Ishami mpuzamahanga rya Croix-Rouge na Red Crescent (IFRC) ryatangaje ko abo bakorerabushake bakekwaho kwandura iyo virusi ku wa 27 Werurwe 2026, mu gihe bakoreraga mu karere ka Ituri, mu burasirazuba bwa DRC, ku mushinga utari ufitanye isano na Ebola.
Abo bapfuye ni bamwe mu bantu ba mbere bazwi bahitanywe n’iki cyorezo cya Ebola kiri muri DRC, kimaze guteza impungenge zikomeye. Kugeza ubu, hamaze kubarurwa abantu barenga 170 bakekwaho guhitanwa na Ebola ndetse n’abarenga 750 bakekwaho kuyandura.
IFRC yavuze ko abo bakorerabushake bapfuye “bakorera abaturage babo bafite ubutwari n’ubumuntu.”
Abo ni Alikana Udumusi Augustin, Sezabo Katanabo na Ajiko Chandiru Viviane. Bose bakoreraga mu mujyi wa Mongwalu, ubu ufatwa nk’izingiro ry’iki cyorezo. Bapfuye hagati y’itariki ya 5 n’iya 16 Gicurasi 2026.
Abashinzwe ubuzima bavuga ko imirambo y’abazize Ebola ishobora gukwirakwiza virusi cyane, kuko amatembabuzi yo mu mubiri akomeza kugira ubukana no nyuma y’urupfu.
Iki cyorezo cyatewe n’ubwoko budasanzwe bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, butarabonerwa urukingo rwemewe kandi bukaba bwica hafi kimwe cya gatatu cy’ababwanduye.
Ku wa Gatanu, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryazamuye urwego rw’akaga k’iki cyorezo muri DRC, ruvuye ku rwego “ruri hejuru” rugera ku rwego “ruri hejuru cyane.”
Umuyobozi wa WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze kandi ko ibyago byo gukwirakwira muri Afurika bikiri hejuru, nubwo ku rwego rw’isi hose bikiri hasi.
Mu gihugu cya Uganda gihana imbibi na DRC, ku wa Gatandatu hagaragaye abandi bantu batatu banduye Ebola, bituma umubare w’abamaze kuyandura ugera kuri batanu.
Ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (Africa CDC) cyaburiye ko ibindi bihugu 10 byo ku mugabane wa Afurika bishobora kugerwaho n’iki cyorezo.
Ibyo bihugu birimo Angola, Burundi, Centrafrique, Repubulika ya Congo, Ethiopia, Kenya, u Rwanda, Sudani y’Epfo, Tanzania na Zambia.
Mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iyi ndwara, DRC yahagaritse indege zose z’ubucuruzi n’izigenga zijya cyangwa ziva i Bunia, umurwa mukuru wa Ituri, aho habarurwa abantu benshi banduye n’abapfuye.
Minisiteri ishinzwe ubwikorezi muri DRC yatangaje ko “indege z’ubutabazi, iz’ubuvuzi cyangwa izindi z’ikorwa ryihutirwa ari zo zonyine zizemererwa kuguruka nyuma yo guhabwa uburenganzira bwihariye n’inzego z’indege n’ubuzima.”
Ahandi muri Ituri, umuryango Médecins Sans Frontières (MSF) watangaje ko ihema wari waratanze kugira ngo rifashe mu bikorwa byo guhangana na Ebola i Mongwalu ryatwitswe ku wa Gatanu.
Ibi byabaye nyuma y’umunsi umwe gusa aho abantu bari bafite uburakari batwikiye igice cy’ibitaro muri Ituri, nyuma y’uko umuryango n’inshuti z’umusore bikekwa ko yazize Ebola babujijwe gutwara umurambo we ngo bamushyingure.
MSF yavuze ko “hari ubwoba bwinshi n’ukutamenya neza uko ibintu bihagaze mu baturage, bitewe n’uburyo ibintu bikomeza guhinduka vuba.”
Yakomeje iti: “Ibi bigaragaza neza uburyo ari ingenzi gukomeza kuganiriza abaturage no kubaka icyizere hagati yabo n’abashinzwe ubuzima.”
Nk'uko tubicyesha BBC, uretse muri Ituri, abantu banduye Ebola bamaze no kuboneka mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Ibice bimwe by’izo ntara zombi biri mu maboko y’umutwe witwaje intwaro wa M23, aho imirwano hagati yawo n’ingabo za leta ikomeje guteza ibibazo byiyongera mu guhangana n’iki cyorezo cya Ebola.
