Abakinnyi bo ku mugabane w'Iburayi bashobora guhinduka abashomeri nibareba nabi

Imikino - 30/08/2023 10:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Abakinnyi bo ku mugabane w'Iburayi bashobora guhinduka abashomeri nibareba nabi

Ku mugabane w'Iburayi hari abakinnyi b'umupira w'amaguru bakomeye bashobora kwisanga nta makipe bafite nyuma y'uko batandukanye n'amakipe bakiniraga.

Isoko ry'igura n'igurisha ku bakinnyi rizafunga kuwa Gatanu w'iki cyumweru taliki 1 Nzeri 2023 saa sita z'ijoro mu Bwongereza ndetse ni nako bimeze no mu zindi shampiyona zikomeye ku mugabane w'Iburayi.

Muri iyi minsi ya nyuma amakipe ari kurwana no kugura abakinnyi bijyanye n'ibibazo by'imvune ari guharo nayo ndetse n'imyamya afitemo ikibazo.

Usibye ibyo kandi hari n'abakinnyi batarabona amakipe abagura bishobora no kurangira babaye abashomeri cyangwa bakaba banareka ruhago burundu.

Bamwe muri abo bakinnyi ni aba bakurikira:

David de Gea, uyu munyezamu uturuka muri Espagne ntawatekerezaga ko byageza iki gihe nta kipe afite, ubundi byari biteganyijwe ko amasezerano ye muri Manchester United narangira azahita yongera undi mwaka, gusa birangira ahise atandukana nayo. Yagiye avugwa mu makipe yo muri Saudi Arabia ndetse no muri Real Madrid, gusa nta n'imwe yerekejemo.

Sergio Ramos, uyu myugariro wakinanye na Davd de Gea mu ikipe y'Igihugu ya Espagne nawe nta kipe afite. Sergio Ramos nyuma yuko atandukanye na Paris Saint-Germain, yagiye avugwa mu kwerekeza mu makipe makuru yo muri Turkia, gusa n'ubu ntabwo arabona ikipe.

Igihe Eden Hazard yerekeza muri Real Madrid aguzwe miliyoni 100 z'Amayero muri 2019 ntawatekerezaga ko nyuma y'imyaka 4 gusa igihe kizagera akaba nta kipe afite. Kwerekeza muri Espagne byamubereye ibibazo aho guhinduka ibisubizo.

Imyaka yahamaze yaranzwe n'imvune cyane ndetse hari n'amakuru ahari avuga ko ashobora kureka umupira w'amaguru burundu nyuma atandukanye na Real Madrid none ubu hakaba nta n'ikipe imwifuza.

Undi utarabona ikipe kugeza ubu ni Jesse Lingard, uyu mukinnyi w'imyaka 30 abenshi bamuzi akina mu ikipe ya Manchester United, yaje kuhava yerekeza muri Nottingham Forest none ubu nayo baratandukanye. 

Mu minsi yashize yakoreye imyitozo mu ikipe ya West Ham United ndetse biza no kwemezwa n'umutoza wayo David Moyes, gusa bisa nk'aho nta gahunda yo kumusinyisha bafite.

Abandi bakinnyi batarabona ni aba bakurikira:

Juan Mata watandukanye na Galatasaray

Alfredo Morelos watandukanye na Rangers

Jerome Boateng watandukanye na Lyon

Axel Tuanzebe watandukanye na Manchester United

Roberto Pereyra watandukanye na Udinese

Andros Townsend watandukanye na Everton

Andre Ayew watandukanye na Nottingham Forest

Nampalys Mendy watandukanye na Leicester City

Stevan Jovetic watandukanye na Hertha Berlin

Mu gihe Isoko ry'igura n'igurisha ku bakinnyi ryafunga, muri aba bakinnyi badafite amakipe, umwe muri bo aba ashobora kumvikana n'ikipe akayisinyira biba byemewe, gusa akazandikishwa Isoko ry'igura n'igurisha rikurikiyeho rifunguye ndetse akaba arinabwo atangira gukinishwa.


Jesse Lingard benshi bamenye akina muri Manchester United bishobora kurangira abaye umushomeri 


David de Gea watandukanye na Manchester United kugeza ubu nta kipe afite 


Sergio Ramos yagiye avugwa mu makipe akomeye yo muri Turkia gusa byarangiye byanze 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...