Abanyarwanda batuye muri Koreya y’Epfo bongeye gucana umucyo mu iserukiramuco Seoul-Africa Festival – AMAFOTO

Imyidagaduro - 14/09/2025 6:02 AM
Share:

Umwanditsi:

Abanyarwanda batuye muri Koreya y’Epfo bongeye gucana umucyo mu iserukiramuco Seoul-Africa Festival – AMAFOTO

Nyuma yo kwegukana irushwanwa rya Asia-Africa Talent Awards mu mwaka ushize, Itorero Umucyo rigizwe n’abanyarwanda batuye muri Koreya y’Epfo bataramye mu iserukiramuco rya Seoul-Africa Festival basiga abaryitabiriye banyotewe ndetse bakunze umuco nyarwanda.

Ku nshuro ya munani, mu mujyi wa Seoul muri Afrika y'Epfo habereye iserukiramuco rya Seoul-Africa Festival rigamije kwerekana ishusho nziza ya Afurika itandukanye n’iyo benshi bagaragaza ku ruhando mpuzamahanga by'umwihariko mu bitangazamakuru bikomeye.

Kuri uyu wa 13 Nzeri 2025 kuri Dongdaemun Design Plaza kuva saa 11;30, habereye ibirori by’iri serukiramuco rimaze kuba ubukombe muri Koreya y’Epfo bikaba byataramyemo Itorero Umucyo rigizwe n’abanyarwanda batuye, bakora n’abiga muri Koreya y’Epfo.

Gutarama muri iri serukiramuco imbere y’amahanga yose ni kimwe mu bihembo by’uko babashije kwegukana umwanya wa mbere muri Asia-Africa Talent Awards umwaka ushize dore ko ryari irushanwa ryateguwe muri iri serukiramuco mu rwego rwo kugaragaza imico itandukanye hanyuma bahigika abandi bose bari bahatanye.

Uretse kubyina imbyino za kinyarwanda, iri torero ryamuritse ibiryo gakondo bya kinyarwanda ndetse babisangira n’abari bitabiriye iri serukiramuco banabasobanurira umuco nyarwanda.

Nyuma yo gutarama no guhesha ishema u Rwanda no gushimangira isura nziza yarwo, Umuyobozi w’itorero Umucyo, Uwera Regina Pacis yashimiye ubuyobozi bwa Ambasade muri Koreya y’Epfo ku bwo kubashyigikira no kubaba hafi.

Yashimiye kandi ababyinnyi bagenzi be ku bwo kwitanga cyane no kuboneka mu gihe cyo gusubiranamo imbyino bakaba baranyuze muri iri rushanwa gitwari. Yagize ati: “Ni ubwitange budasanzwe kuri aba babyinnyi haba mu kuboneka mu gihe cyo kwitoza ndetse no mu gitaramo. Baritanga cyane kuko nk’ahantu duhurira hari abakoresha amasaha 4 kugira ngo bahagere kandi bakaza.”

Kuri iyi nshuro, itorero Umucyo rigizwe n’ababyinnyi Milly, Bruce, Dr. Joseph, Alex, Jolie, Betty, Pacis, Consolee, Sylvie, Jeanette na Mignone batojwe na Mugabo Bruce wahoze abyina mu Nganzo Ngari dore ko mbere bitozaga ubwabo.

Ibinyujije ku rubuga rwa X, Ambasade y’u Rwanda muri Koreya y’Epfo yashimiye abitabiriye iri serukiramuco by'umwihariko Itorero Umucyo ku bwo guhesha u Rwanda ishema ndetse no gukundisha umuco nyarwanda amahanga yose.

Yagize iti: “Twishimiye cyane kwitabira ku nshuro ya 8 Seoul Africa Festival, yateguwe na Africa Insight, mu rwego rwo kwizihiza ubukire bw'umuco wa Afurika binyuze mu mbyino, imurikabikorwa ry’ubugeni ndetse n’ibirori byerekanirwamo indyo zitandukanye.”

Bakomeza bagira bati “Dushimiye byimazeyo buri wese wifatanyije natwe akanasangiza abandi ibyishimo by’iri serukiramuco. Turashimira cyane Itorero Umucyo, ryahagarariye u Rwanda rikongera gutarama nyuma yo kwegukana irushanwa ry’umwaka ushize.”

Itorero Umucyo rigizwe n’abantu bishyize hamwe bagiye muri iki gihugu kwiga no gukora ariko bumva ko bagiye no guhagararira u Rwanda mu mahanga ndetse no kurukundisha abanyamahanga.

 

Buri wese witabiriye iri serukiramuco, yacyuye urwibutso azajya ahora areba ku muco nyarwanda

Ababyinnyi b'itorero Umucyo baserutse mu myambaro gakondo ndetse n'ibendera ry'u Rwanda 

Byari ibicika muri Seoul-Africa Festival y'uyu mwaka 




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...