Abambaye imyambaro igaragaza amatako, umukondo n’ibindi bice by’umubiri bakumiriwe mu gitaramo cya Diamond

Imyidagaduro - 31/08/2026 4:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Abambaye imyambaro igaragaza amatako, umukondo n’ibindi bice by’umubiri bakumiriwe mu gitaramo cya Diamond

Igitaramo cya Diamond Platnumz i Kigali cyasize ibiganiro byinshi, uhereye ku myambarire y’abakobwa bamwe basubijwe inyuma kugeza ku kibazo cy’uko izina rya Amstel, yari mu bafatanyabikorwa b’iki gitaramo, ritagaragaye ku buryo benshi bari biteze.

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 29 Kanama 2026, 'Parking' ya BK Arena yari yuzuye abantu baje kwitabira igitaramo cyiswe “Diamond Platnumz Experience”, cyari cyahurije hamwe umuhanzi w’Umunya-Tanzaniya Diamond Platnumz n’abahanzi Nyarwanda barimo Bruce Melodie, Nel Ngabo na Ish Kevin.

Ariko mbere y’uko bamwe mu bitabiriye iki gitaramo binjira, hari abahuye n’imbogamizi batari biteze. Mu bantu bari baje kureba Diamond Platnumz, harimo abakobwa bamwe bageze ku muryango w’ahabereye igitaramo bambaye imyenda migufi cyangwa igaragaza bimwe mu bice by’umubiri.

Bamwe bari bambaye imyenda igaragaza amatako, abandi umukondo, mu gihe hari n’abari bambaye imyambaro yafatwaga nk’idakwiriye kwinjira muri iki gitaramo. Abo bakobwa basubijwe inyuma, basabwa kujya gushaka indi myenda ibemerera kwinjira.

Hari abahisemo gusubira mu ngo zabo, mu gihe abandi bashakaga uko babona indi myenda kugira ngo batabura igitaramo bari bategereje. Hari n’abashatse ‘esharupe’ cyangwa utwenda two kwikinga ku matako, kugira ngo buzuze ibisabwa maze bemererwe kwinjira.

Umukobwa wari wambaye imyenda igaragaza umukondo na we ntiyorohewe no kwinjira, kuko abashinzwe umutekano n’abakoreraga ku muryango basabaga abitabiriye iki gitaramo kubahiriza amabwiriza y’imyambarire yari yashyizweho.

Ibi byatumye ku muryango w’ahabereye igitaramo haboneka abantu bahindura imyambaro mbere yo kwinjira.

Hari abari bafite indi myenda bayishyira mu gikapu, bakinjira bambaye indi myambaro, nyuma bakagera imbere mu gitaramo bakongera guhindura uko bashaka.

Ibi byatumye imyambaro iba kimwe mu byavuzwe cyane mu byaranze iri joro.

Ku mbuga nkoranyambaga na ho ibiganiro byahise bishyuha!

Bamwe bashyigikiye icyemezo cyo gukumira imyambaro yabonwaga nk’idahwitse, bavuga ko abantu bakwiye kubahiriza umuco n’imyambarire ikwiye ahantu rusange.

Hari n’abandi batabyumvise kimwe, bibaza impamvu umuntu waguze itike akwiye kubuzwa kwinjira bitewe n’imyenda yambaye.

Bamwe bagaragaje amafoto y’abasubijwe inyuma, abandi bayaherekeza n’amagambo aseka cyangwa asaba abantu kubahiriza amabwiriza yashyizweho.

Ibi byatumye ikibazo cy’imyambarire kiganirwaho cyane kurusha uko byari byitezwe.

Igitaramo cyari cyateguwe mu murongo mushya

“Diamond Platnumz Experience” cyari kimwe mu bitaramo byari bitegerejwe cyane muri Kigali, cyane ko cyari giteganyijwemo umuhanzi Diamond Platnumz umaze igihe kinini ari umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Yageze mu Rwanda aherekejwe n’abanyamuziki n’ababyinnyi be, maze ku rubyiniro ahurira n’abahanzi Nyarwanda barimo Bruce Melodie, Nel Ngabo na Ish Kevin.

Abantu bari baje kwishimira umuziki, imbyino n’imyidagaduro, ariko uko abitabiriye iki gitaramo bakirwa ku muryango na byo byabaye kimwe mu byaranze iri joro.

None se Amstel yo yasigaranye iki?

Mu gihe ibiganiro ku myambarire byakomezaga, hari ikindi kibazo cyatangiye kwibazwaho: Amstel yari yitezweho iki muri iki gitaramo?

Mbere y’uko igitaramo kiba, hari byinshi byari byarateguwe mu buryo bwo kwamamaza no kugaragaza abafatanyabikorwa bacyo.

Ariko mu gihe igitaramo cyaberaga muri Parking ya BK Arena, abantu benshi batangiye kwibaza aho ‘brand’ ya Amstel yari iri n’uko yagaragajwe ku buryo bufatika.

Ikibazo cyarushijeho gukomera nyuma y’uko mu gitondo hari amabwiriza yatanzwe avuga ko ikintu cyose cyanditseho Amstel cyavanwaho.

Ibi byatumye hibazwa niba hari icyo ‘brand’ yari yarashoye mu gitaramo yagezeho mu bijyanye no kumenyekana no kugaragara imbere y’abitabiriye.

Ni ikibazo gikomeye cyane ku bijyanye na sponsorship, kuko iyo sosiyete ishyize amafaranga mu gikorwa runaka, iba itagamije gusa kugira izina ryayo ku rupapuro rw’abafatanyabikorwa. Iba ishaka no kubona umusaruro mu buryo bwo kwamamaza, kumenyekanisha brand no kugera ku bakiriya.

Iyo brand ishyigikiye igitaramo, iba yiteze kubona inyungu zijyanye no kugaragara kwayo, kugera ku bantu benshi, kwamamaza ibicuruzwa cyangwa serivisi zayo no gukomeza kubaka umubano n’abakiriya.

Ni yo mpamvu ikibazo cy’uko Amstel yaba yarashyize amafaranga muri iki gitaramo ariko brand yayo ntigaragare ku rwego rushimishije gikwiye kwibazwaho.

Gusa, amakuru y’ibanze agaragaza ko bituruka mu kuba muri iki gihe, hashyizwe imbere kutamamaza inzoga, ari nayo iki gitaramo cyavuye ku kwitwa “Friends of Amstel” (Inshuti z’inzoga ya Amstel) cyikitwa “Diamond Platnumz Exprience.”


Polisi y’u Rwanda iherutse gutangaza ko imyitwarire ibonwa nk’idakwiye mu tubari, utubyiniro, mu bitaramo no mu bindi bibuga by’imyidagaduro itazongera kureberwa nk’ikibazo cy’umuntu ku giti cye gusa, ahubwo ko n’abategura ibirori ndetse na ba nyiri aho bibera bashobora kubibazwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabigarutseho ku wa 8 Kanama 2026, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwerekanaga abantu bafatiwe mu byaha bitandukanye.

Yavuze ko abantu bakodesha inzu zikorerwamo ibirori, utubari n’utubyiniro, hakabera ibikorwa Polisi ibona nk’ibidakwiye, na bo bazajya babibazwa.

Ati: “Abacuruza utubari, utubyiniro... imyitwarire mibi y’abantu bari aho bazayibazwa na bo kuko ntabwo tuzagira abantu bari aho b’ibyomanzi batwawe n’ikintu cyiswe gutwika.”

ACP Rutikanga kandi yavuze ko Polisi izakorana n’abategura ibitaramo, aba-DJ n’abandi bafite uruhare mu myidagaduro kugira ngo imyitwarire nk’iyo igabanuke.

Yagize ati: “Uwo mwanda ntabwo tuwushaka, iryo co ntabwo turishaka, iyo myitwarire ntabwo ikenewe mu Rwanda.”

Ibi bivuze ko Guverinoma ishaka kwimura ikibazo cyo kureba gusa uwagaragaje imyitwarire idakwiye, ahubwo hakarebwa n’uruhare rw’uwateguye igikorwa cyangwa nyir’ahantu icyo gikorwa cyabereye.

Bamwe mu bakobwa bitabiriye igitaramo cya Diamond batikijwe batashye batarebye iki gitaramo, ibintu byasembuye ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga

Inzego z'umutekano zasabaga abakobwa kujya guhindura imyenda, cyangwa se gutaha kuko bitari byemewe kwinjirana imyambaro baserukanye






Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...