#Kwibuka32: Abakomeza gutoneka no kubabaza abarokotse Jenoside, bazabona ishyano - Gentil Misigaro

Imyidagaduro - 15/04/2026 10:54 AM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka32: Abakomeza gutoneka no kubabaza abarokotse Jenoside, bazabona ishyano - Gentil Misigaro

Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gentil Misigaro, yatanze ubutumwa bw’ihumure n’icyizere, bwibanda ku gukomeza imitima y’abarokotse Jenoside ndetse no gushishikariza Abanyarwanda bose gukomeza kubaka ubumwe.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Gentil Misigaro yagaragaje ko muri ibi bihe biremereye byo kwibuka, hari amagambo y’ihumure akwiye gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi gukomeza urugendo rw’ubuzima, cyane cyane mu komora ibikomere by’umubiri n’iby’umutima.

Yifashishije umurongo wo muri Bibiliya, mu gitabo cya Zaburi 118:17, ati: “Sinzapfa ahubwo nzarama, Ntekerereze abantu imirimo Uwiteka yakoze.” Yavuze ko aya magambo ari isoko y’icyizere, ashimangira ko n’ubwo amateka mabi yabayeho, ubuzima bugomba gukomeza kandi bugaherekezwa no kwizera Imana.

Ati: “Muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, ndifuza guha mpore abarokotse Jenoside bose aho baherereye ku Isi. Abagifite ibikomere byaba ibigaragarira amaso n’ibitagaragara, ndifuza kubasangiza ijambo ry’ihumure… Nongeye no gutanga mpore ku Banyarwanda twese aho duherereye ku Isi. Twibuke twiyubaka.”

Uretse ihumure, uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Buri Munsi’, yanagarutse ku nshingano za buri Munyarwanda mu gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, ashimangira ko bidakwiye kongera kubaho ukundi. 

Yagize ati: “Jenoside ntikongere kubaho ukundi. Abazana ingengabitekerezo yayo, bakarema inzangano n’amacakubiri, abakomeza gutoneka no kubabaza Abarokotse, bazabona ishyano.”

By’umwihariko, yibanze ku rubyiruko, arusaba kugira uruhare rukomeye mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda, arusaba kwirinda abashaka kuruyobya. Ati: “Rubyiruko rwacu, ntimukabihe amatwi, ahubwo mutumbire Kristo uko bwije n’uko bukeye, mugire urukundo rudafite uburyarya.”

Ubutumwa bwa Gentil Misigaro buje bwiyongera ku bw’abandi banyabugeni n’abayobozi batandukanye bakomeje kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, bibutsa ko kwibuka atari ugusubira mu mateka gusa, ahubwo ari n’umwanya wo kongera kubaka, gukomeza ubumwe no guharanira ejo hazaza heza hadasubira mu icuraburindi ry’amacakubiri.

Ni ubutumwa busaba buri wese kugira uruhare mu kurinda amateka y’u Rwanda no gukomeza kubaka igihugu gishingiye ku rukundo, ubumwe n’ubwiyunge.

Ubutumwa bwa Gentil Misigaro mu #Kwibuka32 bwibanze ku ihumure, ubumwe n’urukundo rudafite uburyarya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...