‘Rwanda Next Super Star’ ni rimwe
mu marushanwa mashya agamije guha urubuga abanyempano bifuza kwinjira mu muziki
cyangwa kuwukomeza ku rwego rwo hejuru, aho abaryitabira bazanyura mu byiciro
bitandukanye mbere yo kumenya uzegukana umwanya wa ‘Next Super Star’.
Umuhanzi Bahati Makaca, uri mu
bategura iri rushanwa, yabwiye InyaRwanda ko kugeza ubu abagera kuri 101 bamaze
kwiyandikisha, ariko uyu mubare ukaba ushobora kwiyongera bitewe n’abazitabira
amajonjora y’ibanze bahawe amahirwe yo kwiyandikisha ku munsi w’irushanwa.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kanama
2026, ni bwo hazaba amajonjora y’ibanze azwi nka ‘Pre-Selection’, aho abazaba
bamaze kwiyandikisha bazahurira n’abandi batabashije kubona umwanya wo kuzuza
ifishi yo kwiyandikisha mbere y’uko umubare w’abiyandikisha wuzura.
Bahati avuga ko bahisemo gutanga
iri hirwe kugira ngo kuba umuntu yaracikanwe no kwiyandikisha bitamubuza
kugerageza amahirwe ye.
Ati: “Ejo guhera saa tatu
Copenhagen hazabera Pre-Selection. Twahaye amahirwe abataragize amahirwe yo
kwiyandikisha, abo ‘form’ yo kwiyandikisha yifunze umubare wuzuye bakabura uko
biyandikisha. Ejo nabo bazaze, bazahura n’abiyandikishije bose, barushanwe noneho
dutoremo umubare dushaka ari wo winjira mu marushanwa nyamukuru.”
Ibi bivuze ko umubare
w’abazagaragara muri iri jonjora ushobora kurenga 101, kuko n’abatarabashije
kwiyandikisha mbere bemerewe kugerageza amahirwe yabo.
Nyuma yo kubona abitabiriye iri
jonjora, hazatoranywamo abanyempano 60 bazakomereza mu cyiciro gikurikiyeho.
Bahati yavuze ko iki gikorwa
kizakorwa hifashishijwe Akanama Nkemurampaka kagizwe n’abantu batatu, kazaba
gafite inshingano zo kureba abanyempano bafite ubushobozi bwo gukomeza muri iri
rushanwa.
Ni ukuvuga ko ku banyempano barenga
100 bamaze kwiyandikisha, hiyongereyeho n’abazitabira kuri uyu wa Kane, abagera
kuri 60 gusa ari bo bazabona itike yo gukomeza.
Ibi bizatuma ‘Pre-Selection’ iba
intambwe ikomeye ku muntu wese ushaka kuba umwe mu bazamenyekana binyuze muri
‘Rwanda Next Super Star’, kuko ari ho amahirwe menshi azatangirira guhinduka
impano nyirizina yageze mu cyiciro gikomeye cy’iri rushanwa.
Amajonoza y’ibanze azabera ahazwi
nka Copenhagen ku Kicukiro, ariko abategura iri rushanwa basobanuye ko igikorwa
kizabera muri salle, aho kuba mu gice cy’akabari. Bahati yabishimangiye agira
ati: “Ikindi ni muri salle ya Copenhagen, ntabwo ari mu kabari.”
Biteganyijwe ko igikorwa
kizatangira guhera saa tatu za mu gitondo, aho abanyempano bazahurira hamwe
bagahabwa umwanya wo kwerekana ibyo bashoboye imbere y’Akanama Nkemurampaka.
Irushanwa rishaka kuvumbura izindi
mpano
Mu gihe u Rwanda rumaze kugira
abahanzi benshi bamamaye imbere mu gihugu no hanze, hakomeje kugaragara
n’abanyempano benshi bifuza kubona urubuga rubafasha gutangira urugendo
rw’umuziki mu buryo bw’umwuga.
Ni muri uwo murongo abategura
‘Rwanda Next Super Star’ bashaka gushyira iri rushanwa, aho umuntu ufite impano
ariko utarabona amahirwe yo kumenyekana ashobora kurikoresha nk’intambwe yo
kwinjira mu muziki.
Kuba hamaze kwiyandikisha abarenga 100 mbere y’uko amajonjora y’ibanze aba, bigaragaza ko hari urubyiruko n’abandi banyempano bafite inyota yo kugerageza amahirwe yabo no guhatanira umwanya wo kuba ‘Rwanda Next Super Star’.

Bahati yatangaje ko abanyempano barenga 100 bamaze kwiyandikisha mu irushanwa rya ‘Rwanda Next Super Star’ rigiye kuba ku nshuro ya mbere

Ababuze amahirwe yo kwiyandikisha
muri iri rushanwa, bemerewe kuzitabira umunsi wa ‘Pre- selection’
