Ibi byagarutsweho mu kiganiro nyunguranabitekerezo
cyahuje abayobozi batandukanye n’abafite aho bahuriye na siporo mu kurwanya inzoga
zitujuje ubuziranenge zizwi nk’ibyuma cyabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 13
Kanama 2026.
Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Jules
Karangwa yavuze ko muri siporo bakunze kurwanya imiti yongerera imbaraga
abakinnyi ariko ko kuri ubu hari n’inzoga zica imbaraga abakinnyi.
Ati: ”Ubundi muri siporo cyane cyane yo ku rwego rwo
hejuru dukunze kurwanya cyangwa se guhangana n’ikibazo cy'ibyo abakinnyi bafata
kugira ngo bibatere imbaraga zo gukina ariko mu myaka yashize hari ikibazo
twagiye duhura nacyo kubona cy’abanywa inzoga z’ibyuma zibaca intege noneho
zo gukina.
Ngira ngo twari mu rugamba rwo kurwanya ibyo byongera
imbaraga ariko tugiye no gufatanya mu kurwanya n’ibi bafata bibaza intege kuko
ayo makuru turayafite”.
Yakomeje avuga ko hari ikipe imwe yo muri shampiyona y’u
Rwanda yafashe umwanzuro wo kujya ipima
abakinnyi ibisindisha uwo hasanzwe yarabifashe birenze urugero agafatirwa
ibihano birimo no gukatwa amafaranga.
Ati: ”Hari ikipe imwe mu Cyumweru dushize twari turimo
turaganira yafashe ingamba z’uku muri uyu mwaka w’imikino,mbere y’uko abakinnyi
bayo bajya mu mwiherero utegura umukino izajya ibapima ibijyanye n’ibisindisha.
Jules Karangwa yavuze ko izi ngamba bashaka kuzifata no muri Rwanda Premier: ”Izo rero ni zimwe mu ngamba tugiye kubakiraho nubwo bigiye gutangizwa n’ikipe ariko turashaka kubifata nk’igikorwa cya Rwanda Premier League, nk’urwego rutegura shampiyona y’u Rwanda kugira ngo natwe dufatanye n’abandi Banyarwanda mu kurwanya iki kibazo kitwugarije”.
