Iri shuri ryaragijwe Kizito Mutagatifu. Iyi ndirimbo
yabo basohoye igaruka ku bwiza bwihariye bw'aho riherereye. Isozwa bayifuriza gukomeza
umurego n'intambwe izisumba, mu burere n'uburezi byifuzwa.
Hari aho muri iyi ndirimbo baririmba bagira bati “Nshongore
Lycée dusangiye berwa n’abusharitse ishya bengerana ubwiza mukundwa wa rurema
Imana yagutoye mu bigo ntabarika utozw’inkindi Kizito rambagira wez’inkuyo
komerezwa iry’iburyo Mpinga yaziz’irumbaguza itanu na rimwe ubu imyaka ibaye
amagana ratwa jyambere uri ingenzi yigenza ""
Iyi ndirimbo ‘Inshongore’ yahimbwe na Cyriaque Shumbusho
muri Werurwe 2007, ubwo yigaga mu Iseminari Nto ya Mutagatifu Kizito y'i Zaza,
mu mwaka wa gatanu.
Ubu ni Umupadiri wa Diyosezi ya Kibungo. Akorera
Ubutumwa mu Iseminari, aho ishinzwe imyitwarire y'Abaseminari (Deputy of
Discipline) n'ubuzima bwa roho zabo (Spiritual Father).
Lycée de Zaza ni ishuri Gatulika, ryigenga rifatanya
na Leta ku bw’amasezerano. Ryafunguye imiryango mu 1951 ritangijwe n’ababikira
b’abamisiyoneri bo mu muryango w’umwamikazi wa Afurika (Les Soeurs
Missionnaires notre Dâme d’Afrique).
Ryatangiye ari ishuri rya menajeri ryateguraga abana
b’abakobwa kuzafata neza ingo zabo no kuba ba Mutima w’urugo, mbega kuba
abanyarwandakazi beza.
Ryatangiye rifite ibyumba by’amashuri bibiri gusa
n’izindi nyubako nkeya zakorerwagamo imirimo inyuranye. Inzu yo kuraramo
bifashishije inzu yari interina y’abana b’abatware bigaga amashuri abanza
bacumbikirwa. Hashoboraga kwakira abana 40 gusa.
Kuva 1962 – 1964 hatangijwe imyaka ibiri yo kwitegura
yitwaga mu rurimi rw’igifaransa “année préparatoire ", nyuma hubakwa ikindi
cyumba cy’ishuri.
Kuva 1964-1972, hatangira icyiciro rusange, ishuri
ryitwa “Collège St Kizito ". Hagati aho ibyumba by’amashuri n’izindi nyubako
byakomeje kubakwa. Ababikira bera (Notre Dame d’ Afrique) babitewemo inkunga
n’imiryango ifasha, bubatse izindi nyubako zose zari zisakajwe amabati ya ‘fibrosima’.
Kuva 1973-1987: Hubatswe izi nyubako zimbere,
hanatangizwa amashami y’inderabarezi “Ecole Normale Inférieure " na “Ecole
Normale Technique Auxiliaire "; nyuma haza guhindukamo “Ecole Normale Primaire "
na “Ecole Normale Moyenne Pédagogique ", nyuma ryitwa Ecole Secondaire
Pedagoqique (ESP ZAZA) yakomeje kugeza mu mwaka 1994.
Kugeza muri uwo mwaka, ishuri ryari rimaze kugera ku
bushobozi bwo kwakira abanyeshuri 299. Kuva 1996 -1998 ishuri ryari rifite icyiciro
rusange gusa. Kuva 1998/1999 hatangijwe ishami rya Biochimie, impamyabumenyi za
mbere muri iryo shami zabonetse muri 2001.
Lycée de Zaza iherereye mu Ntara y’iburasirazuba mu
Karere ka Ngoma mu Murenge wa Zaza mu Kagari ka Ruhembe mu Mudugudu wa Kabeza.
Ni ishuri rya Diyosezi Gatolika ya Kibungo. Iherereye
muri Zaza, Paruwasi (Misiyoni) ya kabiri nyuma ya Save, mu mateka
y’Iyogezabutumwa mu Rwanda.
Mu rwego rw’umuco, Ishuri rifite icyerekezo cyo
kwimakaza umuco. Rifite itorero “Abadatana "
ritoza abanyeshuri kubyina imbyino za kinyarwanda [gakondo].
Iri torero ryitabira amarushanwa atandukanye ahuza
ibigo by’amashuri kugera ku rwego rw’igihugu. Hari ‘Club’ Ubumwe n’Ubwiyunge, Ndi
Umunyarwanda, Media clubs, Envirnoment club, Languages club n’izindi.
Mu rwego rw’imikino, ishuri rifite ikipe y’umupira
w’amaguru y’abakobwa mu byiciro byombi, ikipe z’imikino y’amaboko [Basketball,
Volleyball, Handball, Netball].
Abanyeshuri ba Lycée de Zaza basohoye amashusho y’indirimbo ‘Inshongore’ yubahiriza ishuri ryabo [Hymne du Lycée de Zaza]
Iyi ndirimbo yahimbwe na Cyriaque Shumbusho muri Werurwe 2007, Umupadiri wa Diyosezi ya Kibungo
Lycée de Zaza ni ishuri Gatulika, ryigenga rifatanya
na Leta ku bw’amasezerano.
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘INSHONGERE’ Y’ISHURI LYCEE DE ZAZA