Abana basaga 500 bari kwigishwa umuco muri gahunda yiswe 'Ibiruhuko ku Ngoro z’Umurage w’u Rwanda'

Amakuru ku Rwanda - 23/08/2025 7:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Abana basaga 500 bari kwigishwa umuco muri gahunda yiswe 'Ibiruhuko ku Ngoro z’Umurage w’u Rwanda'

Mu rwego rwo gutoza umuco abakiri bato, abana batuye hafi y’Ingoro Ndangamurage z’u Rwanda bakomeje guhabwa inyigisho zishamikiye ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda zirimo imbyino, imikino n’imirimo gakondo n’ibindi byitezweho kubarinda ubuzererezi n’uburara muri iki gihe cy’ibiruhuko.

Ni muri gahunda yiswe Ibiruhuko ku Ngoro z’Umurage w’u Rwanda (Holidays in Museum), aho abana 150 bahuriye ku Ngoro y’Abami n’iyo Kwigira mu Karere ka Nyanza, ku Ngoro y’Umurage w’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda mu Karere ka Huye hahurira abana 253, ndetse no ku Ngoro y’Umurage w’Ubuhanzi i Kanombe mu Karere ka Kicukiro hahurira abana bagera ku 180.

Aba bana bahabwa amasomo arimo ay’imbyino nyarwanda, ubuvanganzo nyarwanda burimo; kuvuga amazina y’inka, imivugo, ibisakuzo, imigani migufi, inshoberamahanga, ikibonezamvugo...

Umuyobozi w’Ingoro y’Umurage w’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda, ikaba imwe mu Ngoro zakiriye abana ngo bahugurwe ku muco nyarwanda, Karangwa Jerome yavuze ko intego ya gahunda yiswe Ibiruhuko ku Ngoro z’Umurage w’u Rwanda, ari ugushyira mu ngiro intego z’Inteko y’Umuco, zirimo kwigisha, kurinda, kubungabunga umuco, umurage, ururimi by’abanyarwanda.

Ati: “Mu gufata abana rero muri ibi biruhuko niho mboneramo n’izindi ntego nyinshi zo kuba turinda abana kurangarira mu bitabafitiye akamaro karambye. Ubwo ni ukuvuga ngo niba bari mu biruhuko, turabarinda kurangarira muri za filime, za televiziyo, ahubwo noneho tukabazana mu byabagirira akamaro mu gihe kirambye.”

Yavuze kandi ko muri iki gihe abana bigishwa byinshi bijyanye n’umuco haba mu kubyina, gukora imirimo myuga y’umuco gakondo ndetse n’ubusabane hagati y’abana. Ati “Tubigisha n’imirimo gakondo, ntiwaba uri umukobwa utazi uruhindu, utazi gutandukanya agaseke n’inkangara, ibyo baba bagomba kubimenya.”

Berwa Jella uri gutozwa muri iyi Gahunda, avuga ko yari afite amatsiko yo kumenya mu rukari kandi yanahamenye ndetse asobanurirwa amwe mu mateka yaho akaba ari kwiga kubyina.

Yagize ati: “Nabonye inyambo, mbona aho umwami yakiriraga abantu. Twabonye aho umwami yabaga yahaye umuntu igihano hari inkingi yafatago bagahita bamubabarira.”

Umutesi Lidivine na we yari afite amatsiko yo kumenya inyambo no kubyina. Ati: “Ubu narabimenye, batwigishije gukaraga no gutemba (uburyo bwo kubyina gakondo).”

Iyo gahunda yatangiye mu mwaka 2023 yitabirwa n’abana 112, mu mwaka wa 2024 yitabirwa n’abana 213, mu gihe uyu mwaka yitabiriwe n’abasaga 500.

Bitaganyijwe ko uyu mwaka iyo gahunda izasozwa n’Umuganura w’Abana uteganyijwe tariki ya 29 Kanama 2025, aho abana bazereka ababyeyi babo ibyo bazaba bamaze igihe bigishwa.

Abana bari muri gahunda y'Iburuhuko mu Ngoro z’Umurage w’u Rwanda bari gutozwa ibintu byinshi birimo kubyina, kuririmba, gucyirana, kuboha, kubumba,....

Karangwa Jerome Umuyobozi w’Ingoro y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iherereye mu Karere ka Huye yashimangiye ko kwigisha abana umuco gakondo bibarinda ubuzererezi mu biruhuko



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...