzi ba Artemis II, Douglas Hurley na Robert
Behnken ni bo bari baheruka gutoranywa.
Hurley na Behnken mu 2020 babaye abagenzi ba mbere bageze mu
isanzure bakoresheje icyogajuru cy’ubucuruzi, mu rugendo rwafunguye urundi
rugendo mu bufatanye hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibigo
by’abikorera mu bijyanye n’ingendo zo mu isanzure.
Baherewe uyu mudari mu 2023, ku butegetsi bwa Perezida Joe Biden.
Kuba Wiseman, Glover, Koch na Hansen bagiye kwinjira muri uru
rutonde nyuma y’urugendo rwa Artemis II, byerekana uburemere bw’amateka
banditse.
Aba bagenzi bane ntibagarukiye gusa ku kuba baragiye hafi y’ukwezi. Baciye ku ntera abantu bari baragezeho mu myaka irenga 50 ishize, bashyiraho amateka mashya y’uko umuntu ashobora kugera kure mu isanzure, kandi bagira uruhare mu rugendo rushobora kuzageza abantu ku kwezi na Mars mu myaka iri imbere.

Abari mu butumwa bwa 'Artemis II' bashobora kuzibukwa atari nk’urugendo
rw’iminsi 10 gusa, ahubwo nk’intambwe yafashije abantu kongera gutekereza ku
mbibi z’aho bashobora kugera mu isanzure
