Abanyarwanda bafite akazi gakomeye! Abahanzi 10 bumvishwe cyane kuri Spotify mu gihe cy'ukwezi

Imyidagaduro - 06/09/2024 11:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Abanyarwanda bafite akazi gakomeye! Abahanzi 10 bumvishwe cyane kuri Spotify mu gihe cy'ukwezi

Nk’urubuga rucururizwaho imiziki kandi rwigaruriye igikundiro ku Isi hose, hari abahanzi benshi babyaje umusaruro igikundiro cy’uru rubuga barakundwa karahava.

Umwe mu mwihariko w’uru rubuga, ni ukugaragaza abantu bumvishe ibihangano byawe mu gihe cy’ukwezi ku buryo byorohera buri wese kumenya imbaraga ashyira mu kazi ke.

Muri Africa, abahanzi nka Tyla, Rema, Burna Boy, Wizkid, Bianca bari mu bayoboye abandi bahanzi mu kuba hari igihe bumvishwe n’abantu benshi kuri uru rubuga mu gihe cy’ukwezi gusa.

Iyo urebye abumvishwe cyane ku Isi yose, ntabwo ubonamo umuhanzi wo ku mugabane wa Africa n’ubwo Spotify idakoreshwa cyane nk’uko mu bihugu nka America na Canada ikoreshwa.

Dore abahanzi 10 bamaze gucagahigo ko kumvwa n’abantu benshi kuri uru rubuga mu gihe cy’ukwezi.

10. David Guetta yumvishwe na miliyoni 78.55 mu gihe cy’ukwezi kumwe. Uyu muhanzi akunzwe mu ndirimbo ziri mu njyana ya Dance, ari mu bakunzwe cyane n’ubwo imyaka ikomeje kumujyana kuri ubu akaba afite 56.

9. Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Ariana Grande w’imyaka 31 ni we uri ku mwanya wa cyenda ku Isi aho yumvishwe n’abantu miliyoni 79.17 mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa.

8. Umuraperi Eminem uri mu bakomeye ku Isi akaba avuga rikijyana mu njyana ya HipHop, ari ku mwanya wa munani aho mu kwezi kumwe yumvishwe n’abantu miliyoni 81.96.

7. Umuhanzikazi Rihanna waririmbwe mu ndirimbo zitari nke n’ubwo nawe ari umuhanzikazi, bishimangira igikundiro cye. Kubwo kuba ari umwe mu bahanzikazi bakunzwe cyane, yumvishwe n’abantu miliyoni 84.92 ku rubuga rwa Spotify mu kwezi kumwe gusa.

6. Itsinda ry’abacuranzi bo mu bwongereza bitwa Coldplay bari ku mwanya wa gatandatu mu bumvishwe cyane ku Isi ku rubuga rwa Spotify mu gihe cy’ukwezi gusa aho bumvishwe n’abarenga miliyoni 84.94.

Kugeza aha, nta muhanzi wo muri Africa wari wagaragara kuri uru rutonde kandi ntabwo biza koroha kubera ko nta muhanzi wari Wabasha kumvwa n’abagera byibuze kuri Miliyoni 50 mu gihe cy’ukwezi n’ubwo benshi mu bahanzi bo muri Africa bakundwa kandi hari izindi mbuga bihariraho ibihembo n’imibare myiza.

5. Umuhanzikazi Sabrina Carpenter ukomoka muri USA niwe muhanzi kuri uru rutonde ukiri muto ugaragara muri aba bahanzi b’ibifi binini bakunzwe cyane kuri Spotify. Uyu muhanzikazi yumvishwe n’abantu miliyoni 86.9 mu kwezi kumwe gusa.

4. Umuraperi Post Malone ukomoka muri America, niwe uri ku mwanya wa gatatu mu bahanzi bumvishwe n’abantu benshi kuri Spotify mu gihe cy’ukwezi aho abarenga Miliyoni 87.03 bumvishe ibihangano bye.

3. Umuhanzikazi Bellie Elish uheruka kwegukana ibihembo bitandukanye kubera indirimbo ye “What was I made for " akaba afite imyaka 22, ari ku mwanya wa gatatu mu bumvishwe cyane ku rubuga rwa Spotify kuko abarenga miliyoni 97.39 bamwumvishe mu kwezi kumwe.

2. Umuhanzikazi Tylor Swift uri gukora ibitaramo bizenguruka ibihugu byinshi hafi Isi yose akaba ari umwe mu bafite uduhigo two gukora ibitaramo bikitabirwa n’abantu benshi, ari ku mwanya wa kabiri mu bahanzi bamaze kumva cyane kuri Spotify mu gihe cy’ukwezi aho yumvishwe n’abarenga miliyoni 97.4.

1. Umuhanzi The Weeknd niwe ufatwa nk’umwami ku rubuga rwa Spotify kubera ko ariwe muhanzi ufite agahigo ko kuba yarumvishijwe cyane kuri uru rubuga rwa Spotify mu gihe cy’ukwezi. The Weeknd yumvishwe n’abantu miliyoni 105.23.

Mu bahanzi 10 bumvishwe cyane ku rubuga rwa Spotify mu gihe cy’ukwezi kumwe, nta muhanzi wo muri Africa ndetse bitari n’uwo muri Africa harimo abahanzi benshi bakunzwe batarimo nka Adele, Drake, Kendrick Lamar, Lil Wayne,…

Ikindi kigaragara muri uru rutonde rw’aba bahanzi b’ibifi binini, ni uko injyana ya Hip Hop ikiryamiwe kuko muri uru rutonde ni abahanzi batatu ba HipHop barimo gusa mu gihe abandi bahanzi baririmba izindi njyana.

Bizafata imyaka itari micye kuba umuhanzi w’umunyaRwanda yagaragara kuri uru rutonde kuko nka Bruce Melodie ugezweho ubu yarebwe n’abantu 189,534 mu gihe The Ben we yumvishwe n’abantu 74,817 gusa. 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...