Abantu 8 muri 10 boza amenyo nabi

Ubuzima - 08/08/2026 1:22 PM
Share:
Abantu 8 muri 10 boza amenyo nabi

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko Abongereza benshi bibwira ko bafite umuco mwiza wo koza amenyo, ariko bake cyane ari bo bakurikiza amabwiriza atangwa n’abaganga b’amenyo.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 2,000 b’Abongereza bwerekanye ko 8 kuri 10 bibwira ko boza amenyo neza, mu gihe 12% gusa ari bo bakurikiza gahunda yo kwita ku menyo isabwa n’abaganga.

Muri ubwo bushakashatsi, bwatangajwe ku wa 7 Kanama 2026, hagaragajwe amakosa atandukanye abantu bakora mu kwita ku isuku y’amenyo.

Amakosa 5 akomeye agaragara akorwa na benshi

.63% boza amenyo mu gihe kiri munsi y’iminota ibiri isabwa,16% boza amenyo rimwe gusa ku munsi, aho kuba kabiri ku munsi, 74% ntibakoresha umugozi wo koza hagati y’amenyo (floss), Hafi ya kimwe cya kabiri bakoresha uburoso busanzwe aho gukoresha uburoso bw’amashanyarazi, 11% ntibakoresha umuti w’amenyo urimo fluoride, mu gihe 17% batazi neza ubwoko bw’umuti bakoresha.

Abahanga mu buzima bw’amenyo bavuga ko kugira gahunda ihoraho yo kwita ku menyo ari ingenzi cyane, cyane cyane mu gihe abantu benshi bagorwa no kubona serivisi z’ubuvuzi bw’amenyo.

Ishyirahamwe ryita ku buzima bw’amenyo mu Bwongereza rivuga ko hafi umuntu umwe kuri bane mu bantu bakuru bo muri icyo gihugu afite amenyo yangiritse ataravurwa, mu gihe 9% bafite ibimenyetso by’indwara ikomeye y’ishinya.

Ubushakashatsi kandi bwagaragaje ko abantu benshi baha agaciro cyane kurya neza no gukora siporo kurusha kwita ku menyo. Abagera kuri 52% bavuze ko bashyira imbaraga mu kurya indyo nziza, 47% bagashyira imbere imyitozo ngororamubiri, mu gihe 37% gusa ari bo bavuze ko kwita ku menyo n’ishinya biri mu byo bashyira imbere.

Ku rubyiruko rwa Gen Z, 32% bavuze ko barushaho kunoza uburyo bitaho amenyo baramutse babonye amakuru n’inama zihagije.

Ubushakashatsi kandi bwerekanye ko 35% by’abantu birinda kumwenyura kubera isoni baterwa n’uko amenyo yabo asa, mu gihe 48% bavuga ko kugira amenyo meza bituma bagira icyizere.

Nubwo 77% by’ababajijwe bavuga ko bakura inama ku muganga w’amenyo, 14% basura muganga w’amenyo inshuro zitarenze imwe mu mwaka. Umuntu umwe kuri 10 na we yemeye ko ashobora kumara imyaka itanu atagiye kwa muganga w’amenyo.

Abantu bamwe batangiye no gushakira inama ku ikoranabuhanga. 10% bakoresha AI kugira ngo babone inama zijyanye no koza amenyo, naho 17% bakoresha imbuga nkoranyambaga bashaka amakuru ku buzima bw’amenyo.

Abaganga b’amenyo basaba abantu koza amenyo kabiri ku munsi, buri nshuro bikamara iminota ibiri, gukoresha umuti w’amenyo urimo fluoride, gusukura hagati y’amenyo buri munsi no guhora basimbuza uburoso cyangwa umutwe w’uburoso w’amashanyarazi igihe bikenewe.

Ibi iyobikorwa buri munsi kandi neza, zishobora gufasha umuntu kurinda amenyo n’ishinya indwara zitandukanye no kugira ubuzima bwiza bwo mukanwa.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...