Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa
Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu, mu kiganiro
yagiranye na InyaRwanda, nyuma yo kuganiriza urubyiruko mu gitaramo cya Gen-z
Comedy cyabereye i Kigali ku wa 7 Gicurasi 2026.
Ni igitaramo kandi cyasusurukijwe
n’abanyarwenya batandukanye barimo Pilate na Patrick Rusine, mu gihe umuhanzi
mu njyana gakondo Ruti Joel na we yaririmbye indirimbo ze zamamaye zirimo
“Cunda” iri kuri Album ye “Musomandera”.
Uwihanganye yavuze ko amavugurura
yashyizwe mu ngendo za ‘Bus’ mu Mujyi wa Kigali yatanze umusaruro ugaragara,
cyane cyane ku gihe abantu bamara bategereje n’uburyo serivisi zitangwa.
Yagize ati “Kuva twashyiraho amavugurura yo gutwara abantu muri 'Bus' mu Mujyi wa Kigali habayeho impinduka nyinshi cyane zigamije mu gutuma abakoresha za 'Bus' bagenda neza kurushaho.
Na
mbere yo gushyiraho inzira za 'Bus' mu mezi ane yari ashize, icya mbere cyo
kumenya, kubera 'Bus' zihagarukira ku gihe, kubera 'Bus' zitagitinda ku cyapa,
zifite ingengabihe izwi, zitagipakira abantu cyane, twabonye Abanyarwanda
barenga 35% biyongereye bava ku bihumbi 180 bari bageze ku bihumbi 230 ku
munsi."
Akomeza avuga ko no mu cyumweru
kimwe nyuma yo gushyiraho imirongo mishya ya ‘Bus’ igenda buri minota itanu,
hiyongereyeho abandi bagenzi bagera ku 10,000.
Uyu muyobozi yavuze ko amavugurura
yatumye umuvundo w’abantu bategereje ‘Bus’ ugabanuka, ndetse n’igihe zimara mu
muhanda kiragabanuka, bityo serivisi ikagenda neza kurushaho.
Yongeyeho ko gahunda ari ugukomeza
kwagura iyi mirongo ya ‘Bus’, ndetse bikazagezwa no mu yindi mijyi yo mu
Rwanda.
Uwihanganye Jean de Dieu
yanagaragaje ko hari guteganywa gukoresha ikoranabuhanga rizafasha abaturage
kumenya igihe ‘Bus’ igerera ku cyapa, mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi.
Yasabye urubyiruko gukoresha cyane
‘Bus’ rusange, cyane cyane muri iki gihe ibiciro bya lisansi (petrol) bigenda
bizamuka, avuga ko ari uburyo bufasha kugabanya ibihombo n’ikoreshwa
ry’ibikomoka kuri peteroli.
Ati: “Turabona ko ikoreshwa rya essence na mazutu rigenda rigabanuka ugereranyije n’uko byari bimeze, ariko turabasaba gukomeza gukoresha uburyo bwa ‘Bus’ rusange kuko bufite akamaro kanini.”

Ambasaderi Uwihanganye Jean de Dieu
avuga ko amavugurura muri ‘Transport’ atangiye gutanga umusaruro ugaragara i
Kigali. Aha yaganiraga na Fally Merci utegura ibitaramo by'urwenya bya Gen-z Comedy biba kabiri mu kwezi
