Umwe mu mimaro ndetse n'inshinganzo z'umutoza ufite izina rikomeye utegerejwe, ni ukugerageza guhamagara abakinnyi b'abanyempano bakuriye ku mugabane w'u Burayi, bafite uburenganzira bwo gukinira u Rwanda cyangwa ibindi bihugu.
Gukinira igihugu cy'inkomoko n'iyo waba utarakivukiyemo cyangwa utaragituyemo na rimwe, ni ibisanzwe kandi byemewe n'amategeko y'impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku isi (FIFA).
Uretse ibihugu byo muri America y'Epfo bikoresha umubare muto cyane w'abakinnyi baba atari abenegihugu karemano, ahandi hose ku isi, amakipe y'ibihugu ahamagara umubare uhindagurika w'abakinnyi bashakiwe ubwenegihugu kubera gukina.

Noam Emeran wa Manchester United yemerewe gukinira Amavubi
N’ubwo gukinisha umukinnyi utazwi neza imyaka ye, amazina ye nyayo, ndetse n'amateka ye bishobora kuviramo ikipe y'igihugu guhanwa, ntibibuza ko ku isi yose, umukinnyi ubonywemo impano ishobora gutanga umusaruro ahamagarwa no mu gihugu atarakandagiramo.
Uvuze kuri ibi, abantu benshi bibuka ibihano byahawe ikipe y'igihugu y' u Rwanda, ubwo yakurwaga amata ku munwa, ivanwa mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Africa cya 2015, kubera gukinisha Birori Daddy (Etekiama Teddy) wari ufite ibyangombwa bidahuje imyirondoro muri CAF.
Ibihugu bimwe na bimwe byo mu Burengerazuba bw'Africa byo usanga bifite umubare munini w'abakinnyi baba baravukiye i Burayi ariko bafite ababyeyi bakomoka muri Africa, bigatuma baza gukinira ibihugu byo muri Africa.
Aha twavuga nka Cote d'ivoire, Ghana, Nigeria, Mali, Burkina Faso, Cameroon ndetse n'ibihugu byo mu Majyaruguru nka Tunisia, Marooc, Algeria n'ibindi bibona umusaruro mwiza, bivuye ahanini ku bakinnyi bavukiye i Burayi.
Mu Rwanda, gushakisha abakinnyi bafitanye isano n'igihugu ni gahunda ishyirwamo imbaraga nkeya, ndetse nta tsinda rihari cyangwa umubare w'abantu runaka bashinzwe gushakisha abakinnyi batavukiye mu Rwanda.

Sanders NGABO agenzura umupira
Hari umubare muto w'abakinnyi bafitanye isano n' u Rwanda, bakina ku mugabane w' u Burayi kandi muri shampiyona z'ababigize umwuga, bashobora kuza gutanga umusanzu wabo mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda (Amavubi), mu gihe byaba byumvikanyweho.
InyaRwanda.com yakusanyije amazina y'abakinnyi 10 bakina i Burayi, batarahamagarwa mu ikipe y'igihugu nkuru iyo ari yo yose kandi bemerewe gukinira Amavubi.
10. Chance Mihigo: Ni umukinnyi ufite inkomoko mu Rwanda, aho asanzwe akina mu kibuga hagati mu ikipe ya Thisted FC muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri muri Denmark.
9. Sven Kalisa: Ni umusore w'imyaka 24 y'amavuko, wavukiye mu gihugu cya Luxamburg, aho anakina hagati mu ikipe ya FC Atert Bissen ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri.

Kalisa
8. Gloire Rutikanga: Ni umusore w'imyaka 25 y'amavuko, ukina hagati mu kibuga, mu ikipe ya Thisted FC ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri muri Denmark, aho yageze mu mwaka wa 2021, avuye muri FC Midtjylland ikina mu cyiciro cya mbere, aho yari amaze imyaka 7.
7. Gilbert Ishimwe: Uyu musore w'imyaka 21 y'amavuko, amaze amezi abiri asinyiye ikipe ya Orebro syr muri shampiyona y'icyiciro cya gatatu muri Sweden, aho yavuye muri ESkilstuna City.
6. Fabrice Gatambiye Ngarura: Uyu musore wavukiye muri DRCongo mu mwaka wa 2000, abarizwa mu ikipe ya FC Ghistan muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri muri Finland. Afite ababyeyi bakomoka mu Rwanda, ndetse amakuru avuga ko yahabaye mu myaka y'ubuto, bimwemerera gukinira u Rwanda, DRCongo cyangwa Finland afitiye ubwenegihugu.
5. Maxime Wenssens: Uyu munyezamu wa gatatu wa KV Mechelen mu Bubiligi, afite se w’umubiligi na nyina w'umunyarwandakazi, bimwemerera gukinira Amavubi. Afite imyaka 21 y'amavuko, mu gihe uburebure bwe bureshya na metero 1,91. Ntiyigeze akinira ikipe y'igihugu ku rwego urwo ari rwo rwose.

4. Sanders Ngabo: Ni umusore w'imyaka 17 y'amavuko, ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Lingby BK, ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri mu gihugu cya Denmark. Uyu musore ufite agaciro k'ibihumbi 350 by'amadorari y'America ku rubuga rwa Transfermarket rugena agaciro k'abakinnyi ba ruhago, asanzwe akinira ikipe y'igihugu ya Denmark mu batarengeje imyaka 18 na 19.
3. Joel Mvuka Mugisha: Ni umusore w'imyaka 19 y'amavuko, usanzwe akinira ikipe ya Bodoe Glimt muri shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Norway ndetse n'ikipe y'igihugu ya Norway mu batarengeje imyaka 20.
N’ubwo atabona umwanya uhagije wo gukina, uyu musore yagiye ahabwa iminota mu mikino ya Europa Conferance League, muri uyu mwaka w'imikino, aho yanagaragaye iminota 8 mu mukino ikipe ye yatsinze AS Roma ibitego 6-1, mu mukino w'amatsinda wabaye mu Ukwakira 2021.
Joel Mugisha
2. Noam Emeran: Ni umusore w'imyaka 19 y'amavuko, wavukiye mu gihugu cy' u Bufaransa, aho se umubyara ari Nkusi Flitz Emeran wakiniye ikipe y'igihugu y' u Rwanda mu ntangiriro z'ikinyejana cya 21. Noam akinira Manchester United y'abatarengeje imyaka 23, aho yageze i Manchester avuye mu ikipe ya Amiens mu Bufaransa. Uyu musore yakiniye ikipe y'igihugu y' u Bufaransa mu batarengeje imyaka 16.
1. Igaba Maniraguha George Lewis: Yavukiye i Kigali mu mwaka wa 2000, aho yavuye mu myaka y'ubuto, yerekeza mu gihugu cya Norvege, aho anafite ubwenegihugu bwa Norvege. Uyu musore akina nka rutahizamu uca ku mpande, mu ikipe ya Arsenal y'abatarengeje imyaka 23.

Uyu musore utarakina na rimwe mu ikipe ya mbere ya Arsenal, ntabwo yigeze ahamagarwa mu ikipe y'igihugu ya Norvege mu cyiciro icyo ari cyo cyose.
Umutoza mushya uzahabwa ikipe y'igihugu y' u Rwanda, azaba afite akazi katoroshye ko kugerageza kumvisha aba basore ko bagomba gukinira u Rwanda, nubwo hafi ya bose bafite amahirwe yo guhamagarwa mu bindi bihugu.
