Abanyarwanda banywa itabi bageze kuri 7%, umugore umwe muri batanu anywa inzoga - Minisitiri Sabin

Imyidagaduro - 13/08/2026 8:26 AM
Share:

Umwanditsi:

Abanyarwanda banywa itabi bageze kuri 7%, umugore umwe muri batanu anywa inzoga - Minisitiri Sabin

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko ikibazo cy’inzoga, cyane cyane izitujuje ubuziranenge, cyari kimaze gufata indi ntera mu Rwanda, mu gihe imibare y’abanywa itabi yo igenda igabanuka. Yagaragaje ko umugabo umwe kuri babiri mu Rwanda anywa inzoga, mu gihe ku bagore ari umwe kuri batanu.


Ni imibare Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yagarutseho mu kiganiro yagiranye n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, aho yaganiriye n’abarimo Burikantu na Buringuni, Ravanelly, Fally Merci utegura ibitaramo bya Gen-Z Comedy n’abandi.

Iki kiganiro cyabaye mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kugenzura no guhangana n’ingaruka ziterwa n’inzoga zitujuje ubuziranenge, nyuma y’aho hatangajwe ingamba zikomeye zigamije kurinda ubuzima bw’abaturage.

Kuki inzoga zahawe umwanya wa mbere?

Mu kiganiro, Minisitiri Sabin yasobanuye ko icyemezo cyo gufata ingamba zikomeye ku nzoga zitujuje ubuziranenge kitafashwe mu buryo bwihuse cyangwa butatekerejweho.

Yavuze ko ubushakashatsi n’imibare Minisiteri y’Ubuzima yari ifite byagaragazaga ko ikibazo cy’inzoga cyashoboraga kugira ingaruka ku buzima bw’Abanyarwanda ndetse no ku cyizere cyo kubaho mu gihe nta ngamba zifatwa.

Ati: “Natwe iyi 70 y’icyizere cy’ubuzima twari tugezeho, twarebaga tukabona inzoga nizikomeza turaza kuva ku cyizere cyo kubaho 70, tumanuke tube twagere no muri za 50.”

Minisitiri Sabin yavuze ko ikibazo gikomeye cyane ari uko inzoga zinyobwa cyane n’urubyiruko, bityo ko kururinda ingaruka zazo atari inshingano ya Minisiteri y’Ubuzima gusa, ahubwo ko ari inshingano ya sosiyete yose. 

Yagize ati: “Kubera ko urubyiruko rwacu barabinywa cyane, rero inshingano zo kubarinda iba ireba sosiyete.”

Ibi bivuze ko ikibazo cy’inzoga kitarebwa gusa nk’ikibazo cy’umuntu ku giti cye, ahubwo ko gifite n’ingaruka ku muryango no ku hazaza h’igihugu.

Buringuni yabajije Minisitiri Sabin impamvu Leta yahisemo gufata ingamba zikomeye ku nzoga, ariko itabi na ryo rizwiho kugira ingaruka zikomeye ku buzima ntirihabwe umwanya nk’uwo.

Mu gusubiza, Minisitiri Sabin yavuze ko itabi na ryo riri mu bibazo by’ubuzima Leta ikomeje gukurikirana, ariko ko imibare yerekana ko ubunywi bwaryo bugenda bugabanuka.

Yavuze ko ubushakashatsi bugaragaza ko umubare w’Abanyarwanda banywa itabi wavuye kuri 13% ukagera kuri 7%, ibyo yagaragaje nk’umusaruro w’ingamba zari zarafashwe mbere.

Ku nzoga ho, yavuze ko ibintu bitandukanye. Ati: “Abanyarwanda banywa itabi bagabanutse bava kuri 13% bagera kuri 7% kubera ingamba zari zarashyizweho mbere. Abanywa inzoga bo bariyongereye ku buryo umugabo umwe kuri babiri arazinywa, umugore umwe kuri batanu arazinywa.”

Minisitiri Sabin yavuze ko ikibazo kirushaho gukomera iyo harebwe n’ubwoko bw’inzoga ziri ku isoko, cyane cyane izifite urugero ruri hejuru rw’inzoga. Ati: “Rero biragenda bizamuka noneho hajemo n’inzoga zifite urugero rwa 40 no kuzamura. Rero, inzoga ni cyo kibazo gikomeye cyane.”

Itabi na ryo ntiryibagiranye

Nubwo Minisitiri Sabin yagaragaje ko inzoga ari zo zahawe umwanya wa mbere muri izi ngamba, ntabwo bivuze ko ikibazo cy’itabi cyirengagijwe.

Yavuze ko kuba umubare w’abanywa itabi waragabanutse ari ikimenyetso cy’uko ingamba zashyizweho mbere zagize umusaruro, ariko ko na ryo rigikurikiranwa.

Ati: “Itabi buriya rinyobwa n’abantu bake cyane, ndetse imibare iragenda igaragaza ko bigabanyuka, ubwo naryo igihe cyaryo ntabwo kizatinda. Reka duhere ku gikomeye cyari kiri kwica abantu, ariko n’itabi naryo turifite ku murongo nubwo ryo ryagabanukaga mu buryo bugaragara.”

Ibi bigaragaza ko Leta itavuga ko itabi ridateje ikibazo, ahubwo ko iri kureba ubukana bw’ibibazo bitandukanye no gushyira imbere icyo ibona ko gikomeje kugira ingaruka nini kurusha ibindi.

Ikibazo cyarenze ku kunywa gusa

Iyo urebye imibare yatangajwe na Minisitiri Sabin, ikibazo cy’inzoga ntikigarukira ku kuba hari Abanyarwanda banywa. Ikibazo kiri no ku kigero cy’abazinywa ndetse n’ubwoko bw’inzoga banywa.

Umugabo umwe kuri babiri n’umugore umwe kuri batanu kunywa inzoga bivuze ko ikibazo gifata igice kinini cy’abaturage, mu gihe izifite urugero ruri hejuru rw’inzoga zishobora kongera ubukana bw’ingaruka z’ubusinzi.

Ni muri uwo murongo kandi Leta yagiye ishyira imbaraga mu kugenzura inzoga zitujuje ubuziranenge, aho ikibazo kitareba gusa umubare w’abanywa, ahubwo harebwa n’umutekano w’ibyo banywa.

Kuki urubyiruko ruri mu bibandwaho?

Mu magambo ya Minisitiri Sabin, kimwe mu bintu bikomeye bituma inzoga zifatwa nk’ikibazo gikwiye kwitabwaho cyane ni uko urubyiruko na rwo ruzinywa.

Urubyiruko ni igice cy’abaturage kiri mu kigero cyubaka ejo hazaza h’igihugu. Iyo habayeho ibibazo by’ubusinzi bukabije, bishobora kugira ingaruka ku buzima, ku myigire, ku kazi, ku mibanire ndetse no ku musaruro w’igihugu.

Ni yo mpamvu Minisitiri Sabin yavuze ko kurinda urubyiruko atari inshingano y’ababyeyi cyangwa Leta gusa, ahubwo ko bisaba uruhare rwa buri wese.

Iyo mibare isobanuye iki ku Rwanda?

Imibare yatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima itanga ishusho y’ibibazo bibiri bitandukanye.

Ku itabi, umubare w’abarinywa wavuye kuri 13% ugera kuri 7%, bigaragaza igabanuka rifatika kandi Minisitiri akavuga ko hari ingamba zashyizweho mbere zagize uruhare muri iryo gabanuka.

Ku nzoga ho, Minisitiri avuga ko ubunywi bwazo buri kuzamuka, aho umugabo umwe kuri babiri n’umugore umwe kuri batanu bazinywa.

Ni ibintu bishyira ikibazo cy’inzoga mu murongo w’ibibazo by’ubuzima rusange, cyane cyane mu gihe igihugu gikomeje gushaka uburyo bwo kurinda abaturage ingaruka z’ibinyobwa bishobora kugira ingaruka ku buzima.


Kuri Minisitiri Sabin, urugendo rwo guhangana n’itabi rurakomeje, ariko kuri ubu inzoga ni zo zashyizwe imbere kubera ubukana bw’ikibazo n’umuvuduko w’uko ubunywi bwazo bugenda bwiyongera


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...