Ni
igitaramo kidasanzwe. Si ukwishimira imyaka 20 gusa, ahubwo ni urugendo
rw’umuhanzi wahagaze ku ijambo rye, agakura mu ndirimbo yise "Ni Wowe
Nkunda" kugeza ku rwego rwo kuba umuhanzi wa mbere mu Rwanda ucuruje
amatike y’igitaramo cyo muri BK Arena agashira mu minsi itatu gusa.
Ubwo
amatike yashiraga mu mpera z’iminsi itatu gusa amaze kujya ku isoko muri
Gicurasi 2026, benshi bahise bumva ko hari ikidasanzwe kiri gutegurwa. Nyuma
yaho, hongerwaho igitaramo cya kabiri kizaba ku wa 2 Kanama 2026, ibintu na byo
bitari byarigeze bibaho ku muhanzi nyarwanda.
Ibyo
byatumye iki gitaramo gihinduka kimwe mu byavuzwe cyane mu Rwanda no hanze
yarwo.
Ku mugoroba
wo kuri uyu wa 1 Kanama 2026, saa kumi z’umugoroba, abafana ba mbere bari bageze
kuri BK Arena batangira kwinjira, bafite amatsiko yo kwihera ijisho uko amateka
agiye kwandikwa.
Mu masaha
yakurikiyeho, abantu bakomezaga kugenda biyongera. Bamwe binjiraga buhoro
buhoro, abandi bagahitamo kubanza kuganira n’inshuti cyangwa gufata amafoto ari
hanze y’iyi nyubako, mu gihe hari n’abari bari guhaha ibyo kunywa no kurya
mbere yo kwinjira.
Iyo
wararanganyaga amaso mu bari bageze aho igitaramo cyabereye, wabonaga ko
umubare munini wari ugizwe n’abigitsina gore, benshi bambariye ibirori, ibintu
bimaze kuba umuco mu bitaramo bikomeye bibera mu Rwanda.
Nubwo
abantu bari bakiri bake imbere muri BK Arena ugereranyije n’abari bagitegereje
hanze, umwuka wari uhari wagaragazaga ko hari gutegurwa ijoro ridasanzwe.
Saa kumi
n’ebyiri n’iminota 45 ni bwo umurishyo wa mbere w’iki gitaramo wavuze, DJ
atangira gucurangira abari bamaze kwinjira, mu gihe buri munota washiraga
wazanaga abandi bakunzi b’umuziki.
Abari
bahari ntibari baje kureba igitaramo gusa. Benshi bari baje kuba abahamya
b’igihe kidasanzwe ku muhanzi wamaze imyaka ibiri y’ubuzima bwe ayihariye
umuziki.
King James
yinjiye mu muziki mu 2006, atangira urugendo rwe ashyira hanze indirimbo
**"Ni Wowe Nkunda"**. Nubwo ari yo yamwinjije mu ruhando rw’abahanzi,
ni indirimbo **"Intinyi"** yamuhinduriye amateka, ituma izina rye
ritangira kuvugwa hose mu Rwanda.
Kuva icyo
gihe kugeza uyu munsi, yakomeje kubaka umwihariko we mu njyana ya R&B,
avanga n’izindi njyana zitandukanye, ibintu byatumye agira abakunzi b’ingeri
zose.
Mu rugendo
rw’imyaka 20, King James yabaye umwe mu bahanzi bakoze cyane kurusha abandi. Mu
gihe hari abarenga imyaka myinshi batarashyira hanze album n’imwe, we amaze
gusohora album zirindwi zirimo Ni Umugisha, Umuvandimwe, Biracyaza,
Ntibisanzwe, Meze Neza, Urukundo na Ubushobozi.
Izi album
zose zigaragaza uburyo yakomeje guhinduranya uburyo akora umuziki, ariko
ntatakaze umwimerere wamuranze kuva yatangira.
Igitaramo
cyo kuri uyu mugoroba ntabwo cyari icyo kuririmbamo indirimbo gusa, ahubwo ni
umwanya wo kwibuka urugendo rw’umuhanzi waririmbye urukundo, ubuzima,
ukwihangana n’inzozi, kugeza ageze ku rwego rwo kuzuza BK Arena inshuro ebyiri
zikurikiranya.
Mu gihe
abantu bakomezaga kwinjira muri BK Arena, byari bigaragara ko buri wese
yifuzaga kuba umwe mu bazavuga bati: "Nari mpari, nkiri mu ba mbere
binjiye muri BK Arena, ubwo King James yandikaga amateka y'imyaka 20 mu
muziki."

Buri wese yashakaga kuhagera mu ba mbere atazabarirwa ibyabereye mu gitaramo cy'amateka cya King James

DJ Arthur niwe wacuranze muri iki gitaramo



