Abanyabigwi b'Amavubi bagiranye ibihe byiza n'abakinnyi b'ejo hazaza “Future Champions” -AMAFOTO

Imikino - 30/08/2025 10:47 AM
Share:

Umwanditsi:

Abanyabigwi b'Amavubi bagiranye ibihe byiza n'abakinnyi b'ejo hazaza “Future Champions” -AMAFOTO

Ku wa Gatanu, tariki ya 29 Kanama 2025, ku Ruyenzi habereye igikorwa cyihariye cyiswe “Legends & Future Champions”, cyahuje abakinnyi b’abato batoranyijwe muri gahunda ya FIFA Talent Development Scheme (TDS) n’abahoze ari abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi bahuriye mu ihuriro rya FAPA.


Ni igikorwa cyateguwe ku bufatanye bwa Fédération Sport Scolaire na FERWAFA, gifite intego yo gusangiza abana bato ubunararibonye, kubahugura no kubashishikariza kurushaho gukunda umupira w’amaguru no kuwigiramo indangagaciro nziza.

Abato batoranyijwe ntibahuguriwe kongera ubumenyi mu kibuga gusa, ahubwo bari no kubaka inzozi zabo. Muri iyi gahunda bahuye n’abanyabigwi babaha inama, babasangiza urugendo rwabo mu mupira, bigaragaza ko ejo hazaza h’umupira w’u Rwanda hafite icyerekezo kigaragara.

Eric Murangwa Eugene, wahoze ari umuzamu w’Amavubi na Rayon Sports akaba na Perezida wa FAPA, yabwiye aba bakinnyi b’ejo hazaza ko impano yo gukina umupira idahagije ahubwo bagomba no kurangwa n’imyitwarire myiza ndetse no gukorera hamwe.

Ati: “Impano yonyine ntihagije. Kugira ngo ube intwari nyayo mu mupira bisaba imyitwarire myiza, gukorera hamwe, umurava no gukora cyane. Ibyo ni byo bizabageza kure.”

Dr. Mussa Hakizimana, wakiniye ikipe y’igihugu Amavubi, Rayon Sports na Kiyovu Sports ndetse akaba yarigeze kuba umuganga w’Ikipe y’Igihugu, yasabye abo bana  kutitandukanya n’uburezi ndetse no kwita ku buzima bwabo.

Yagize ati: “Birashoboka ko muba abahanga mu kibuga no mu buzima busanzwe. Imyitwarire myiza, kurya neza no kuruhuka ni ingenzi mu kubaka impano yanyu.”

Ibi biganiro byerekanye ko intsinzi mu mupira idashingiye gusa ku bushobozi bwo gukina, ahubwo ishingira ku ndangagaciro, imico myiza no kwihangana. Abato bahawe ubutumwa bwo kumenya guhuza impano n’uburere, kugira ngo bazabe abakinnyi bazima ku kibuga no hanze yacyo.


 Ku wa Gatanu, tariki ya 29 Kanama 2025, ku Ruyenzi habereye igikorwa cyihariye cyiswe “Legends & Future Champions”, cyahuje abakinnyi b’abato batoranyijwe muri gahunda ya FIFA Talent Development Scheme (TDS) n’abahoze ari abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi bahuriye mu ihuriro rya FAPA.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...