Action College igiye guha impamyabumenyi abanyeshuri 130 bigaga mu biruhuko

Kwamamaza - 28/08/2025 2:44 PM
Share:

Umwanditsi:

Action College igiye guha impamyabumenyi abanyeshuri 130 bigaga mu biruhuko

Kuri uyu wa Gatanu kuva ku isaha ya saa saba kuri HillTop ahateganye n’ishami rya Action College riherereye i Remera, iri shuri ry’icyitegererezo rya Action College rizakorera ibirori abanyeshuri 130 bagiye guhabwa impamyabumenyi nyuma y’igihe kitari gito bahabwa amasomo.

Ubwo ibiruhuko bisoza umwaka w’amashuri wa 2024-2025 byageraga, ishuri rya Action College ryashyizeho Gahunda yo kwigisha indimi abari mu kiruhuko. Indimi zigishijwe muri iki kiruhuko ni Icyongereza, Igifaransa, Ikidage ndetse n’Igishnwa.

Abanyeshuri 130 ni bo bakurikiranye aya masomo y’indimi muri iki gihe cy’ibiruhuko ndetse umusaruro wabo wagiye ugaragara mu bandi ndetse no mu iterambere ry’ubumenyi bw’indimi bari basanganywe.

Mbere y’uko basubira ku mashuri, Action College yateguye ibirori byo guha impamyabumenyi aba banyeshuri 130 bari bamaze igihe biga indimi ndetse banashimirwe umuhate wabo wo kwiga no gukomeza kwihugura mu ndimi.

Uretse gutanga izo mpamyabumenyi, aba banyeshuri bazagaragaza ibyo bize muri iki gihe cy’ibiruhuko ndetse hazaba ikiganiro mpaka cy’abanyeshuri biga muri Action College ku mashami atandukanye y’iri shuri.

Nyuma y’uko kandi aba banyeshuri bagiye guhabwa impamyabumenyi, abandi bifuza kwiga muri iri shuri ry’icyitegererezo bahawe ikaze ndetse bakaba baranashyiriweho igabanyirizwa rya 30% ku mafaranga y’ishuri.

Ubusanzwe iki kigo kigishaga amasomo arimo indimi nk’Icyongereza, Igifaransa, Igiswahili, Igishinwa, Icyesipanyore, Ikidage, Igitaliyani ndetse n’Ikinyarwanda.

Banatanga kandi impamyabushobozi (Certificates) zo ku rwego mpuzamahanga zirimo TOEFL, SAT, DELF, IELTS, TEF, Duolingo na HSK, bakanigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga. Banigisha kandi amasomo agendanye n’ikoranabuhanga, arimo ICT, Computer Networking na Computer Maintenance.

Amasomo mashya yongewemo vuba arimo aya tekinike, imyuga n’ubumenyingiro arimo kwigisha gusuka ibisuko by’amoko yose, gutunganya inzara (Pedicure na Manicure), kogosha, kudefiriza, gusiga ibirungo by’ubwiza (Make-up), gukora umusatsi karemano, kudoda na Culinary Arts.

Banongeyemo kwigisha abakandida bigenga (Candidat Libre), mu masomo ya Tourism and Hospitality, Accounting, Mathematics -Computer and Economy (MCE), Literature- Economics and Geography (LEG), History- Economics and Geography (HEG), HGL, Networking na Culinary Arts.

Action College yateguye ibirori byo gusezera ku banyeshuri 130 bigaga mu biruhuko


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...