Iki kigo cyatangaje ko abantu bagera kuri 246 bamaze
kwandura iyi ndwara mu Ntara ya Ituri, mu gihe 65 bamaze guhitanwa nayo. Ahantu
hibasiwe cyane harimo Mongwalu na Rwampara.
CDC Africa yavuze ko bane mu bapfuye bari bamaze
gusuzumwa mu buryo bwa laboratwari bigahamya ko bafite Ebola.
Gahunda yo gutabara iri gukorwa ku bufatanye bwa
RDC, Uganda, Sudani y’Epfo n’izindi nzego mpuzamahanga hagamijwe gukaza ingamba
zo gukumira ko iyi ndwara yakwira mu bihugu bituranye.
Ebola ni indwara yica vuba kandi ikwirakwira binyuze
mu matembabuzi y’umubiri w’uyirwaye. Ishobora gutera kuva amaraso imbere mu
mubiri no kwangirika kw’ingingo z’ingenzi.
Ibizamini by’ibanze byakorewe muri laboratwari ya
INRB i Kinshasa byagaragaje ko abantu 13 muri 20 bapimwe basanganywe iyi
virusi.
Hari kandi abandi bakekwaho iyi ndwara mu mujyi wa
Bunia, umurwa mukuru w’Intara ya Ituri, ariko ibisubizo bya laboratwari
ntibirajya ahagaragara.
Ebola yatangiye kumenyekana bwa mbere mu 1976 muri
RDC, bikekwa ko yaturutse ku ducurama twanduza abantu.
Mu bimenyetso byayo bya mbere harimo umuriro
ukabije, kubabara imikaya, umunaniro, kubabara umutwe ndetse no kubabara mu
muhogo. Kugeza ubu nta muti uvura Ebola uraboneka.
Mu myaka 50 ishize, iyi ndwara imaze guhitana
abarenga ibihumbi 50 muri Afurika. Icyorezo gikomeye kurusha ibindi RDC yagize
ni icyabaye hagati ya 2018 na 2020, cyahitanye abantu hafi 2,300.
No mu mwaka ushize, abantu 15 bishwe na Ebola mu
cyorezo cyari icya 16 igihugu cya Congo gihuye nacyo.
