Abarenga 400 batawe muri yombi mu Bufaransa nyuma y'imvururu zakurikiye intsinzi ya PSG

Imikino - 31/05/2026 2:04 PM
Share:

Umwanditsi:

Abarenga 400 batawe muri yombi mu Bufaransa nyuma y'imvururu zakurikiye intsinzi ya PSG

‎Imvururu zabaye hagati y’abafana b’umupira w’amaguru n’abapolisi hirya no hino mu Bufaransa zatumye abantu barenga 400 batabwa muri yombi nyuma y’uko ikipe ya Paris Saint-Germain itsinze Arsenal ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

Nkuko tubikesha BBC, abapolisi ibihumbi n’ibihumbi boherejwe mu mihanda kugira ngo bahoshe imvururu zatumye ibitwara abantu n’ibintu bihagarara harimo serivisi za bisi, gari ya moshi n’izindi ngendo rusange.

Abafana bamwe barashe ibishashi n’amatara yaka cyane, mu gihe abapolisi benshi bakomerekeye muri izo mvururu. Polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso kugira ngo itatanye imbaga yari yateraniye mu mujyi rwagati.

Iyi ni intsinzi ya kabiri yikurikiranya PSG yegukanye iri rushanwa, ni n’umwaka wa kabiri wikurikiranya habaye urugomo rujyanye n’ibirori by’umupira w’amaguru. Mu mwaka wa 2025, ibirori byo kwizihiza intsinzi ya PSG byaje kuvamo impfu z’abantu.

‎Amashusho yafatiwe i Paris agaragaza abantu bacana ibishashi (flares), amagare y’amashanyarazi arimo gushya mu mihanda, ndetse n’abishimira intsinzi bamena ibirahuri by’amaduka.

‎Umuhanda wa Champs-Élysées wuzuye abafana nyuma y’uko ikipe y’Abafaransa itsinze kuri penaliti.

Mbere yaho ku manywa, hari habanje kuba imirwano hagati ya polisi n’abafana bari bateranye kuri stade ya Parc des Prince  bareba umukino kuri television rutura iri muri ino stade.

Polisi yatangaje ko imodoka esheshatu, ubucuruzi ndetse n’ahantu hategerezwaga bisi byangiritse muri izo mvururu.

‎Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu mu Bufaransa yatangaje ko abantu 416 batawe muri yombi mu rukerera rwo ku Cyumweru, barimo 280 bafatiwe i Paris.

‎Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Laurent Nuñez, yavuze ko abapolisi barindwi bakomerekeye muri izo mvururu, maze azita “ibintu bidashobora kwihanganirwa na gato.”

‎Umuyobozi w’ishyaka ry’abahezanguni Marine Le Pen, yanditse ku rubuga X ati: ‎“Mu Bufaransa gusa ni ho intsinzi y’ikipe y’umupira w’amaguru ishobora guteza imvururu.”

‎Yongeyeho ati: “Mu Bufaransa gusa ni ho abantu bumva bagomba kwifungirana mu ngo zabo ku mugoroba wo kwizihiza intsinzi kugira ngo birinde guhura n’urugomo.”

‎Abakinnyi ba PSG biteganyijwe ko kuri iki Cyumweru bitabira akarasisi ko kwizihiza intsinzi, harimo kuzenguruka ahazwi nka Champ de Mars hafi y'umuntara (Eiffel Tower), mbere yo kwakirwa na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.

‎Mu mwaka ushize, intsinzi ya PSG ku rwego rw’u Burayi yaranzwe n’imvururu zikomeye zahitanye abantu babiri, barimo umusore w’imyaka 17.


Umwanditsi: ‎Ngendahimanana Daniel



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...