Ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare
2026 ni bwo hizihijwe umunsi w’Intwari z’u Rwanda ku nshuro ya 31. Kuri uyu
munsi abahanzi bakiri bato bo mu karere ka Huye, Ella na Keilla, bifatanyije n’itsinda
ryo muri U- Huye mu ndirimbo bise 'Inkotanyi
cyane’.
Muri iyi ndirimbo berekana ibyiza byakozwe n’Inkotanyi
ndetse n’Intwari z’u Rwanda muri rusange. Banashishikariza urubyiruko gukunda
igihugu no guharanira ibyiza byacyo.
Indirimbo "Inkotanyi cyane" yakozwe na Studio yo mu
mujyi wa Huye ya The Winner Record isanzwe itunganya imiziki ikaba yaremeye
gukora iyi ndirimbo mu rwego rwo gushima Intwari z’u Rwanda ariko no guteza
imbere umuziki muri rusange.
Nyir'iyi studio. Janvier Ndahimana ‘Care Pro’, akaba n'umubyeyi wa Ella na Keilla yabwiye inyaRwanda ko yiyemeje guteza imbere impano y'abana be dore ko ari ibintu bakunda cyane .
Yavuze ko kandi yiyemeje guteza imbere impano z'abahanzi cyane cyane abaturuka mu bice
by’icyaro no mu mijyi itandukanye. Ati: “Imvune z’abahanzi ndazizi kuko nanjye
nazinyuzemo. Ni yo mpamvu niteguye gufasha umuhanzi wese ubikunda kandi ubyumva
neza.”
Yashimiye abahanzi bagize uruhare muri iyi ndirimbo barimo Ella & Keilla, itsinda ry’abahanzi babarizwa muri Kaminuza Nkuru y’u
Rwanda, Ishami rya Huye, bagaragaje ubuhanga n’ishyaka mu kuyitunganya no
kuyiririmba.
