Ni
mu butumwa burebure uyu mubyeyi w’abana babiri yashyize ku rubuga rwa Instagram
agaragaza ko umwaka ushize wa 2025 wamubereye umwaka mubi atazibagirwa, umwaka
w’agahinda, umwaka wo gutereranwa, umwaka wo guca mu bikomeye.
Yavuze
ko 2025 yari umwaka w’agahinda kuri we, umwaka wo kwibura no kubura abantu
bamwe na bamwe. Ati: “Muraho, Ndizera mwaragize umwaka mwiza. Uyu munsi, ndashaka
kubasangiza bimwe ku buzima bwange.”
Aterura
agira ati: “Umwaka ushize. Umwaka ushize warantsinze, ntabwo hari ikintu
wantwaye (wanyaze) ahubwo waranshenguye, naribuze. Nashakishije inshuti zanjye
mu mutuzo, mu bubabare, mu majoro ntashoboraga kurirana n’undi muntu.”
Avuga
ko muri icyo gihe cy’ibibazo nta muntu n’umwe wabashije kumwumva ngo anamenye
iby’intambara zitagaragara yarwanaga nazo.
Ati: “Nari ndi ngenyine. Rwose ngenyine. Nta muntu wamfashije ububabare bwange, nta
muntu wigeze wumva iby’intambara narwanaga nazo zitagaragara zari mu mutwe
wanjye no mu mutima wanjye.”
Avuga
ko abakobwa be babiri ari bo bamuhaye impamvu zo kubaho no gukomeza guhangana mu
buzima kugeza arenze ibyo bibazo byose yanyuragamo muri 2025.
Ati: “Ariko nari mfite abakobwa babiri bato. Bari bahari, Nubwo amaso yanjye yari
ananiwe, buri gitondo bazaga kumbyutsa. Iyo batabaho, sinzi niba nari kubasha
kwihangana. Ni bo bari impamvu yanjye yo gukomeza guhagarara igihe byose muri
njye nashakaga kugwa.”
Yavuze
ko yari afite inshuti nke ariko muri izo ntambara yarwanaga batari bahari. Ati: “Yego,
nari mfite inshuti nkeya. Ariko mu bitekerezo no mu mutima, ntizari zihari.
Nanyuze mu bibazo biremereye cyane, bikomeye cyane, ku buryo n’amagambo ubwayo
atabasha kubisobanura.”
Gusa
n’ubwo byagenze gutyo, avuga ko hamwe n’Imana yabinyuzemo ndetse akaba yizeye
ko uyu mwaka wa 2025 uzamubera umwaka udasanzwe. Ati: “Ariko kubera Imana,
narabirenze. Kandi muri uko kubirenga, nasubiranye icyerekezo cyange no kumenya
neza uwo ndiwe. Ubu bubabare bwampumuye amaso. Bwaranyigishije. Bwarampinduye.”
Arakomeza
ati: “Ni yo mpamvu uyu munsi, nishimira uwo ndiwe. Nishimira ko nahanganye
n’ibyo byose njyenyine. Nishimira ko nkiri hano. Uyu mwaka bagomba
kuntinya. Ndizeye, Nditeguye, Kuko ibyo nahuye na byo byari bimaze kuba bibi
kurusha ibindi byose.”
Avuga
ko atazi ibimutegereje ariko yizeye kuzahangana. Ati: “Sinzi ibintegereje, ariko
hari ikintu kimwe nzi neza: niteguye kubyakira. Kandi wowe wanyuze mu bibazo, wowe
wacitse intambara zawe bwite, uri intwari, kandi ndakwishimira.”
Aya
magambo Shaddyboo ayatangaje nyuma y’igihe kitari gito atagaragara mu mbuga
nkoranyambaga cyane nk’uko kuva na cyera byagendaga aho atahwemaga kuvugwa
cyane ndetse no kuvuga cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Ubu
butumwa kandi buje bukurikira ubwo aheruka gushyira kuri Instagram ye tariki ya
08/10/2025 nabwo bugaragaza agahinda, ibibazo no kutigaya no kwishyiraho
ibibazo cyane.





