Abanyeshuri barenga 5,600 bitabiriye irushanwa rya Kigali Public Library, 36 bagiye guhembwa

Imyidagaduro - 26/05/2026 5:54 PM
Share:

Umwanditsi:

Abanyeshuri barenga 5,600 bitabiriye irushanwa rya Kigali Public Library, 36 bagiye guhembwa

Isomero Rikuru rya Kigali “Kigali Public Library” ryatangaje ko rigiye guhemba abanyeshuri 36 bahize abandi muri 5,600 ku rwego rw’Igihugu mu marushanwa yo kwandika inkuru zishingiye ku bijyanye n’amafaranga no kwizigamira, yari afite insanganyamatsiko igira iti “Money Matters”.

Uyu muhango wo gutanga ibihembo uteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 29 Gicurasi 2026, aho abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazahabwa ibihembo bitandukanye birimo mudasobwa n’ibindi bikoresho by’ishuri, nyuma yo kwitwara neza muri iri rushanwa ngarukamwaka.

Ni ku nshuro ya Gatanu Isomero Rusange rya Kigali ritegura iri rushanwa, rigamije guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika mu bana n’urubyiruko, ndetse no kubakangurira gutekereza ku bibazo n’ingingo zibangukira ubuzima bwa buri munsi.

Uyu mwaka, abanyeshuri barenga 5,600 bo hirya no hino mu gihugu ni bo bitabiriye iri rushanwa, ariko nyuma yo gusuzuma inkuru zatanzwe, Akanama Nkemurampaka kahisemo abanyeshuri 36 bahize abandi.

Umuyobozi Mukuru wa Kigali Public Library, Tessy Rusera, yabwiye InyaRwanda, ko buri mwaka bahitamo insanganyamatsiko ishingiye ku bibazo cyangwa ibiganiro biba biri kuvugwa cyane muri sosiyete.

Yagize ati: “Mu guhitamo insanganyamatsiko tugendera ku biganiro biba biri kugarukwaho cyane muri sosiyete. Ntabwo ari twebwe twenyine tuyihitamo, ahubwo tugisha inama abo dukorana nabo barimo abarezi, ababyeyi, abana ndetse n’abasanzwe bagana Isomero.”

Yakomeje avuga ko iri rushanwa ryatangiye mu 2020, mu gihe isi yari ihanganye n’icyorezo cya Covid-19, ari nayo nsanganyamatsiko ya mbere abanyeshuri banditseho.

Ati: “Nyuma ya Covid-19 twagiye dukoraho izindi nsanganyamatsiko zirimo ubuzima bwo mu mutwe, ubukerarugendo no kurengera ibidukikije. Uyu mwaka twahisemo ingingo ijyanye n’amafaranga no kwizigamira kuko twabonaga ari ikintu abana bumvaho cyane, ariko bakumva ko kigenewe abantu bakuru gusa.”

Tessy Rusera yavuze kandi ko bakorana bya hafi n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi, REB, ndetse na Minisiteri y’Uburezi (Mineduc) kugira ngo iri rushanwa rigere ku banyeshuri benshi bishoboka.

Ati: “Dukorana n’inzego zitandukanye zirimo abashinzwe uburezi ku rwego rw’uturere n’amashuri kugira ngo iri rushanwa rimenyekane hose. Tunifashisha cyane imbuga nkoranyambaga kugira ngo amakuru agere kuri benshi.”

Iri rushanwa ritangira muri Mutarama rigasozwa muri Gicurasi buri mwaka. Muri icyo gihe, abategura basura amashuri atandukanye bashishikariza abanyeshuri kwitabira no gukunda kwandika.

Akanama Nkemurampaka kagizwe n’abarimu, abanditsi b’ibitabo ni ko gahitamo inkuru ziba zanditswe neza kandi zijyanye n’insanganyamatsiko yatanzwe.

Uyu muyobozi yavuze ko bishimira uburyo iri rushanwa rikomeje kwaguka no kwitabirwa n’abana benshi, barimo n’abafite ubumuga. Yavuze kandi ko abanyeshuri bemererwa kwandika mu Kinyarwanda, Icyongereza cyangwa Igifaransa. 

Yagaragaje ko kuva iri rushanwa ryatangira, bakomeje kubona ubufasha bw’abafatanyabikorwa batandukanye barimo UNICEF, World Vision, BRD n’izindi nzego zitandukanye.

Tessy Rusera yavuze ko batewe ishema n’iterambere iri rushanwa rimaze kugeraho mu myaka itanu rimaze.

Ati: “Mu mwaka wa mbere twari dufite abana 200 gusa. Ubu tugeze ku barenga 5,600 bitabira. Kuba twaratangiranye abafatanyabikorwa batatu none ubu tukaba dufite abarenga 20, bitwereka ko turi mu nzira nziza.”

Yongeyeho ko Isomero Rusange rya Kigali rifunguye amarembo ku bantu bose, cyane cyane abakiri bato bafite inyota yo gusoma no kwandika.

Nubwo kuri ubu hahembwa abanyeshuri 36 gusa buri mwaka, yavuze ko bafite intego yo kuzajya bahemba nibura abanyeshuri 100 mu gihe ubushobozi buzaba bwiyongereye. Ati: “Uko ubushobozi buzagenda bwiyongera, ni ko tuzagenda tunoza iri rushanwa no gufasha abana benshi kurushaho.”


Umuyobozi Mukuru wa Kigali Public Library, Tessy Rusera, yatangaje ko bagiye guhemba abanyeshuri 36 bahize abandi mu kwandika inkuru zishingiye ku mafaranga no kwizigamira mu rwego rwo guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika

Tessy Rusera yavuze ko abanyeshuri barenga 5600  aribo bitabiriye irushanwa rya “Money Matters”


Rusera yavuze ko iri rushanwa rya Kigali Public Library rimaze kuba ngarukamwaka ryateje imbere impano z’abanyeshuri mu kwandika inkuru zifite insanganyamatsiko z’ingenzi mu buzima

Gushishikariza umuco wo kwizigamira no gusobanukirwa n’amafaranga, ni byo byibanzweho mu irushanwa ryitabiriwe n’abanyeshuri bo hirya no hino mu gihugu

Kuva ku banyeshuri 200 mu 2020 kugeza ku barenga 5600, Kigali Public Library irishimira intambwe iri rushanwa rimaze gutera mu guteza imbere ubwanditsi.

Mu nyubako y’Isomero Rusange rya Kigali, hagaragara ahantu heza hatuje, hateguwe neza, hakira buri wese ushaka kongera ubumenyi no kwagura imyumvire ye


Ibitabo byinshi byegeranye neza muri Kigali Public Library bigaragaza ubutunzi bw’ubumenyi buri wese ashobora kugeraho iyo ahisemo gusoma no kwiga buri munsi


Isomero Rusange rya Kigali si inyubako gusa, ahubwo ni urubuga rw’ubumenyi ruhuriramo urubyiruko rushaka kwagura ubumenyi no gutekereza kure y’ishuri

Kigali Public Library ikomeje kuba ahantu heza ho kungukira ubumenyi, aho buri gitabo gifunguye amarembo mashya y’ahazaza heza ku basoma



Abanyeshuri bo hirya no hino mu gihugu bitabiriye ku bwinshi irushanwa rya Kigali Public Library, berekana ko bafite inyota yo kwiga, gusoma no kwandika inkuru zubaka

Iri rushanwa ryitabiriwe n’abanyeshuri barenga 5600, bigaragaza uburyo urubyiruko rugenda rwitabira ibikorwa biteza imbere ubumenyi n’umuco wo kwandika 

Kwitabira ku bwinshi kw’abanyeshuri mu irushanwa rya Kigali Public Library ni ikimenyetso cy’uko urubyiruko rugenda rufata ubumenyi nk’ishingiro ry’ahazaza harwo



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...