Birashyushye ndetse uyu mukino ushishikaje abanya-Nigeria benshi, aho leta yemeye gutanga ikiruhuko ku bakozi ndetse n'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru rishyiraho imodoka z'ubuntu zitwara abafana.
Leta ya Nigeria yemeje ko abakozi bakora igice cy’umunsi, nyuma ya Saa sita ho hagaharirwa imyiteguro y'umukino ubahuza na Ghana, mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar mu mpera z'uyu mwaka.
Ku rundi ruhande, ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu gihugu cya Nigeria ryo ryashyizeho 'Bus' nini zitwarira abafana ubuntu, aho biteganijwe ko stade ya Moshood Abiola National Stadium yakira abantu 60.000 iza kuba yuzuye.
Nigeria na Ghana ni bimwe mu bihugu 10 by'Africa bikina imikino ya kamarampaka yo gushaka itike y'igikombe cy'isi, aho kuri uyu munsi hamenyekana ibihugu bitanu bizahagararira Africa muri Qatar.
Mu mukino ubanza wabereye i Accra mu murwa mukuru wa Ghana mu cyumweru gishize, aya makipe yombi yaguye miswi anganya ubusa ku busa.
Inshuro ibi bihugu byombi biheruka guhurira mu mukino wa kamarampaka yo gushaka itike y'igikombe cy'isi byari mu mwaka wa 2001, aho Nigeria yasezereye Ghana ku giteranyo cy'ibitego 3-0 mu mikino yombi.

MKO Abiola Stadium iberaho uyu mukino
