Polisi ya Kenya yavuze ko uyu muriro wadutse ahagana
saa saba za nijoro ku isaha yo muri icyo gihugu (1:00), ni ukuvuga ahagana saa
sita z’ijoro ku isaha yo mu Rwanda, utwika inzu bararamo yitwa Meline Waithera
Block, yari icumbikiye abanyeshuri bagera hafi kuri 220, barimo abanyeshuri bo
mu mwaka wa 10, uwa gatatu n'uwa kane.
Minisitiri w’uburezi wa Kenya Julius Ogamba yavuze
ko iryo shuri ryigamo abanyeshuri 815, muri bo 808 bakaba ari bo bari bari ku
ishuri ubwo iyo nkongi yabaga, mu gihe amakuru avuga ko abandi barindwi bari
bari iwabo.
Yagize ati: “Twapfushije abantu 16, imyirondoro yabo
ikaba izamenyekana. Igikorwa cyo kubamenya kizakorwa n’abakora iperereza bacu.”
Abanyeshuri barindwi baracyari mu bitaro, mu gihe undi
munyeshuri umwe yahawe umubyeyi we akajya kumwitaho.
Abayobozii bavuga ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane icyateje iyo
nkongi, mu gihe hakomeje ibikorwa byo kumenya abanyeshuri bose byagizeho
ingaruka no kwita ku miryango yabo.
