Aba
bantu bafashwe ku wa 9 Werurwe 2026, bafatiwe ahantu hatandukanye ku bufatanye
n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, nyuma y’amakuru yatanzwe atuma hakorwa
iperereza.
Mu
byo bakurikiranyweho harimo: Gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa
kuwujyamo, kwiyitirira umwirondoro, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe
uburiganya, gukoresha inyandiko mpimbano ndetse n’iyezandonke.
Igihano
gito bahabwa baramutse babihamijwe n'urukiko ni igifungo cy'imyaka ibiri
Amakuru
atangwa na RIB agaragaza ko aba bantu bari bafite uburyo bwateguwe neza bwo
gukorana, aho buri umwe yagiraga uruhare rwe mu bikorwa byabo.
Harimo
uwiyitaga nyiri umutungo, uwiyitaga umwana w’umuzungura, ndetse n’uwashinzwe
gutunganya inyandiko zigaragaza ko ihererekanyabubasha ryakozwe mu buryo
bwemewe n’amategeko.
Abagore
batatu bari muri iyi dosiye bagiraga ‘uruhare rwo kwitwa abagore b’abagiye
kugurisha’. Biyitaga umugore n’umugabo bitewe n’uko umutungo uteye.
Muri
iri tsinda kandi harimo n’umunyamategeko akaba na Noteri wigenga, wafashaga mu
gutunganya inyandiko zikoreshwa muri ibyo bikorwa by’uburiganya.
Iperereza
rigaragaza ko aba babanzaga gushaka amakuru ku mitungo iri kugurishwa, yaba
ubutaka cyangwa amazu, bagakora ibyangombwa mpimbano mu mazina ya ba nyirayo,
nyuma bagashyiraho uburyo bwo kuyigurisha.
Aba
bari bageze kure umugambi wabo kuko bari bagiye kugurisha umutungo babariye agaciro
ka Miliyari 1 Frw, ndetse bari bamaze kwishyurwa Miliyoni 200 Frw, aya
mafaranga akaba yarahise agaruzwa aho yari yabitswe.
Umuvugizi
wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yasabye abashaka kugura imitungo itimukanwa
kujya babanza kugira amakenga no gusuzuma neza ibyangombwa byayo.
Ati
“[…] Abagura imitungo bakwiye kugira uruhare rwo kubanza gusuzuma ubutaka bagiye
kugura kuko ni bo nyir'imari, nibo bafite amafaranga burya iyo
Yanaburiye
abishora mu byaha nk’ibi ko ubutabera butazaborohera, ashimangira ko “ukuboko
k’ubutabera kuzabageraho.”
Ati: “Turagira inama abantu bishora muri ibi byaha, ni ukuri ntabwo
tuzaborohera. Ntabwo n'ubu ngubu bari bazi ko bari bufatwe bangana kuriya,
ariko barafashwe, ukuboko kugomba kubageraho. Igisigaye ni uko urukiko
rukurikiza ibyo amategeko ateganya."
Nubwo
agaciro nyakuri k’imitungo yaba yaraguzwe cyangwa yaragurishijwe kataratangazwa
neza, RIB yatangaje ko hari umutungo ubarirwa muri Miliyari 1 Frw wamaze
gufatirwa.
Kugeza ubu, aba bakekwaho ibi byaha bafungiye kuri sitasiyo za RIB zirimo iza Remera, Nyamirambo, Kicukiro na Kimironko, mu gihe iperereza rikomeje, kuko hari abandi bagishakishwa. Dosiye yabo yashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Abantu
11 barimo n’umunyamategeko batawe muri yombi bakekwaho kugurisha imitungo
y’abandi, bari bageze kure umugambi w'umutungo babariye Miliyari 1 Frw bamaze kwakira Miliyoni
200 Frw

Dr Murangira B. Thierry yasabye abagura imitungo kujya bagira amakenga, yibutsa ko uwihutiye kugura atabanje kugenzura ashobora kugwa mu mutego w’abatekamutwe
